Abantu barindwi barimo abagore bane n’abagabo batatu bacumbikiwe na Polisi mu karere ka Nyanza bazira gufatanwa ibiyobyabwenge babinywa abandi babicururiza mu ngo zabo.
Umuntu umwe wagendaga n’amaguru yahitanywe n’imodoka yamugonze naho 19 bari bayirimo barakomereka, cyakora ngo umunani muri bo bakaba ari bo bakomeretse bikabije, bakaba barwariye mu bitaro bya Ruhengeri.
Nk’uko bisanzwe bibaho buri mwaka, tariki 13/07/2013, Abanyarwanda baba mu mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa bakoze ubusabane ndetse banakira abanyamuryango bashya.
Mu gihe intambara irimbanyije mu nkengero z’umujyi wa Goma hagati y’abarwanyi ba M23 n’ingabo za Congo (FARDC) Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma bakomeje gukorerwa ihohoterwa no kuburirwa irengero.
Mu gihe abacuruzi b’inyongeramusaruro bari bamaze imyaka itatu bunguka amafaranga 15 ku kilo, kuva mu gihembwe cy’ihinga 2014 A, bagiye kujya bunguka amafaranga 30 ku kilo. Ibi rero ngo ni intambwe ikomeye ituma barushaho gukunda no gutezwa imbere n’ubucuruzi bwabo.
Bamwe mu bantu baganiriye na Kigali Today, kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013, baje kureba aho bakorera ikizamini cy’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bemeza ko gukorera impushya byorohejwe, kugira ngo uyibone bisaba kuba witeguye neza.
Ubwo hatangizwaga igikorwa cyo kugenzura uko imihigo y’uturere y’umwaka wa 2012-2013 yashizwe mu bikorwa, hagaragayemo amatsinda abiri ashinzwe kugenzurana. Abagenzura imihigo nabo bafite irindi tsinda rigomba kugenzura uburyo babikora.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, akaba n’ushinzwe kureberera akarere ka Nyanza muri guverinema ubwo tariki 16/07/2013 yagiriraga uruzinduko rwe rw’akazi muri ako karere yasabye abagatuye kudapfusha ubusa amahirwe ahaboneka.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasinyanye na Polisi y’igihugu n’ishyirahamwe ry’amasosiyete y’ubwishingizi amasezerano agamije kurinda ibikorwaremezo by’umujyi n’abawurimo. Igikorwa kizungura impande zose kinarusheho kongera umutekano mu murwa mukuru w’igihugu.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yatangarije abagize Inteko ishinga amategeko kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013, ko ibyiciro by’ubudehe bigiye kuvugururwa kugirango bihuzwe n’imibereho ya nyayo y’Abanyarwanda, hagamijwe kuzamura imibereho y’abatishoboye.
Abanyeshuri bagera ku 1000 bazahabwa impamyabumenyi n’ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe “ISPG” tariki 01/08/2013.
Nyuma y’uko mu minsi ishize hari abagore babiri batashye barira ntacyo bacyuye cyo guha abana kandi baje guhaha, ahagana saa 13h zo kuri uyu wa Kabiri tariki 16/07/2013, undi mugore witwa Mukankubana Immaculee yariwe amafaranga 6.000 yari yazanye guhaha nyuma yo kuyasheta mu mukino uzwi nka “kazungunarara”.
Umuhanzikazi Jozy yibarutse umwana w’umuhungu kuwa gatanu tariki 12/07/2013, ku munsi yari yarabwiwe na muganga. Amakuru dukesha abantu ba hafi ni uko uyu muhanzikazi yibarutse neza gusa akaba akinaniwe ariko bitari cyane.
Ku cyumweru tariki 14/07/2013 ubwo habaga igitaramo cyateguwe na Bahati Alphonse mu rwego rwo gutera inkunga imirimo yo kubaka urusengero rwa ADEPR Gisenyi, habonetsemo amafaranga 870 000.
Chorale de Kigali yateguye igitaramo yise “Special Concert for Classic Music” kizaba ku cyumweru tariki 28/07/2013 muri Hotel Novotel mu mugi wa Kigali guhera ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h).
Umusore witwa Nsanzimana Evariste, wari utuye mu kagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana akubiswe ibuye mu mutwe bikaba bikekwa ko yishwe na mugenzi we bari bavanye mu bukwe, basangiye ikigage.
Ubuyobozi bwa seminari nto ya Kabgayi iherereye mu karere ka Muhanga busanga ari ingenzi ko abarangiza mu mashuri runaka bajya bagira igihe cyo gusubirayo ngo barebe aho bize uko hifashe ndetse banatange urugero ku bahasigaye.
Abaturage batuye n’abakorera mu ga-centre ka Gisakura kari mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gufata iya mbere mu kuvanaho amazu yubatse mu kajagari ahubwo bakishyira hamwe bubaka inzu y’ubucuruzi ibereye kugira ngo babone inyungu nyinshi.
Abanyarwanda binjira mu bucuruzi cyangwa indi mishinga ibyara inyungu, barakangurirwa kujya babanza bagasuzuma niba ibyo biyemeje gukora bizabungukira, aho kugira ngo bahite bakora ibyo babonye bagenzi babo bakoze.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Abatuye umujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi batewe impungenge n’umugore witwa Mariya umaze hafi ukwezi kose yirirwa yirukankana umwana muto w’umukobwa mu mugongo kubera uburwayi bwo mu mutwe afite.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 15/07/2013 mu karere ka Kirehe haraye hageze Abanyarwanda 29 birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya ahitwa Ngara hamwe na Benako.
Icyimpaye Leoncie w’imyaka 61 wari utuye mu mudugu wa Kangoma mu kagari ka Kizibere umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, umurambo we bawusanze mu rutoki hafi yaho yahingiraga uwitwa Munyaneza Frodouard ku mugoroba wa tariki 15/07/2013.
Urwego rushinzwe kugenzura ishyirwamubikorwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (Gender Monitoring Office) ruravugako n’ubwo hari byinshi bigomba gukorwa, ngo aho u Rwanda rugeze harashimishije ndetse n’intambwe rutera ni ndende cyane.
Umugore witwa Kampundu Gerardine w’imyaka 20 y’amavuko yatemye nyina umubyara witwa Dusabe Espèrance w’imyaka 39 y’amavuko amukomeretsa ku matako no ku maboko amuziza ko yamufashe asambana n’umukwe we.
Ku nkunga ya USAID, umushinga witwa Rwanda Family Health Project umaze umwaka ushinzwe, kuri uyu wa mbere tariki 15/07/201, washyikirije ibitaro bya Nemba ibikoresho bizakoreshwa muri One Stop Center izita ku bantu bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Ministeri y’ubuzima ivuga ko nubwo nta mibare ifatika yakozwe, bigaragara ko 70 % by’Abanyarwanda bagana ibitaro ari abarwaye indwara zitandura.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Ethiopia, Sewnet Bishaw, yizeye kuzatsindira Amavubi i Kigali mu mukino wo kwishyura, maze akajyana ikipe ye mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo (CHAN) kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Ikipe ya Mukura Victory Sport itaragura umukinnyi n’umwe kugeza ubu, ngo iri mu biganiro n’abakinnyi benshi, harimo abakinaga muri Bugesera FC, muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse hari n’Abarundi.
Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yahamije ko kuri uyu wa mbere, tariki 15/07/2013 ku butaka bw’u Rwanda harashwe ibisasu bibiri biturutse mu gace ka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kagenzurwa n’Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC) ndetse n’iza MONUSCO.
Serugaba Eric wakinaga muri Kiyovu Sport, yamaze kwerekeza mu ikipe ya AS Kigali, akaba yamaze no gusinya amasezerano yo gukinira iyo kipe y’umugi wa Kigali, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
Impuguke 70 zituruka mu bihugu 10 byo ku migabane itandukanye, zihuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa mbere tariki 15/07/2013 kugirango ziganire ku bijyanye no gucunga ubutaka, hagamijwe kurushaho kububyaza umusaruro.
Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iravuga ko isuzuma ry’imihigo mu turere twose tw’igihugu, ritangira kuri uyu wa kabiri tariki 16/7/2013, rizavamo amakuru y’ukuri, bitewe n’uko inzego zizakora uwo murimo zigenga, kandi ngo hashyizweho uburyo bwihariye butandukanye n’ubwo mu myaka yashize.
