Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza yaburijemo umugambi mubi wari ufitwe n’insoresore eshatu zari mu modoka y’ivatiri zifite gahunda yo guhangika abantu no kubakwirakwizamo amafaranga y’amahimbano.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Kigimbu akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe n’umwanda w’umusarane umanuka mu kigo cy’ishuri APARUDE ukabasanga mu ngo zabo.
Akarere ka ka Rusizi gafatanyije n’inzego z’umutekano bahagurukiye guhiga imbwa zikunze kwaduka muri aka karere mu gihe cy’impeshyi zikarya abantu n’amatungo.
Abakozi b’Ibitaro Bikuru bya Kibuye mu karere ka Karongi baravuga ko nubwo bishimira inyubako y’ibitaro bishya, ngo ntabwo banyuzwe 100% n’iyo nyubako kuko ngo hari serivisi zimwe na zimwe basanze zitaratekerejweho.
Ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) ririzihiza isabukuru y’imyaka 10 rimaze rishinzwe kuri uyu wa 11/07/2013, muri uyu muhango biteganijwe ko abagera kuri 640 bazaba bahabwa impamyabushobozi.
Dushimimana Vincent uzwi cyane ku izina rya Gasongo ukina muri Qatar, ntabwo yahamagawe n’umutoza Paul Bitok mu bakinnyi batangiye imyitozo bitegura irushanwa ryo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, rizabera mu Rwanda kuva tariki 23/07/2013.
Ikipe y’igihugu Amavubi imaze iminsi ikorera imyitozo mu karere ka Gicumbi, kuri uyu wa gatatu tariki 10/07/2013, irakina umukino wa gicuti na Gicumbi FC, mu rwego rwo kwitegura neza umukino izakina na Ethiopia mu gushaka itike yo kuzakina imikino ya CHAN.
Mu gihe mu turere tumwe na tumwe mu gihugu turi kugenda tuvugurura amastade yatwo tugashyiramo amatapi yabugenewe, turasabwa noneho ko twashaka ahandi hantu hashobora guteranira abantu barenze nibura ibihumbi 100.
Nyuma y’uko ishyamba ryo mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke ryafashwe n’inkongi y’umuriro hagashya ahasaga hegitare 16, irindi ryo mu murenge wa Mahembe naryo ryahiye hegitare 7 ndetse n’isambu ya hegitari 8 irashya mu karere ka Ngoma.
Umurwanyi wa FDLR akaba n’umuyobozi muri uwo mutwe, Soki Sangano Musuhoke yitabye Imana tariki 09/07/2013 mu mirwano yahuje FDLR n’ingabo za M23 ahitwa i Busanza muri Rutshuro mu masaha ya saa tanu z’ijoro.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport kuri uyu wa gatatu tariki 10/07/2013, bwatangije icyumweru bise ‘Rayon Sport fans week’ cyo gukusanya amafaranga azafasha iyo kipe mu kwiyubaka mbere y’uko shampiyona itangira.
Imodoka y’ijipe yo mu bwoko bwa Nissan yaturukaga mu nzira za Hotel Lemigo yerekeza i Remera, iyobye umuhanda kubera umuvuduko mwinshi yari ifite ihitana umumotari wari mu nzira mbere yo kugonga abagenzi babiri bihitiraga.
FUSO yari ipakiye inyanya yaturukaga mu gihugu cya Uganda yerekeza i Rubavu, yakoze impanuka mu ma saha ya saa yine z’amanywa tariki 09/07/2013 mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rurengeri mu karere ka Nyabihu.
Muri gahunda yabo bamazemo iminsi basura ibice bitandukanye by’u Rwanda, tariki 09/07/2013, itsinda ry’abadepite b’Ababirigi bayobowe na Francois-Xavier de Donnea basuye ahacukurwa amabuye y’agaciro mu karere ka Rulindo.
Kayibanda umaze kumenyekana cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba kubera gukina publicites “kwamamaza” cyane cyane muri Uganda n’u Rwanda, ni umugabo w’imyaka 45 arubatse afite umugore umwe n’abana 12 kugeza ubu abarizwa ahitwa Nasana muri Uganda. Avuga ko kugeza ubu atazi neza inkomoko ye ndetse ngo nta n’umuntu wo (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi burasaba abantu basengera mu ishyamba riri munsi y’inkambi ya Gihembe irimo impunzi z’Abanyekongo kubireka kuko biri mu bintu biteza umutekano muke.
Abakozi bubaka ahazajya hakorerwa imyuga n’ubukorikori (Agakiriro) mu murenge wa Huye,akarere ka Gisagara, barinubira itinda ry’imishahara yabo, ndetse naho iziye bagahembwa ibice ntibayahabwe yose.
Ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuri rwa Gikonko Catholique mu karere ka Gisagara burakangurira ababyeyi gutanga amafaranga basabwa ntibumve ko nta faranga na rimwe batanga bitwaje ko mu burezi bw’ibanze abana bigira ubuntu.
Abacungamari ba mitiweli mu bigo nderabuzima n’ibitaro bo mu Karere ka Gakenke bemeza ko ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli bwishyura serivisi zo kwa muganga zitari ngombwa.
Phelicien ukomoka mu murenge wa Murama, akarere ka Ngoma yakoze ibikoresho byifashishwa muri laboratoire ya physics akoresheje ibiti mu rwego rwo gushaka ibisubizo no kungera ireme ry’ubumenyi ritangirwa muri 12 YBE.
Abasenateri bibumbiye muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage, bagendereye Urwunge rw’amashuri rwa Gatagara (G.S Gatagara), kuri uyu wa 09/07/2013 mu rwego rwo kureba uko itegeko rirengera abafite ubumuga rikurikizwa.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro amahugurwa n’urugendo-shuri by’abasirikare bahuza ibihugu byabo n’ibindi mu muryango w’ubumwe bw’Afrika, umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba, yibukije ko ibisubizo by’ibibazo by’ibihugu bigomba gushakwa bwa mbere n’abayobozi n’abaturage ubwabo.
Intumwa ziyobowe n’umufasha wa Peresida w’igihugu cy’Ubufaransa Valerie Trierweiler zambitse umudare w’ishimwe Dr Denis Mukwe kubera akazi akora ko kuvura abagore bafashwe ku ngufu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo.
Abanyarwanda batahutse bava mu mashyamba ya Congo bavuga ko bari barabuze icyo bahitamo hagati yo kuguma Congo no gutahuka kubera ibihuha bya bamwe bakabaca intege bababwirako ngo nibataha bazabafunga.
Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’igihugu cya Sudani y’amajyepfo mu kwizihiza isabukuru y’imyaka ibiri icyo gihugu cyibonye ubwigenge, Perezida Kagame yongeye kwibutsa Abanyafurika gukorera ku nyungu imwe yo kuzamura umugabane wabo.
Ubwo abashoferi batwara abantu bakoresheje imodoka nto mu muhanda Bugarama-Kamembe bibumbiye muri koperative CTVRB bibukaga bagenzi babo bazize Jenoside, bibukije ko abantu bahuje umurimo byakagombye kubabera impamvu yo kugirana urukundo.
Itsinda ry’abadepite baturutse mu Bubiligi bari mu Rwanda mu rugendo rw’akazi, barahakanira kure uwo ariwe wese wazana igitekerezo cy’uko Leta y’u Rwanda yagirana ibiganiro n’umutwe wa FDLR, bavuga ko ari umutwe w’abicanyi basize bamaze Abanyarwanda.
Abasirikare bahuza ibihugu byabo n’ibindi mu muryango w’ubumwe bw’Afurika yunze ubumwe (African military and defence attachés), barasanga ibyo u Rwanda rumaze kugeraho nyuma y’imyaka 19 rusohotse muri Jenoside byabera urugero ibindi bihugu bishaka kwiyubaka.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’umuryango mpuzamahanga Transperency International buragaragaza ko u Rwanda arirwo rufite imibare mito igaragaza ruswa muri Afurika. Hakiyongeraho ko kandi n’abaturage batangaza ko bafitiye icyizere Leta mu kurwanya ruswa.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora isukari rwa Kabuye burasaba Leta kwita kuri gahunda yo guteza imbere isukari ikorerwa mu gihugu, kugira ngo ikureho igihombo cya buri mwaka kibarirwa muri miliyoni 60 z’amadolari ya Amerika, agendera mu gutumiza isukari mu mahanga.
Kanyamibwa Antoine wo murenge wa Byimana na Niyonsaba Ephrem wo murenge wa Mbuye ho mu karere ka Ruhango, bakurikiranywe inzego z’umutekano kubera kwenga inzoga z’inkorano z’izwi ku mazina y’ibikwangari.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni n’ibihumbi 200 byafatiwe mu mudoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwawe na Mayigudu Anastase, ahagana saa cyenda z’igitondo zo kuri uyu wa 9 Nyakanga mu kagali ka Ndatemwa mu murenge wa Kiziguro akarere ka Gatsibo.
