Abakora mu burezi bitezweho impinduka mu kazi kabo

Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda avuga ko abakora mu burezi barangije itorero bitezweho impinduka mu kazi hagendewe ku ndangagaciro batahanye.

Minisitiri Dr Papias Musafiri Malimba yabitangaje iku wa 31 Ukwakira 2015, ubwo abahuguwe biswe Indemyabigwi, basozaga itorero bari bamazemo icyumweru, i Nkumba mu karere ka Burera.

Minisitiri w'Uburezi, Dr Papias Musafiri, aganiriza abarezi basoje itorero.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Papias Musafiri, aganiriza abarezi basoje itorero.

Minisitiri Dr Musafiri avuga ko muri iki gihe usanga bamwe mu banyeshuri bafite ingeso yo gukopera. Iyo ngeso ngo ituma ireme ry’uburezi ridatera imbere. Abayifite ngo ni uko nta ndangaciro z’ubunyangamugayo baba bafite.

Abasoje itorero ngo ni bo bazafasha guca iyo ngeso mu bakora mu burezi bose, kuko bazigisha abanyeshuri n’abarezi indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.

Agira ati “Umwana rero ntabwo yabyumva mu gihe atabitojwe. Umwarimu ni we ufite uruhare rwo kumutoza akiri mutoya…umwana agakura yumva yuko agomba kubona ikintu ari uko yagiharaniye.”

Bamwe mu bayobozi bari kumwe n'abatoza b'abarezi mu gusoza itorero.
Bamwe mu bayobozi bari kumwe n’abatoza b’abarezi mu gusoza itorero.

Minisitiri w’Uburezi akomeza avuga ko kandi abatoza n’abarezi bazafasha guca n’izindi ngeso zigaragara mu mashuri zirimo iya bamwe mu barimu bakubita abanyeshuri babo bakabakomeretsa. Bene nk’abo, na bo ngo nta ndangagaciro baba bafite bakaba bagomba kuzitozwa.

Agira ati “ (Umwarimu) Yagombye kumenya uburyo acyaha umwana, uburyo ashyira igitsure ku mwana ariko atamukomerekeje kuko baca n’umugani mu Kinyarwanda ngo ‘inkoni ivuna igufwa ntabwo ivuna ingeso’.”

Abarangije itorero bahamya ko ibyo bigiye mu itorero bazabyigisha abo basize aho baturutse bityo umurimo wo kwigisha bawongereho uwo kurera no gutoza abo bigisha indangagaciro z’umuco nyarwanda.

Abanyeshuri biga mu Ishuri rya Muzika ku Nyundo bataramiye abasozaga itorero.
Abanyeshuri biga mu Ishuri rya Muzika ku Nyundo bataramiye abasozaga itorero.

Hagenimana Martin yongeraho ko kandi izo ndangagaciro zizatuma abarimu barushaho kwigisha batarindiriye guhembwa gusa.

Agira ati “Umuntu ufite indangagaciro yo gukunda igihugu ntabwo yakwigisha abana agira ngo yigishe ave mu nzira, ahembwe, agende! Ahubwo azashyiraho na ya ndangagaciro yo gukunda igihugu arera umwana, akure akunda iguhugu, akure akunda umurimo,…”

Abakora mu burezi bashoje itorero uko ari 345, baturutse mu bigo bya Minisiteri y’Uburezi nka REB, WDA, MINEDUC n’abashinzwe uburezi mu turere, mu mashuri abanza, ayisumbuye n’ay’ubumenyi ngiro.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Iri torero ryari rigizwe n’abakozi bavuye muri REB, WDA, MINEDUC n’abashinzwe uburezi mu turere. Si abarimu nk’uko mwabyanditse! Itorero ry’abarimu rizaba mu biruhuko

Kalisa yanditse ku itariki ya: 1-11-2015  →  Musubize

icyibazo abarimu dufite mugishakira aho kitari. ikibazo kiri kumushahara winica nikize

mambo yanditse ku itariki ya: 1-11-2015  →  Musubize

Inkuru yanyu mwayitaye nabi, mwongere mubaze abari muri ririya torero ry’abatiza b’abarezi! Ibyo mwanditse si byo!!!!

Rwema yanditse ku itariki ya: 1-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka