Ubwo imashini zarimo gusiza ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, zataburuye imirambo ibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko atanyuzwe n’urwego rw’abakinnyi baturutse hanze bari bamaze iminsi bakora igeragezwa muri Rayon Sports
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankano Marie Rose arahamagarira abaturage b’Akarere ka Gisagara kujyana abana babo mu mashuri kuko bizabagirira akamaro bidatinze.
Muri tombola y’igikombe cy’Afurika kizaba mu mwaka wa 2019, u Rwanda rutomboye itsinda ririmo Côte d’Ivoire
Bamwe mu baturage bivuriza ku bitaro bya Shyira barishimira ko bari kubakirwa ibitaro ahitwa Vunga bizabaruhura ingendo ndende bakoraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burahamagarira abajyaga gusengera ku kiyaga cya Burera kubihagarika kuko hari abagiye kuhasengera bakagwa mu kiyaga bamwe bakahasiga ubuzima.
Irushanwa ryo gutoranya umukobwa uhiga abandi ubwiza, uburanga n’umuco rizwi nka Miss Rwanda, rizibanda ku bikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda muri uyu mwaka 2017.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase arizeza abarimu ko ibibazo bitandukanye bafite bizagenda bikemuka kuko hari n’ibindi byinshi Leta y’u Rwanda yakemuye.
Mu gukomeza kwitegura imikino yo kwishyura muri shampiyona y’u Rwanda, Kirehe FC imaze gusinyisha abakinnyi bane, mu gihe batatu bategerejwe.
Nyiramahoro Theopiste wagaragaye mu nama y’igihugu y’Umushyikirano iherutse, abikesha gushirika ubute agashaka icyamuteza imbere nyuma y’ubukene yabayemo.
Umutoza w’ikipe ya APR FC Jimmy Mulisa aratangaza ko adateganya kongera abakinnyi mu ikipe kuko avuga ko abakinnyi afite bahagije ko nta wundi mukinnyi yifuza.
Bimwe mu bihembo bizahabwa uzatorerwa kuba Miss Rwanda 2017 harimo imodoka nshya yo mu bwoko bwa Suzuki Swift (Okm) ifite agaciro ka miliyoni 15RWf.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bifuza ko hajyaho umugoroba wahariwe kurwanya iboyobyabwenge kugira ngo babirwanye bicike kuko biri kwangiza urubyiruko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyashyizeho amabwiriza mashya agamije kuzamura imitungo no kunoza imikoranire mu makoperative y’abamotari.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko kubura inzitiramibu bararamo biri gutuma bibasirwa n’indwara ya Malaria kandi bitari bikwiye.
Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA) yatangaje ko iri mu nzira zo kwemererwa gukorera mu Rwanda, aho yiteguye kuziba icyuho muri serivisi za banki zifashisha ikorabuhanga rya telefone.
Abafite amagorofa yagenewe ubucuruzi i Huye bifuza ko abantu bacururiza ahataragenewe ubucuruzi bahava, kugira ngo babone ibyashara by’ubukode, ariko bo bakavuga ko bihenze.
Mugiraneza Jean Baptiste ubu ukinira Gor Mahia yo muri Kenya aragira inama abakinnyi kwirinda ibintu bitatu abona bituma bashobora gusubira inyuma mu mupira w’amaguru
Abagize umuryango w’Abahindiro bemeje ko Umugogo wa Kigeli V Ndahindurwa uzatabarizwa ku cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017, i Mwima na Mushirarungu mu Karere ka Nyanza.
Abakorera mu Gakiriro ka Bishenyi mu karere ka Kamonyi, batangaza ko kutagira bimwe mu bikoresho bikenerwa mu bubaji bituma kitabirwa n’abaguzi bake.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itangaza ko buri mukozi utari nyakabyizi yemerewe ikiruhuko cy’iminsi 18 buri mwaka nkuko kigenwa n’amategeko.
RwandAir igiye gutangira ingendo zijya i Mumbai mu Buhinde, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’iki gihugu.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyoseze ya Byumba avuga ko abantu nibahinduka bakumvira Imana aribwo amakimbirane agaragara mu miryango azacika.
Urubyiruko rwiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) “Indatwa n’Inkesha” biyemeje kuzakora itangazamakuru rizajya riba ikiraro hagati y’ubuyobozi n’abaturage nibamara kugera mu kazi.
Kantengwa Leocadie wo mu Karere ka Ngoma arasaba ubufasha ngo abashe kujya mu Buhinde kwivuza indwara y’impyiko amaranye igihe.
Polisi y’igihigu ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abantu bane bakurikiranweho kugurisha inzitiramibu zari zigenewe abaturage.
Abakobwa batatu n’umugore umwe bo mu Karere ka Burera baguye mu kiyaga cya Burera batatu bahita bahasiga ubuzima umwe ararokoka.
Kaminuza ya Dixie State University yashyiriyeho abanyeshuri b’Abanyarwanda bifuza gukomereza amasomo yabo hanze, amahirwe yo kuyigamo bagafashwa no kubona buruse zo kwigira Ubuntu.
Abaturage b’umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara barasaba ko isoko rya Ruhuha ryagarurwa aho ryahoze kuko ryimuriwe kure y’abariremaga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu Buhinde aho yitabiriye inama ya munani ya "Vibrant Gujarat Global Summit" yiga ku iterambere ry’ubukungu burambye.
Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wakiriye umugogo we, kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2017.
Abasore babiri bo muri Rubavu bafatanwe ibiro 250 by’urumogi bagejeje mu Rwanda babinyujije mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, ruturutse muri Congo (RDC).
Umuryango AJIC urwanya Ruswa n’akarerengane mu karere ka Ngororero ugaragaza ko kutarangiriza imanza ku gihe byahombeje Leta miliyoni zirenga 40.
Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2016, abakobwa bongeye kwigaranzura basaza babo, yaba mu bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Polisi y’Igihugu yasabye abatwara abantu n’ibyabo ku magare mu Mujyi wa Musanze kugira amakenga ku bo batwaye n’ibyo bitwaje.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira kuba barakuriweho ikimoteri cyari hagati y’ingo bikababangamira.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Rwamagana bavuga ko muri uwo mujyi hagaragara umwanda kubera ko nta kimoteri rusange bashyiramo imyanda gihari.
Mu kigo cya Musanze Poltytechnic kuri iki cyumweru hasojwe ijonjora ry’ibanze ryo guhitamo abahungu n’abakobwa 30 baziga mu ishuri ryigisha Basketball (Academy) rizaba riherereye muri iri shuri.
Mu mwaka wa 2016, bamwe mu baturage bo mu duce dutandukanye tw’igihugu biganjemo urubyiruko, bakunze kurangwa n’imvugo z’umwihariko ndetse n’izindi zitangaje bakuraga ahandi, bakazikoresha mu mvugo yabo ya buri munsi.
Mu mikino y’umunsi wa 12 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, AS Kigali itsinze APR Fc igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umuganga w’Umubiligi ukorera ku bitaro bya Kabgayi ari kubaka ibitaro by’amaso mu murenge wa Runda muri Kamonyi bizunganira ibya Kabgayi.
Umurenge wa Remera wegukanye imodoka itangwa n’Umujyi wa Kigali ufatanije na Polisi y’Igihugu, nyuma yo kurusha isuku n’umutekano indi mirenge.
Abahinga ibishanga mu karere ka Ngoma bavuga ko kureka ubuhinzi bw’akajagari bagahinga umuceri, bigenda bihindura imibereho yabo aho bahoraga bataka inzara.