Umuhanzikazi Josiane Uwineza uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Jozy yashyize hanze indirimbo « Toi Mon Petit Bebe » iri mu rurimi rw’igifaransa yahimbiye umwana we yenda kwibaruka .
Abakinnyi b’igisoro mu karere ka Ruhango baravuga ko abantu bakwiye kumva ko gukina umukino w’igisoro atari ubunebwe ahubwo ngo ni mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umuco nyarwanda.
Abagore bo mu karere ka Kayonza bahawe amahugurwa y’imyuga n’umuryango Women for Women bavuga ko babonye ahantu heza ho gukorera nyuma y’aho ikigo bubakiwe cyitwa Women’s Opportunity Center gifunguriwe ku mugaragaro tariki 28/06/2013.
Inka Singirankabo Meraneza yahawe muri gahunda ya Girinka mu mwaka wa 2009 yabyaye inyana 3 mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi. Uyu musaza atuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu.
Ngo nubwo icyaro cy’akarere ka Muhanga ari kinini cyane kurusha umujyi kandi ubutaka bwako bukaba buteye nabi ndetse bushaje, hagiye gushakwa umuti w’ibyo bibazo harimo guca amaterasi y’indinganire mu rwego rwo kwirinda isuri ndetse no guhuza ubutaka.
Ikiraro cyubatswe mu kirere, kinyura hejuru y’umugezi wa Bakokwe uhuza Akarere ka Kamonyi n’aka Muhanga ku Mirenge ya Kayumbu na Kiyumba kije gukemura ikibazo cy’ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’iyi mirenge.
Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ‘Jeux de la Francophinie’ izabera i Nice mu Bufaransa, u Rwanda ruzahagararirwa n’amakipe y’umupira w’amaguru, gusiganwa ku maguru ndetse no gusiganwa ku magare.
Ahagana saa 5h30 za mugitondo zo kuri uyu wa Kabiri tariki 09/07/2013, tagisi izwi nka “Twegerane” yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yavaga i Kigali yerekeza i Musanze yagonze umunyegari wari utwaye inanasi zo kugurisha mu isoko rya Gakenke arakomereka bikomeye ku kuguru.
Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo kuri uyu wa 09/07/2013 aho yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka ibiri iki gihugu kibonye ubwigenge nyuma yo kwiyomora kuri Sudani.
Ubwo hatahwaga ku mugararo umurenge SACCO wa Rurenge tariki 28/06/2013 , umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, yatangaje ko n’indi mirenge SACCO itaratahwa bitarenze ukwezi kumwe iraba yarangije gutahwa.
Umuhinzi mworozi w’umunya Irake witwa Moussali Mohammed al-Moujamaie, ufite imyaka 92, aherutse gushaka umugore wa kabiri arusha imyaka 70.
Urubyiruko rwo mu mujyi wa Nyamata rubifashijwemo n’ikigo cy’urubyiruko cya Bugesera rwahuriye mu marushanwa yo kwidagadura, hanaremerwa bamwe muri rwo bari barangije inyigisho z’imyuga y’ubudozi no gutunganya imisatsi.
Abashinze gukurikirana amatora y’abadepite mu karere ka Rubavu bavuga ko bamaze kuyitegura neza, ariko imbogamizi bafite ari ibikorwa remezo nk’imihanda ihuza imirenge n’uturere yangijwe n’imvura yaguye muri ako karere.
Inkongi y’umuriro yibasiriye kwa Pasiteri Ruhayisha Jonas Pasiteri w’itorero rya EBENEZER akaba n’umucungamutungo w’ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro ( EWSA) ishami rya Nyanza ntivugwaho rumwe n’abantu ku buryo hari n’abakeka ko yaba ariwe uri kuyiteza ku bw’inyungu ze bwite ariko we arabihakana.
Nyaminani Daniel w’imyaka 93 utuye mu mudugudu wa Gahisi mu kagari ka Gakenke mu murenge wa Rangiro wo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 8/07/2013 yagerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko ngo abitewe n’uko umugore we amusuzugura.
Padiri Kulumbi Faustin yitabye Imana imbere y’abakirisitu ubwo yasomaga misa taliki 07/07/2013 muri Paruwasi ya Karambi ahitwa Jomba muri Rutchuro.