Minisiteri y’ingabo yijeje abanditsi b’Inkiko za gisirikare ubufasha mu kwihutisha imanza

Nyuma yo kwakira indahiro z’abanditsi b’Inkiko za gisirikare kuri uyu wa mbere tariki 24/11/2014, Ministiri w’ingabo, Gen James Kabarebe yabijeje kutazabura ibikoresho n’ubumenyi, kugira ngo ubutabera bwa gisirikare bushobore kwihutisha imanza no gukora mu buryo bugezweho.

Abanditsi mu Rukiko rwa gisirikare barahiye ni S/Maj. Habimana Corneille, Sgt Kintu Alphonse, Sgt Munyaneza Bernard na Sgt Umuhoza Abdulkarim, naho abanditsi mu Rukiko Rukuru rwa gisirikare nabo barahiye, bakaba ari Sgt Mutabaruka Sylvain na Sgt Rutayisire Jonas.

Abanditsi mu Rukiko rwa gisirikare barahira.
Abanditsi mu Rukiko rwa gisirikare barahira.

Ministeri y’Ingabo (MINADEF) hamwe n’ubuyobozi bukuru bw’Ingabo (RDF), ngo bashyigikiye iterambere ry’ubutabera mu Rwanda cyane cyane ubutangwa n’inkiko za gisirikare; aho ngo ubutabera bufatwa nk’inkingi ikomeye y’iterambere ry’igihugu, nk’uko Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe yabimenyesheje abarahiye n’abakozi mu nkiko za gisirikare z’u Rwanda, bitabiriye irahira rya bagenzi babo.

Ministiri Gen Kabarebe yagize ati: “Uyu murimo usaba kugendana n’ibihe tugezemo, uretse gutanga ubutabera bunoze, murasabwa gutanga ubutabera bwihuse mukoresheje ikoranabuhanga; byaba mu guhererekanya amakuru hagati y’ubwanditsi bw’inkiko za gisirikare zombi, cyangwa hagati y’inkiko n’abandi bazigana”.

Umugaba mukuru w'ingabo Gen Patrick Nyamvumba na Minisitiri w'ingabo Gen James Kabarebe.
Umugaba mukuru w’ingabo Gen Patrick Nyamvumba na Minisitiri w’ingabo Gen James Kabarebe.

Yijeje ko MINADEF izakomeza gufatanya n’Ubuyobozi bukuru bw’Ingabo (RDF) n’abandi bafatanyabikorwa barimo Ministeri y’ubutabera, mu gushakira abanditsi b’inkiko za gisirikare ibikoresho n’amahugurwa abafasha gukora inshingano bashinzwe.

Ku itariki ya 09/06/2014, Inama y’Abaministiri yemeje umushinga w’Iteka rya Ministiri rishyiraho abanditsi mu nkiko za gisirikare, ngo ikaba ari yo mpamvu urukiko rwa Gisirikare rwahawe abanditsi bashya bane, ndetse n’Urukiko rukuru rwa Gisirikare rukaba rwahawe abanditsi babiri.

Ministiri w'Ingabo n'Umugaba mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, abandi bakuru b'ingabo, abanditsi mu nkiko barahiye n'abasanzwe ari abakozi mu nkiko za gisirikare.
Ministiri w’Ingabo n’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, abandi bakuru b’ingabo, abanditsi mu nkiko barahiye n’abasanzwe ari abakozi mu nkiko za gisirikare.

MINADEF na RDF ngo bari basabye ko Guverinoma yakwemeza abanditsi b’inkiko za gisirikare, kugira ngo bunganire abasanzwe ari abanditsi b’inkiko za gisirikare kuko bari bake.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

akazi keza kandi imana izabafashe gutunganya inshingano nshyashya bahawe

alexis yanditse ku itariki ya: 25-11-2014  →  Musubize

akazi karabategerejo ko gukomeza kubaka ubutabera mu gisirikare dore ko hari na cases zihari za indiscipline zagaragaye mu minsi ishize bityo bakaba bagiye kurushaho gutanga ubutabera

kalimba yanditse ku itariki ya: 24-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka