Mu butumwa bwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2017, Twagiramungu Faustin uyobora ishyaka RDI ritaremererwa gukorera mu Rwanda, yatangaje ko umwaka wa 2016 wasize ibikorwa by’ingirakamaro, bigomba kongerera u Rwanda ishema mu ruhando rw’amahanga.
Umuvugabutumwa w’Umunyarwanda witwa Corneille Karekezi uba muri Nigeria agiye kumurika umuzingo w’indirimbo (Album) ze yise “Jye ndi umugeni wa Yesu”.
Jimmy Mulisa utoza ikipe ya APR FC, yatangaje ko yizeye intsinzi mu mukino uzahuza ikipe ye n’ikipe ya AS Kigali.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare batangaza ko bagirirwa nabi n’Abarembetsi babaziza ko babatanzeho amakuru ngo bafatwe.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko amafaranga bagikuramo yabakungahaje kuburyo ngo bamaze kubona akamaro ko kugihinga.
Sous Lieutenant Seyoboka Henry Jean Claude ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yanze umwunganira mu mategeko witwa Me Uwimana Channy.
Nyuma y’imyaka itandatu amazu y’ubucuruzi y’ahitwa mu Cyarabu i Huye afunzwe ngo hubakwe amagorofa, ba nyirayo batangiye kuyasenya ngo hubakwe.
Ikigo 94Histudio gikora ibijyanye na filime n’umuziki, cyemeye gutunganya ku buntu indirimbo 20 zo Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rurahamagarira abikorera mu mujyi wa Kigali bakorera mu nzu zagenewe guturwamo gukurikiza icyemezo cy’Umujyi wa Kigali bakimuka muri izo nzu.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangaza ko ba rwiyemezamirimo bagurisha amazi batazakurikiza ibiciro bishya by’amazi bazabihanirwa.
Nyuma y’ibiganiro hagati ya Ferwafa n’ikipe ya Pépinière yemeye gusubira muri Shampiyona aho izasubukurira ku mukino wa Rayon Sports.
Abasore babiri bivugwa ko bari bambaye nk’abasirimu bakoresheje amayeri biba ibihumbi 75RWf umukobwa ukorera mu mujyi wa Musanze, bahita baburirwa irengero.
Imirimo yo kwagura imihanda ireshya n’ibilometero 54 yo mu mujyi wa Kigali yaratangiye.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe batangaza ko batewe n’icyorezo cy’amasazi yibasira inka zabo, bigatuma zitarisha bityo umukamo w’amata ukagabanuka.
Uwahoze ari umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah aratangaza ko Rayon Sport iramutse imutanzeho umukandida wo kwiyamamariza kuyobora Ferwafa atabahakanira
Ubuyobozi bukuru bwa Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi (EUCL) iramenyesha abafatabuguzi bayo ko kugura amashanyarazi byongeye gukora nkuko byari bisanzwe.
Abatuye umurenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara,baravuga ko iteme n’umuhanda bibahuza n’umurenge wa Mugombwa ryangiritse bikadindiza ubuhahirane.
Umuceri u Rwanda rwohereza mu mahanga wikubye inshuro 230 mu gihembwe cya 2015-2016 ruhinjiriza ayikubye inshuro 468 ugereranyije n’igihembwe cyabanje cya 2014-2015.
Ababyeyi basaga 80 mu karere ka Ngoma batangije centre “Amizero” izajya ifasha abana bafite impano mu mupira w’amaguru kuyiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buraburira abahinzi ko nibakomeza kotsa ibigori, umusaruro wabyo uzagabanura, bagahomba kandi bagomba kubona inyungu bakikenura.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barishimira amahirwe bahawe yo kwandikisha abana mu gitabo cy’irangamimerere.
Mu mukwabu ngarukamwaka wiswe “Fagia” Polisi y’u Rwanda ifatanije na Polisi mpuzamahanga (Interpol) yafashe ibiciruzwa bitujuje ubuziranenge bifite agaciro ka miliyoni 140.6RWf.
Abagore bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko nubwo bafite amahirwe menshi yo kubona amafaranga, batayigengaho.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bugarijwe n’ubujura bw’amatungo n’ubw’imyaka bejeje.
Urwego ngenzuramikorere ruzwi nka RURA, rubicishije mu itangazo rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Mutarama 2017, rwatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peterori mu Rwanda byazamutse.
Abaturage b’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro batangaza ko umubyeyi ubyariye mu rugo acibwa ibihumbi 10RWf, ibintu bafata nk’akarengane bakorerwa.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko iyo urubanza rwaciwe ntihabeho irangizarubanza ku gihe biba bibangamiye uburenganzira bwa muntu.
Bamwe mu bakoze imirimo yo kubaka mu muhanda Save-Mamba-Gikonko mu Karere ka Gisagara bahangayikishijwe no kuba umwaka urangiye batabonye amafaranga bakoreye.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari n’ubucuruzi.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera baratangaza ko kwandikisha abashitsi mu ikayi y’umudugudu byatumye barushaho kugira umutekano.
Abahinzi bo mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, baravuga ko bugarijwe n’amapfa kubera ko imvura yabuze imyaka ikuma.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryasohoye urutonde rushya rw’abasifuzi mpuzamahanga, harimo abanyarwanda batatu bashya
Abacuruza amata ku modoka zitwara abagenzi, bakorera ahitwa kuri Arete (Arrêté), i Kinazi muri Huye ku muhanda Kigali-Huye, bahawe impuzankano hagamijwe guca akajagari.
Abaturage bo mu Murenge wa Remara mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi n’amazi bibadindiza mu iterambere.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe bibasiwe n’indwara yafashe urubingo bagaburiraga amatungo yabo, bigatuma asigaye yicwa n’inzara.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu mu Biyaga bigari (GLIHD) bwerekanye ko ibisabwa uwifuza gukuramo inda biruhanya bigatuma igihe cyemewe kirenga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burateganya kuzashyiraho isiganwa ry’amagare ryitiriwe Lambert Byemayire, wari Visi Perezida w’ishyirahamwe ry’amagare mu Rwanda (FERWACY).
The Ben, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika (USA) yakoze igitaramo cyashimishije abatari bake kuburyo cyarangiye bamwe batabyifuza.
Polisi y’Igihugu yongeye gushimangira ko gutwara ikinyabiziga umuntu atubahiriza amabwiriza n’ibyapa biri mu mihanda, bifatwa nk’ubugizi bwa nabi.
Abari mu isengesho ryo gusabira abarwayi kwa Yezu Nyir’Impuhwe mu Ruhango banyagiwe n’imvura irimo amahindu, bayifata nk’umugisha bagendeye k’ukuntu yari yarabuze
Kugira neza ni ukuguriza Imana kandi ngo iyo ikwishyuye, ibikora mu buryo bwayo ndetse igakuba inshuro zitabarika.
Shyaka Kanuma uyobora Ikompanyi yitwa Rwanda Focus Limited, akaba na Nyir’ igitangazamakuru cyitwa The Rwanda Focus giherutse gufunga imiryango, yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu akurikiranyweho ibyaha birimo kutishyura imisoro, ndetse no gukoresha impapuro mpimbano.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Ukuboza rishyira tariki ya 1 Mutarama 2017, Mu Mujyi wa Kigali habaye ibirori bitandukanye bisoza umwaka, byagaragaza ibyishimo n’umunezero abantu binjiranye mu mwaka wa 2017.
Mu masaha akuze yo ku wa 31 Ukuboza 2016, muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu ibihumbi n’ibihumbi bateze imodoka ariko bakazibona bigoranye.
Perezida wa Repubulira Paul Kagame arahamagarira Abanyarwanda kurushaho gukora cyane mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’u Rwanda.