Mu gihe intambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Congo n’inyeshyamba za M23 ikomeje ahitwa Mutaho na Muja, tariki 15/07/2013 saa 15h05 ingabo za Congo zarashe ibisasu bibiri ahitwa Rusura mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu ku bw’amahirwe akaba ntawe byahitanye cyangwa ngo bimukomeretse.
Umuryango Africa Innovation Prize (AIP), ushinzwe rufasha urubyiruko rwiga muri za kaminuza kunoza imishinga yarwo ukanayitera inkunga, muri iyi wikendi rwahembye abanyeshuri bagaragaje imishinga ifite akamaro mu marushanwa yari amaze amezi abiri aba.
Hoteri ikomeye ibarizwa mu mujyi wa Nyanza izwi ku izina rya Dayenu iri imbere neza y’ibitaro by’akarere ka Nyanza iri muri cyamunara biturutse ku nguzanyo yahawe na Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) ariko ba nyirayo ntibashobore kuyishyura nk’uko byari bikubiye mu masezerano impande zombi zagiranye.
Kuri iki cyumweru tariki 14 Nyakanga 2013, abanyamuryango basaga 600 baturuka mu mirenge 19 igize Akarere ka Gakenke batoye abantu bane bajya ku rutonde rw’abadepite b’Umuryango FPR-Inkotanyi.
Abantu umunani bo mugasantire ka Ntenyo mu kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inzoga z’inkorano zirimo ibikwangari na Kanyanga bacuruzaga.
Polisi y’u Rwanda ikurikiranye abakozi babiri bakorera banki y’abaturage y’u Rwanda, agashami ka Rutsiro, bakaba bakekwaho kunyereza amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 20.
Ubuhinzi bufatwa nk’inkingi ikomeye mu kuzamura ubukungu bw’akarere ka Nyabihu buragenda butera imbere hibandwa ku byatuma harushaho gukorwa ubuhinzi bw’umwuga ndetse n’musaruro uzamuka kurushaho.
Abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri abanza byo mu kagari ka Shami na Kagasa mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera barahabwa ibiganiro bijyanye no kwirinda indwara zikomoka ku isuku nke, ibyo bikaba biterwa nuko muri ako gace hari imwe muri iyo miryango igaragaramo izo ndwara.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Runda mu karere ka Kamonyi, hacumbikiwe umugabo n’umugore bazira guhishira aho bashyize umurambo w’umwana wa bo umaze amezi atandatu apfuye. Bakaba bari babeshye ko bamushyinguye aho bavuka, ariko nyuma bigatahurwa ko bamujugunye mu nsi y’urutare.
Ikigega cyitiriwe Gasore Serges cyateguye isiganwa ku maguru mu bana bakiri batoya bo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Baganizi Hakizimana w’imyaka 42 wakoraga umwuga w’ubukarani mu mujyi wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yishwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya mu mujyende w’amazi uri hafi y’isoko rya Ruhango.
Impunzi z’Abanyecongo 560 bahungiye mu Rwanda tariki 14/07/2013 mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu, aho zahunze intambara ikomeje guca ibintu mu duce rwa Rusayo, Muja na Mutaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uwimana Jean De Dieu w’imyaka 26 uvuka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi avuga ko hari ibinyamakuru byanditse bivuga ko yanyerejwe na Leta y’u Rwanda kandi ari ibinyoma.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Umusaza witwa Semazuru Yohani w’imyaka 97 yasezeranye imbere y’amategeko n’umufasha we Mukantumwa Budensiyana w’imyaka 74 babanaga kuva mu mwaka 1963, bagamije kubahiriza amategeko ya Repubulika y’u Rwanda.
Mu gihugu cya Zimbabwe haravugwa ko hari ibitaro byashyizeho igihano cyigamije kubuza abagore gutaka mu gihe babyara ngo kuko uko umugore atatse ahanishwa gutanga amadolari ya Amerika atanu.
Mu gihe cya saa mbiri z’ijoro tariki 14/07/2013 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota coaster ya Volcano express yari ivuye i Kigali yageze ahitwa mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango igongana n’ivatiri hakomereka abantu bane.