Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burakomeza gushishikariza abaturage bo muri ako karere kurara irondo kugira ngo bafashe inzego zishinzwe kubungabunga umutekano bityo umutekano ukomeze usagambe.
Ikipe ya Yanga Africans FC yo mu gihugu cya Tanzaniya yasubije igikombe cya CECAFA cyitiriwe Prezida Kagame yegukanye mu mwaka wa 2011 nyuma yo kwanga kwitabira iri rushanwa kubera impungenge z’umutekano w’i Darfur aho irushanwa ribera.
Abafite ubumuga bwo kutumva bajya bagira ikibazo cyo kutabasha kumvikana n’abandi bantu muri rusange. Gaston Rusiha, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’abafite ubumuga, avuga ko ari yo mpamvu hari gutegurwa dictionnaire y’ibimenyetso byifashishwa n’abatavuga.
Mu gihe hategerejwe ibitaramo by’umwimerere (live) mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3, abantu banyuranye bakurikiranira hafi umuziki basanga ari ikintu gikomeye kigiye kugaragaza koko umuhanzi w’umuhanga.
Itsinda rya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) ryashimye uburyo akarere ka Nyabihu kateguye igenamigambi ry’imihigo yako y’umwaka wa 2013/2014 ugereranije n’utundi turere tw’intara y’Uburengerazuba iri tsinda ryanyuzemo.
Bamwe mu batuye mu mujyi wa Ngororero bakomeje kwinubira urusaku rwa nijoro ruturuka mu tubari ducuruza inzoga, aho ba nyiratwo barara bavuza amaradiyo n’urusaku rwinshi bikabuza bamwe gusinzira.
Robert M Persaud, Ministiri mu gihugu cya Guyana ushinzwe umutungo kamere n’ibidukikije, ari mu rugendo ruzamara icyumweru mu Rwanda, asura ibikorwa bibeshejeho bamwe mu Banyarwanda kandi bigafasha igihugu kurengera ibidukikije, hamwe n’ibiteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).
Banki ya ECOBANK yatangije uburyo bushya bwo kuzigama bwiswe Kaby’Inzozi, bushobora no guha umukiriya wayo amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye birimo n’igihembo kiruta ibindi cy’imodoka ifite agaciro ka miliyoni 35.
Inkongi y’umuriro ifite inkomoko kugeza n’ubu itarabasha kumenyekana yibasiye urugo rw’umupasiteri w’itorero EBENEZER mu karere ka Nyanza itwika bimwe mu byumba by’inzu ye ndetse n’ibyari biyirimo.
Komisiyo ishinzwe gukurukirana imitungo n’imari by’igihugu mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda irasaba ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga kongera ibarura ry’imitungo itagira beneyo kuko ngo bwari bwatangaje ko nta yihari kandi bikaba bimaze kugaragara ko ihari.
U Rwanda rutanga akayabo ka miliyoni 350 z’amadolari buri mwaka kuri service y’ubwikorezi bw’ibiremereye bukoresha amakamyo. Ministeri y’ubucuruzi n’inganda iravuga ko hari ikibazo gikomeye cy’uko Abanyarwanda bagenda bareka uwo murimo, ibyo bikaba bifite ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.
Umusaza Rutayisire Gervais w’imyaka 90 uheretse kwakirwa na Perezida Paul Kagame, aratangaza ko nawe yamwijeje ko azamusura akareba aho aba.
Umuforomo ukiri umusore ukora ku Bitaro bya Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke ari mu maboko ya Polisi, Stasiyo ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 17 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Gahunda yo kuhira imyaka niyo izakemura burundu ikibazo cy’igabanuka ry’umusaruro igihe izuba ryabaye ryinshi mu karere ka Nyagatare; nk’uko byagaragajwe mu nama njyanama idasanzwe yerekaniwemo gahunda y’iterambere ry’aka karere y’imyaka 5 no gusuzuma no kunononsora imihigo ya 2013- 2014.
Icyumweru cy’umuco ‘annual cultural tourism week’ cyatangiye ku cyumweru tariki 16/06/2013 mu karere ka Musanze, mu rwego rwo kwitegura igikorwa cyo ‘kwita izina’ giteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, ngo kigamije kwerekana ko hari byinshi byasurwa na ba mukerarugendo.
Abikorera basanzwe bitabira ku buryo bugaragara ibikorwa by’urugaga bibumbiyemo mu Karere ka Huye, kuwa 17/6/2013 barateranye maze begeranya amafaranga miliyoni 17 n’ibihumbi 250 yo kuzajya bifashisha mu bikorwa bitandukanye.
Ubukangurambaga bunyuze ku bagore mu kurwanya indwara zitandukanye zirimo n’igituntu ngo bushobora kugira akamaro kanini kuko icyo umugore yashizemo imbaraga gishoboka.
Abana batatu b’abakobwa bariwe n’imbwa mu Murenge wa Kanombwe, Akarere ka Kicukiro ku cyumweru tariki 16/02013, Polisi igasaba abatunze imbwa kuzingiza no kuzikingirana kugira ngo zitarya abantu.
Ingabire Clement wiga gutunganya imisatsi cyane cyane iy’abagore mu ishuri ry’imyuga Emeru Intwari mu karere ka Ruhango, avuga ko we ibyo akora abikunze kandi nta kimwaro bimuteye.
Abaturage bo mu murenge wa Remera, mu karere ka Musanze bavuga ko imihanda yaho imeze nabi kandi nta modoka ibasha kubageraho ngo ibageze mu yindi mirenge ndetse n’ibonetse nta bushobozi iba ifite bwo gutwara abifuza kujyana nayo.
Abakina umukino wa Cricket mu Rwanda baratangaza ko gusura urwibutso rushyinguyemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama mu karere ka Bugesera bitumye biga byinshi mu mateka yayo.
Imitangire y’amazi meza mu bihugu bimwe na bimwe byo mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ntinoze kuko amazi abonwa n’abifite ariko aba rubanda rugufi ntibayabone.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ari kumwe na madamu we Jeannette Kagame tariki 17/06/2013 bageze i Yerusalemu mu gihugu cya Israel mu rwego rwo kwitabira inama ya gatanu izibanda ku ruhare rw’abantu mu guhindura ejo hazaza.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Madame Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa mbere tariki 17/06/2013, yageze mu mujyi wa Luanda mu gihugu cya Angola mu rugendo ruganije gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda iratangaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli nka essence na mazout bitagomba kurenza amafaranga 1000 guhera kuri uyu wa kabiri tariki 18/06/2013.
Ikipe ya APR FC iherereye mu itsinda rya mbere (A), mu gikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ izatangira irushanwa ikina na Elman yo muri Somalia ku wa gatatu tariki 19/06/2013. Muri iryo tsinda kandi harimo El Merreikh yo muru Soudani na Vital’o yo mu Burundi.
Kapiteni wa Rayon Sport Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’ na myugariro wayo Usengimana Faustin ntabwo bajyanye n’abandi bakinnyi b’ikipe ya Rayon Sport bagiye guhatanira igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ kizabera muri Soudani kuva tariki 18/6/2013, kugeza tariki 02/07/2013.
Abafatanyabikorwa mu guteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), baturutse hirya no hino ku isi basanze u Rwanda ruri mu bihugu biza ku isonga mu bikorwa remezo bya ICT, bakavuga ko igisigaye ari uko buri muturage yakwitabira kurikoresha mu kunoza servisi no kongera umusaruro w’ibyo akora.
Abayobozi n’abafatanyabikorwa muri gahunda yo guharanira ubuzima bw’umwana bo mu Karere ka Rusizi bahagurukiye kurwanya ibikorwa bibi bibangamira ubuzima n’uburenganzira bw’umwana.
Ntamahungiro Theodore w’imyaka 21 na Kaberuka Jean Damascene w’imyaka 42 bafungiye kuri poste ya Polisi ya Ntyazo bakuriranweho kwigiza ibiti by’ishyamba cyimeza bitwikiriye ijoro.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) iratangaza ko ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bifite gahunda yo kuba ibitaro by’icyitegererezo mu karere kose, ku buryo byagabanya umubare w’Abanyarwanda bajya kwivuza mu mahanga.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’umwana w’umunyafurika, tariki 16/06/2013, abo mu murenge wa Mubuga, akarere ka Karongi bavuze ko bishimira ko bahabwa umwanya bakisanzura mu bitekerezo kandi bakanarindwa gukoreshwa imirimo mibi.
