Kuri iki cyumweru tariki 18/08/2013 mu cyumba (Salle) cya Christian Life Assembly (CLA) hazaba igitaramo kimaze kumenyerwa ku izina rya “Praise and Worship Explosion” gitegurwa na Rehoboth Ministries buri mwaka.
Ku wa kane tariki 15/08/2013, Chorale de Kigali izizihiza imyaka 47 imaze ivutse, umunsi mukuru wo kwizihiza iyi sabukuru ukaba uzabanzirizwa na Misa ya saa tanu kuri Katederali Saint Michel i Kigali.
Uwitwa Bizimungu Daniel, utuye mu mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe ho mu murenge wa Nyamiyaga, yakurikiranye umugore we bari batonganye akamuhungira kwa Nyirabukwe, agezeyo baramucika, ahicira undi mugabo wari uhacumbitse, ahita atoroka.
Kuwa gatanu tariki 16/08/2013, mu ishuri rikuru rya KIM (Kigali Institute of Management) bazatora umukobwa uhiga abandi mu buranga, ubwenge, imico n’imyifatire ndetse banatore Rudasumbwa mu basore biga muri iri shuri.
Niyibikora Safi, umwe mu bahanzi bagize itsinda rya Urban Boys bakaba nabo bari bari mu bahanzi bahataniraga kwegukana insinzi ya Primus Guma Guma Super Star 3, yatangaje ko yishimiye insinzi ya mugenzi wabo bari bahanganye muri aya marushanwa Riderman, anasaba bagenzi be nabo kuyishimira.
Nyuma y’uko umuhanzi Riderman yegukanye insinzi ya PGGSS 3, byatangiye kuvugwa ko yaba yaribiwe igikombe ngo kubera abafana bagaragaje ko bamwishimiye cyane mu muhango wo gutangaza umuhanzi wegukana insinzi kuwa gatandatu tariki 10/08/2013.
Perezida Bill Clinton wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika aratangaza ko abashinja u Rwanda gufasha abarwanya Leta ya Kongo babihera ku marangamutima no kwirengagiza ukuri kuko ngo nta bimenyetso bibihamya bafite.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali, ku bufatanye n’ikigo gishinzwe igenzura mikorere (RURA), hamwe n’abashinzwe gutwara abantu; barizeza ko gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bizagera no mu mihanda mito mito, ku buryo ngo byafasha abantu kuzigama amafaranga bakoreshaga kuri moto, tagisi ‘voiture’ n’imodoka zabo bwite.
Ubuyobozi bw’itorero Peresibiteriyene mu Rwanda (EPR) burasaba abakrisito n’Abanyarwanda muri rusange gusenga kandi bagakora kugira ngo barusheho kwiteza imbere kuko iyo abakirisitu bafite imibereho myiza bifasha n’itorero gutera imbere.
Mu irushanwa ryasojwe ku cyumweru tariki 11/08/2013 mu gihugu cya Uganda ryateguwe n’ikigo gishinzwe ubwishingizi (National Social Security Fund), ikipe y’abagabo ya Volley ball ya INATEK yatsinze Kenya Administration Police ku mukino wa nyuma amaseti 3-1.
Mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 12/08/2013, ubwo yiteguraga kwerekeza mu gitaramo muri Tanzaniya umuhanzi Joseph Mayanja uzwi ku izina ry’ubuhanzi Dr. Jose Chameleone yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook ifoto ari kumwe na Dr. Kiiza Besigye utavuga rumwe na Museveni.
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi, aratangaza ko kubyaza umusaruro umukandara w’ishyamba utandukanya abaturage na pariki y’igihugu ya Nyungwe (buffer zone) bizatanga inyungu ku gihugu cy’u Rwanda muri rusange, ndetse n’abaturage bahaturiye by’umwihariko.
Mu ijoro rishyira tariki 12/08/2013, Gashugi Charles w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Gikombe mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatwikiye umugore we n’umwana bareraga mu nzu biturutse ku makimbirane bari bafitanye.
Kuri uyu wa mbere tariki 12/08/2013, mu kigo cya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, hatashywe ku mugaragaro ikigo kizajya gitanga amasomo ya gisirikare cyahawe izina rya “Gabiro Combat Training Center”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’uburengerazuba, Jabo Paul, avuga ko imikorere myiza yagombye kuranga umuyobozi n’umukozi wa Leta hatabayemo kugirira ibirarane abaturage kuko nabyo bishyirwa mu karengane.
Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro rishyira tariki 12/08/2013 bajya guhakura mu mizinga y’abandi bibaviramo kuba bari bagiye gutwika ishyamba riri mu mudugudu wa Gakamba, akagari ka Muringa, umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyagatare rwari rumaze amezi 3 rwiga ’imyuga rurarasabwa kwegera ama banki kugirango abe yabafasha kurushaho gukoresha ubumenyi bahawe hagamijwe iterambere.
Abagenerwabikorwa b’umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 (AVEGA) batuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bavuga ko ubuvugizi bakorerwa n’uyu muryango bwabavanye mu kutishobora bukabageza mu kwigira.
Ubuyobozi bwa Congo bushyinzwe impunzi bwageze mu Rwanda kuri uyu wa mbere taliki 12/08/2013 gukurikirana ikibazo cy’impunzi 666 z’Abanyecongo bahungiye mu Rwanda kubera intambara yahuje umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo.
Ishuri ribanza rya Centre Scolaire Amizero riherereye mu karere ka Ruhango, ryatangije gahunda yo kujya rigaburira abana bahiga, mu rwego rwo gufasha ababyeyi babo bajyaga bata imirimo yabo bagiye kubashakira ibyo barya kugirango basubire ku ishuri.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yatsinze iya Fenerbahce amaseti atatu ku busa mu mukino wa gicuti wabereye Istanbul muri Turukiya aho yagiye gukorera imyitozo yitegura igikombe cy’isi kizahabera mu mpera z’uku kwezi.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, burasaba abanyeshuri n’abarimu bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri kwifashisha imibare igaragazwa n’iki kigo, mu gihe bakora ubushakashatsi butandukanye.
Umuganga wakoreraga mu mujyi wa Lyon mu gihugu cy’Ubufaransa yemereye inzego z’ubushinjacyaha ko arwaye indwara yo kwiba ibyo asanze mu mifuka y’abo asuzuma kandi ngo akaba ayimaranye igihe kirekire.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo batatu ibakurikiranyeho ubucuruzi bw’ibishyitsi by’ibiti byitwa imishikiri bari bakuye mu ishyamba rya Gako bashaka kubyambutsa umupaka bakabijyana mu gihugu cya Uganda.
Abahanga bo mu kigo cy’ubushakashatsi cya Vaccine Research Center muri Leta ya Maryland muri Amerika batangaje ko ubushakashatsi bamaze igihe bagerageza butanga icyizero ko mu myaka mike bazaba babonye urukingo rurinda indwara ya malaria.
Minisitiri w’Intebe mu gihugu cya Norvège yagaragaje ko mu kwezi kwa gatandatu gushize yihinduye umushoferi w’imodoka zitwara abagenzi ngo abone uko ahura n’abaturage be, ndetse anamenye ubuzima babayemo muri rusange kuko ngo muri tagisi ari ahantu abaturage benshi bavugira ukuri ku buzima babayeho n’ibyo babona.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi mu Rwanda (REB) kirasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Rutsiro gusobanukirwa uburyo bushya bwo gutumizaho ibitabo ikigo kiba gikeneye ndetse bakagenzura niba ibitabo byose byageze ku kigo nk’uko babitumijeho.
Ibigo by’imari baratangaza ko byatangiye kwitegura guhangana n’abashoramari batangiye kwinjira ku isoko ryo mu Rwanda. Bigatangaza ko nta kibazo bazagira mu gihe bafite udushya bakomeza kugenda bazana ku isoko.
Nyirangenzehayo Clementine w’imyaka 33 y’amavuko, yabyaye abana batanu tariki 09/08/2013 ku kigo nderabuzima cya Kizibere mu karere ka Ruhango ariko ku bwamahirwe macye bose bitabye Imana.
Umucuruzi witwa Bisekere François ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, akurikiranyweho icyaha cyo kugura imiti ya magendu no kuyicuruza mu baturage nta burenganzira abifitiye.
Gaparata Nzabagwira Elias w’imyaka 41 y’amavuko wo mu mudugudu wa Katabaro, akagari ka Cyimpindu mu murenge wa Kilimbi wo mu karere ka Nyamasheke yiyahuje umugozi mu ijoro rishyira tariki 09/08/2013 nyuma y’uko yari amaze kurwana n’umugore we.
Umusore witwa Kavejuru ahamya ko yakize uburwayi bw’ijisho yari afite kuva mu mwaka wa1995 kugera mu mwaka wa 2012 abikesheje amasengesho ya Padiri Ubald Rugirangoga wo muri Paruwasi wa Mushaka mu karere ka Rusizi.
Umuhanzi Jules Sentore, umwuzukuru wa nyakwigendera Sentore Athanase wameyakanye mu ndirimbo nka "Udatsikira" aratangaza ko agiye gutegura igitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere kizaba mu Kwakira 2013.
Abanyamuryango babili bari muri komite ya koperative ihinga ibigori mu murenge wa Murama (KOREMU) bahagaritswe byagateganyo ku buyobozi bw’iyi koperative bakekwaho kunyereza amafaranga arenga ibihumbi 700.
Abanyarwanda babaga mu gihugu cya Tanzaniya batangiye gutahukana amatungo yabo aho kuri uyu wa 11/08/2013, ku mupaka wa Rusumo hambutse inka ziri hagati ya 2000 na 2500.
Abantu 6 harimo n’abanyeshuli 2 nibo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana, bazize impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yabereye mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare.
Mu gihe hasigaye ukwezi n’iminsi mike ngo habeho amatora y’abagize inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, imyiteguro irarimbanije. Ariko, kugira ngo byose bizagende neza, komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abayobozi b’inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano kubafasha.
Abanyeshuri biga muri kaminuza bo mu karere ka Ngororero baratangaza ko bifuza gutanga umusanzu mu kwesa imihigo y’akarere ariko ngo bafite ikibazo kijyanye n’ubushobozi bwo kuriha amafaranga babazwa muri kaminuza.
Vestine Nyirantezimana w’imyaka 42 y’amavuko yari atuye mu mudugudu wa Rusisiro, mu kagari ka Kabujenje mu murenge wa Kivumu yishwe n’abantu bamusanze iwe tariki 08/08/2013 mu ma saa moya z’umugoroba bamuhora ko ari umurozi.
Hagenimana Flora w’imyaka 20 arwariye mu Bitaro by’i Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 09/08/2013 nyuma yo gukuramo inda y’amezi atandatu biturutse ku makimbirane yagiranye na se aramusunika yikubita hasi.
Umusore w’imyaka 23 wari umukozi wo muvrugo mu Kagali ka Karambo, Umurenge wa Karambo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke tariki 09/08/2013 akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 9.
Kamanzi Jean Marie Vianney w’imyaka 41 yatawe muri yombi tariki 08/08/2013 aha ruswa y’ibihumbi 50 umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Ruli kugira ngo ahabwe moto yafashwe na Polisi.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera rurasaba ababishinzwe ko babegereza aho rugurira udukingirizo rwisanzuye kuko bigoranye kutubona kandi badukenera.
Bihereye mu karere ka Rubavu, mu ntara y‘uburengerazuba hashyizweho itsinda rigizwe n’abacungamari n’abagenzuramari kuva ku karere kugeza ku bigo by’amashuri n’amavuriro bya Leta rishinzwe kuzajya rigenzura imikoreshereze y’amafaranga ya Leta.
Abana bahagarariye abandi mu midugudu, mu tugari ndetse no ku rwego rw’umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe mu nama yabahuje tariki 9/8/2013 batangaje ko mu byo ihuriro ryabo rishyize imbere harimo guhangana n’imirimo mibi ikoreshwa abana.
Umuryango One Dollar Glasses Association wo mu gihugu cy’Ubudage, urahugura urubyiruko ku gukora amadarubindi (lunettes) afasha abantu gusoma. Ubumenyi bahabwa, barahamya ko buzabafasha kwihangira umurimo kandi bagafasha n’abantu bafite ikibazo cy’amaso.
Umunyezamu w’ikipe y’u Rwanda Amavubi Ndoli Jean Claude na Rutahizamu wayo Meddie Kagere ntabwo bazakina umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda na Malawi uzabera i Kigali ku wa gatatu tariki 14/08/2013.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yemeje ko Intara y’Iburasirazuba iri ku isonga mu bipimo byose ireberamo imikorere n’iterambere rya gahunda y’Umurenge SACCO nk’uko byatangajwe na bwana Kevin Kavugizo ushinzwe ubugenzuzi bw’ibigo by’imari iciriritse muri BNR.
Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman niwe wegukanye insinzi ya PGGSS 3 nk’uko imbaga nini y’abakunzi ba muzika yari ibitegereje.