Jackie Mugabo, Umunyarwandakazi w’umuhanzi ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza aho amaze imyaka 12 yibera, kuri iki cyumweru tariki 25/08/2013 aziyereka Abanyarwanda by’umwihariko abakunzi b’ibihangano bye mu gitaramo yise «Oh Mana we ».
Umugore witwa Asha Mandela utuye mu Mujyi wa Atlanta muri Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yegukanye igihembo cya World Guinness Record kubera umusatsi we ureshya na metero 17.
Kuri uyu wa gatatu tariki 21/08/2013, ikipe y’u Rwanda ya Basketball irakina na Burukina Faso mu mukino wayo wa mbere w’igikombe cya Afurika (Afrobasket 2013), umutoza wayo Moise Mutokambali akaba yiyemeje kugaragara mu makipe 10 ya mbere.
Abana bacikije amashuri nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya bazasubizwa mu mashuri kugira ngo badakomeza kudindira.
Mu bitaro bya Butaro biherereye mu karere ka Burera, kuwa 20/08/2013, hatashywe ikigo gishya kitwa Butaro Ambulatory Cancer Center kizajya kivurirwamo abarwayi ba kanseri baturutse mu Rwanda no hanze yarwo ariko bataha aho kuhaba.
Murorunkwere Muhoza afungiye kuri station ya Police mu mujyi wa Karongi kuva tariki 20/08/2013 azira gutwika umwana we w’ikinege amuziza ko ngo yibye agafuka mu isoko.
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibigori no kuwufata neza umurenge wa Rwamiko wo mu Karere ka Gicumbi wujuje imbuga yo kwanikaho ihagaze agaciro ka miliyoni 10 n’imisago.
Niyoyita Theogene utuye mu mudugudu wa Nyarurama, akagari ka Mpushi mu murenge wa Musambira aremera ko yishe umugore we, Uwimana Florence, amuziza ko imiti abapfumu yamujyanyemo bamuhaye ituma amererwa nabi.
Umugabo wo mu gihugu cya Australie ufite imyaka 70 y’amavuko yiyambaje abaganga nyuma y’amasaha 12 asesetse ikirindi cy’ikanya mu muyoboro w’inkari w’igitsina cye (urètre) no kuva amaraso atagira ingano.
Abasore bane bose bo mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero bafungiye kuri polisi ikorera muri ako karere bakurikiranyweho guhungabanya umutekano by’igihe kirambye kuko bigize indakoreka mu kagali batuyemo.
Abacuruzi n’abikorera bo mu karere ka Nyamasheke barashishikarizwa kumenya indimi z’amahanga, by’umwihariko izikoreshwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kugira ngo bazabashe guhangana ku isoko ry’ibi bihugu.
Umuyobozi ushinzwe kuboneza urubyaro muri minisiteri y’ubuzima, Dr Léonard Kagabo aratangaza ko gahunda yo kuboneza urubyaro mu gihugu igiye kwegerezwa abaturage ku midugudu kuko byagaragaye ko abenshi bagana ibigo nderabuzima baka iyi serivisi.
Muyango Samuel w’imyaka 31 wo mu mudugudu wa Mugali mu kagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika wo mu karere ka Nyamagabe yatawe muri yombi kuri uyu wa 20/08/2013 akurikiranyweho gutema umugore we Uwizeyimana Pélagie tariki 18/08/2013.
Abahanga babiri bo mu gihugu cy’u Budage bakoze ikaramu ishobora kugukosora amakosa y’imyandikire mu gihe umuntu arimo kuyandikisha.
Imanizabayo Clementine wo mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro arashaka indezo y’umwana yabyaranye na Hanyurwabake Laburenti mu buryo butemewe n’amategeko, ariko ubuyobozi bw’umurenge bukaba buvuga ko kurangiza urwo rubanza bigoye kuko Hanyurwabake adashobora kubona ibyo atanga byo kurera uwo mwana.
Kuri uyu wa kabiri tariki 20/08/2013, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame n’umuryango wa Imbuto Foundation, barahemba kandi bishimane n’urubyiruko rugaragaza ubwitange n’ibikorwa by’indashyikirwa mu kwiteza imbere no kubaka umuryango nyarwanda.
Umurundi w’imyaka 20 wabaga mu mudugudu wa Akintare mu Kagali ka Mulinja mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 19/08/2013 ahagana saa tatu z’ijoro yiyahuye yimanitse mu kagozi nyuma yo kubengwa n’umukobwa.
Abaturanyi b’umukecuru witwa Nyiramuhanda Floride w’imyaka 62 bamusanze iwe yitabye Imana mu ma saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa 20/08/2013.
Banyangandora Ladislas utuye mu mudugudu wa Rulimba, akagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yemeye kuriha ibyangijwe n’inkongi y’umuriro yateje ubwo yatwikaga inzu y’umuturanyi we tariki 15/08/2013, umuriro ugafata na kawa z’abaturage ziri hafi y’iyo nzu.
Abaturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi bakomeje guhangayikishwa n’ikibazo cy’ibura ry’amazi. Kuva impeshyi yatangira, abaturage bavoma amazi y’ikiyaga cya kivu akaba ariyo bakoresha mu mirimo yose haba mu kuyanywa no gutekesha.
Abayobozi bahishira abakoresha imitego ya Kaningini yangiza umusaruro w’ibikomoka ku kiyaga cya Kivu barihanangirizwa kuko aribo bari bakwiye kuzirwanya. Amafi mu kiyaga cya Kivu yaragabanutse cyane kubera iyo mitego bamwe bakoresha bakaroba amafi atarakura n’amagi yari kuzavamo amafi.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) yatangaje ko Abanyarwanda baba mu gihugu no hanze bazitabira amatora y’abadepite tariki 16-18/9/2013, bagera kuri 5, 987, 077( n’ubwo urutonde rukiri urw’agateganyo), bakazatora abadepite 80 mu bakandida-depite 410 bari ku ilisiti ndakuka.
Abantu bose bo mu Kagali ka Karambo, Umurenge wa Karambo ho mu Karere ka Gakenke banyoye ikigage gihumanye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 18/08/2013 cyabateye ikibazo, umwana w’imyaka 5 yitaba Imana, abandi 37 bajya kwa muganga.
Mihigo Jean Baptiste w’imyaka 47 wo mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo akarere ka Ruhango umurambo we bawusanze mu nzu iwe yapfuye mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 19/08/2013.
Dushimiyimana Antoine Roger wiga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango yagerageje guhatanira umwanya w’ubudepite ntibyamukundira ariko ngo azakomeza kugerageza amahirwe mu bihe biri imbere.
Muyango Samuel w’imyaka 31 yatemye umugore we witwa Uwizeyimana Pélagie w’imyaka 34 mu rutirigongo, yitaba Imana agejejwe ku kigo nderabuzima cya Kirambi mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Umusaza witwa Habimana Bartazar utuye mu murenge wa Nemba mu karere ka Burera, avuga ko ahorana ibyishimimo kuko amaze imyaka 35 akora ibikorwa by’ubwitange by’ubutabazi no gufasha imbarare.
Mu gihe mu Rwanda imitangire ya service igenda irushaho kunozwa, inyubako zitujuje ubuziranenge z’ahatangirwa service ziracyari imbogamizi ikomeye ku bafite ubumuga.
Bamwe mu bakiriya ba Banki y’igihugu itsura amajyambere (BRD) barifuza ko banki zajya zibaha inguzanyo zigakurikirana uko bayikoresha, kandi zikabagira inama aho gutegereza ko itariki yo kwishyura irenga kugirango baterezwe cyamunara imitungo baba baratanzeho ingwate.
Abatwika amakara mu karere ka Ngororero barasabwa gukoresha uburyo bugezweho budatwara inkwi nyinshi ndetse ntibyangize ikirere.
Abagabo babiri bo mu murenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke bibasiye abandi babiri ubwo bari mu kabari tariki 15/08/2013 maze barabakubita, umwe akomereka ku jisho, undi bamutera icyuma mu rutugu, biturutse ku businzi.
Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rusizi bibumbiye mu muryango AVEGA Agahozo barashimira Leta y’u Rwanda uburyo yakomeje kubitaho ibashakira icyabateza imbere kimwe n’abandi Banyarwanda, ndetse bakaba bakomeje kwigira.
Mu Mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo hagenda hatahwa ibikorwaremezo bitandukanye birimo amashanyarazi, imihanda, amavuriro, amavomero, amasoko n’ibindi.
Umuhanzi Mani Martin yateguriye abakunzi be n’abakunzi ba muzika y’umwimerere muri rusange igitaramo “Mani Martin Live 2013” kizaba ku itariki 01/09/2013 kikazagaragaramo ubuzima bwe bwose muri muzika kuva agitangira kuririmba kugeza ubu.
Abahanzi batandukanye harimo Gaby Kamanzi, Patient Bizimana, Liliane Kabaganza, Aimé Uwimana n’abandi banyuranye, bahamagawe mu gutanga umusanzu wabo mu nyigisho zagenewe ingo z’abashakanye mu itorero rya Restauration Church.
Abashinzwe amakoperative mu mirenge hamwe n’abacungamitungo b’imirenge Sacco barasabwa gukora cyane kugirango abaturage babiyumvemo bityo birusheho kuzamura ubukungu n’iterambere by’abaturage.
Nyiramuhire William w’imyaka 64 n’umuhungu we Neri Willison w’imyaka 24 bari batuye mu murenge wa Rukira, akagali ka Buriba umudugudu wa Rugaragara mu gitondo cyo kuwa 18/08/2013 basanzwe munzu bishwe n’abantu bataramenyekana.
Uwinana Delphine w’imyaka 22 wo mu murenge wa Kamembe, mu kagari ka Kamashangi ho mu mudugudu wa Kamatita, yatemye umugabo we mu ijoro rishyira tariki 19/08/2013 amuziza ko amubujije kujya gushaka abandi bagabo kandi amusize mu gitanda.
Mu gitaramo cyo kumurika alubumu ya Korale “Abakoze bagororerwe” y’itorero rya ADEPR Nyanza muri paruwasi ya Rukali, tariki 18/08/2013, umukrisitu yaguze CD imwe ku mafaranga ibihumbi 100 mu gihe ubundi yagurwaga amafaranga 1000.
Intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye akaba anakuriye ubutumwa bw’uwo muryango bushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Martin Kobler, yijeje ko agiye gushakira umuti ibibazo bya cy’umutekano muke mu Ntara ya Kivu.
Ubwo shampiyona zo mu bihugu by’i Burayi zatangiraga mu mpera z’icyumweru gishize, amakipe asanzwe azwi ndetse yanatwaye ibikombe bya Shampiyona muri saison yashize iwayo, yatangiye yigaragaza cyane.
Komiseri mu muryango wa FPR-Inkotanyi, Musoni Protais, avuga ko umunyamuryango mwiza akwiye kuba nibura asoma igitabo kimwe buri cyumweru kuko ibitabo bibamo filozofiya nziza yafasha abayoboke ba FPR bazana impinduka nziza muri sosiyete.
Umurambo w’umusore witwa Hakizimana Josué wari ufite imyaka 19 y’amavuko wataruwe mu ishyamba rya Leta riri mu mudugudu wa Kibiko mu kagari ka Gitwe, umurenge wa Karambi wo mu karere ka Nyamasheke.
Ngwijabahizi Jean Claude w’imyaka 32 uvuga ko akomoka mu karere ka Kamonyi ariko akaba atuye mu mujyi wa Muhanga, yatawe muri yombi tariki 17/08/2013 mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe amaze gutekera umutwe umusore amwambura amafaranga ibihumbi 50.
Abana 3000 bafite ubumuga butandukanye bo mu karere ka Muhanga ndetse n’aka Kamonyi bamaze kugezwa mu mashuri muri gahunda y’uburezi budaheza mu myaka ine ishize.
Polisi y’u Rwanda irasaba Abaturarwanda kudaha agaciro ubutumwa bugufi (SMS) buri koherezwa kuri za telefoni zigendanwa bubuza abantu kwitaba nimero ya telefoni itangizwa n’imibare +229 ngo kuko uyitabye ahita apfa.
Hafashimana w’imyaka 18 y’amavuko yoherejwe mu bitaro bya Murunda nyuma yo guterwa ibuye mu mutwe n’abashumba tariki 14/08/2013, ubwo yageragezaga kubabuza kwahira ubwatsi mu isambu babwahiragamo batabyemerewe.
Ishuri rya Nyagatare Secondary School ryatsindiye kuzaserukira Intara y’Uburasirazuba mu marushanwa ahuza amashuri yisumbuye na kaminuza agamije kwigisha urubyiruko kujya impaka zigamije iterambere rwihangira imirimo.