Nk’uko bimeze ku isi hose, uko imijyi igenda ikura ni ko n’ibikorwa by’urugomo bigenda byiyongera n’ubwo inzego z’umutekano ziba ziticaye.
Rukundo Pascal uyobora Akagali ka Kabilizi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamukubitiye iwe banamutera icyuma mu rubavu kimuhinguranya imbere mu mubiri.
Faustin Munyakazi, ukorera umwuga w’ubuvumvu mu nkengero za Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi, aratangaza ko amaze guteza imbere urugo rwe n’imibereho y’abarugize kubera uwo mwuga uzwi ku izina ry’ubuvumvu.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi akaba na minisitiri w’intebe, arasaba abanyamuryango ba FPR mu ntara y’Amajyaruguru n’Abanyarwanda muri rusange kongera umusaruro uturuka ku buhinzi cyane ko iyi ntara igaragaza ko umusaruro ushobora kuruta uko ungana.
Koperative yitwa Friends of Nyungwe (inshuti za Nyungwe) ikorera mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe yakoze umushinga w’ubukerarugendo bushingiye ku muco w’u Rwanda (Kitabi Cultural Village) werekana bimwe mu byarangaga ubuzima bw’Abanyarwanda bo ha mbere ndetse na bimwe mu bigaragara ubu.
Niyitegeka Ephron w’imyaka 21 umurambo we wabonetse mu gishanga cy’umuceli wo mu mudugudu wa Kimirama mu kagali ka Gitwa mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza bigaragara ko yatewe ibyuma mu ijosi.
Abanyabukorikori bo mu karere ka Musanze, bari gukora amanywa n’ijoro, kugirango babashe kubona umusaruro uhagije w’ibyo bakora bitewe n’uko umunsi wo ‘kwita izina’ utuma ababagana baba benshi.
Niyomugabo Pascal wishe muramu we amuteye icyuma yafatiwe mu karere ka Bugesera akaba afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu gihe hagiteregerejwe ko agezwa aho yakoreye icyaha mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Umwaka w’ingego y’imari 2012/2013 turimo gusoza uzasiga mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka zigera kuri 800 muri gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije gufasha Abanyarwanda kwikura mu bukene ndetse no guhindura imibereho yabo.
Abinyujije mucyo yise “umusanzu w’umuhanzi mu burere mboneragihugu ku matora”, umuhanzi Kizito Mihigo ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora, yataramiye Abanyangoma tariki 16/06/2013 abakangurira kwitabira amatora y’abadepite yo muri Nzeri 2013.
Iyo abana bagejejwe imbere y’ubutabera bagasoreza ibihano mu ikigo ngororamuco, bahigira ubumenyi bwinshi bubafasha mu mibereho yabo igihe basubijwe mu miryango.
Musenyeri Kizito Bahujimhigo avuga ko umunyagihugu muzima ari ucyerera imbuto akanagikunda by’ukuri yirinda kugisahura. Uku gukunda igihugu ariko ngo bikwiye no kujyana no kwihesha agaciro.
Ikipe y’u Rwanda izitabira isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo (Tour de la RDC), kuva tariki 18-29/06/2013. Iri siganwa u Rwanda rugiye kwitabira bwa mbere, naryo ni ku nshuro ya mbere rigiye kuba.
Kuwa gatandatu tariki 15/06/2013, mu Karere ka Ruhango batangiye ku mugaragaro igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hakunze kwibasirwa n’ibiza (High Risk Zones).
Amakosa y’abakinnyi b’inyuma n’umunyezamu b’u Rwanda yatumye Algeria ivana intsinzi y’igitego 1-0 i Kigali, mu mukino wo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, wabereye kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 16/06/2013.
Kanyandekwe Aaron w’imyaka 52 wari utuye mu murenge wa Macuba, tariki 14/06/2013 yimanitse mu kagozi ahasiga ubuzima.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bayo, iri gushaka uburyo hajyaho gahunda yo kurandura ikoreshwa ry’itabi mu Rwanda kuburyo rizageraho rigacika burundu.