Ikipe y’umupira w’amaguru APR FC niyo yegukanye igikombe cy’umunsi w’Intwari nyuma yo gutsinda Rayon Sports igitego 1 kuri 0
Minisitiri w’ibikorwaremezo, James Musoni atangaza ko u Rwanda ruzakomera gushyigikira ibikorwa by’ikigo cya Shelter Afrique, gitera inkunga ibikorwa by’imiturire n’ibikorwa remezo muri Afurika.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Gashyantare 2017, umunsi u Rwanda rwizihizaho umunsi ngarukamwaka wahariwe Intwari z’Igihugu, Perezida Kagame yunamiye Intwari z’u Rwanda ziruhukiye ku Gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera mu Karere ka Gasabo.
Umubikira w’Umugatolika Helene Nayituliki ntakunze kubara inkuru y’ubuzima bwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara yahishe abarenga ijana, kandi hari amajwi yafashwe bamutangaho ubuhamya.
Abakobwa 26 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, ku wa kabiri tariki ya 31 Mutarama 2017, barahuye barasabana, barushaho kumenyana.
Nyuma y’imyaka 23 u Rwanda rwibohoye, abana ba Uwiringiyimana Agathe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akaza kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, baracyaba mu buhungiro.
Félicité Niyitegeka, umubikira wayoboraga Centre Saint Pierre i Rubavu mu cyari Gisenyi, yimye amatwi musaza we wari umusirikare ukomeye yemera gupfana n’Abatutsi 43 yari yahaye ubuhungiro
Abo mu muryango wa Bizimana Sylvestre wazize kwanga kwitandukanya n’abayeshuri bagenzi be, ubwo baterwaga n’abacengezi ku ishuri bigagaho ry’i Nyange, bamwibukira ku ishyaka yari afite ryo gutera imbere.
Niyitegeka Sostène, w’i Ntosho mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Bweramana muri Ruhango, yarwanye ku batutsi 104 kuva Jenoside itangiye, kugeza abagejeje mu maboko y’Inkotanyi.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi atangaza ko Guverinoma y’u Rwanda itazihanganira imitangire mibi ya sirivisi ikomeje kugaragara mu nzego zitandukanye.
Ikipe y’umupira w’amaguru ya APR FC yasuye abasirikare bamugariye ku rugamba batuye mu mudugudu uri mu murenge Nyarugunga, mu Karere ka Gasabo.
Abayisilamu bo mu Rwanda bashyikirije ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi inkunga ingana na Miliyoni 26RWf yo kwishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza, mitiweli.
Madamu Jeannette Kagame yasabye bagenzi be gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya SIDA gikomeje koreka imbaga ku mugabane w’Afurika, kikabuza benshi gukoresha imbaraga zabo mu kwiteza imbere n’igihugu cyabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, burahamya ko ibirego byaganaga mu nkiko, byamaze kugabanuka cyane bitewe n’uruhare rw’abunzi basigaye bagira mu gukemura amakimbirane.
Nisengwe Nadia umubyeyi wa Karangwa Natacha, umwana ufite impano y’ubusizi, asanga ari inshingano z’umubyeyi gushyigikira umwana mu mpano afite.
Abageni 12 bari gusezeranira mu Murenge wa Karama muri Kamonyi babuze ubasezeranya bituma badakora ibirori by’ubukwe nk’uko bari babiteganyije.
Abaturage batuye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko hari igihe ababyeyi batwite, bapfa bataragera kwa muganga kubera gutinda kw’imbangukiragutabara.
Abajyanama b’ubuhinzi mu Karere ka Kamonyi barerekerwa uburyo bwa kijyambere bwo guhinga igihingwa runaka hifashishijwe umurima-shuri, nabo bakabigeza ku bandi bahinzi.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru iravuga ko yataye muri yombi Senguge Valens wo mu Murenge wa Kibeho, akekwaho gushaka guha ruswa y’ amafaranga ibihumbi 50 umupolisi.
Ku wa 29 Mutarama 2017 nibwo igice kibanza cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda cyarangiye amakipe yose uko ari 16 amaze guhura hagati yayo, usibye imikino Pepiniere yagombaga gukina na AS Kigali na Marines itarabaye.
Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa 31 Mutarama 2017, aratanga ikiganiro mu Ihuriro ry’Abagore b’Abaperezida bo muri Afurika rirwanya icyorezo cya Sida (OAFLA).
Croix-Rouge y’u Rwanda na CICR mpuzamahanga batangiye kwita ku barwanyi 35 ba M23 bahungiye mu Rwanda kuwa 29 Mutarama 2017.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo bizihizanye n’inshuti zabo umunsi w’Intwari, banifurizanya umwaka mushya muhire wa 2017.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, bavuga ko kugeza ubu batarasobanukirwa ibijyanye n’umusoro w’ubutaka, kuko ngo kuva babaho nibwo babyumvise.
Alpha Condé umaze imyaka 7 ayobora Guinee Conakry, ni we watorewe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, nyuma y’umwaka uyoborwa na Perezida wa Chad Idris Deby Itno.
Bamwe mu bakuriye isuzuma ry’imihigo banenze imwe mu mihigo ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwashyize mu mihigo, bavuga ko bisanzwe mu nshingano basabwa.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya mbere, iri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zatanze ubuvuzi bw’ibanze n’ibikoresho by’ishuri ku baturage bo muri Sudani y’epfo.
Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwemeje icyifuzo cy’ubushinjacyaha cy’uko S/Lt Seyoboka Jean Claude ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30.
Uwari umutoza w’ikipe ya Mukura Okoko Godefroid, yandikiye ibaruwa ikipe ya Mukura yo gusezera ku mirimo ye, asaba iyi kipe kumwishyura no kumuhemba.
Uwahoze atoza ikipe ya Rayon Sports Ivan Minnaert, amaze gusinya gutoza ikipe ya Mukura mu gice cy’imikino yo kwishyura
Abayobozi batandukanye mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bimanaga amakuru cyangwa ntibayatange neza, kuko batari basobanukiwe n’itegeko rigena imitangire y’amakuru.
Umutoza Okoko Godfrey wa Mukura yatangaje ko mu ikipe hari abantu bazana umwuka mubi, bagaragaza ko batamushyigikiye ibyo bikaba imbarutso yo kutitwara neza kw’ikipe.
Evode Imena wabaye umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umutungo Kamere (MINIRENA) yatawe muri yombi, akurikiranweho ibyaha yakoze akiri kuri uwo mwanya.
Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu aravuga ko Koperative Isange SACCO y’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye ishobora kuba yibwe n’abakozi bayikoramo.
Akarere ka Ngororero bwahagurukiye abasore batera inda abakobwa bakiri bato, buvuga ko umukobwa watanze amakuru y’uwamuteye inda buzajya bumukurikirana.
Gushaka kubyara abana b’ibitsina byombi ni imwe mu nzitizi ituma ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana bananirwa kuboneza urubyaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma butangaza ko buhangayikishijwe n’umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda bataragera ku myaka 19.
Ku cyumweru tariki ya 29 Mutarama 2017, Perezida Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu i Addis Ababa muri Etiyopiya raporo yiswe "Impamvu hakenewe ivugurura mu bumwe bwacu".
Mu mukino wa nyuma w’imikino ibanza ya Shampiona y’u Rwanda, Police Fc yasanze Marines kuri Stade Umuganda iyihatsindira ibitego 2-0
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017 mu mukino wok u munsi wa 15 w’igice kibanza cya shampiyona Ikipe ya Bugesera yanganyije na APR 1-1.
Abakobwa batanu muri 16 biyamamarizaga guhagararira umujyi wa Kigali mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017, nibo bemerewe gukomeza amarushanwa.
Ikigo gishinzwe amakoperative(RCA) cyashyizeho imikoranire yihariye n’ubushinjacyaha, kugira ngo byoroshe gutahura no gufata abanyereza umutungo w’amakoperative.
Minisitiri w’Intebe Dr. Anastase Murekerezi yatangaje ko Leta izakora ibishoboka byose igafasha abahinzi kugura ibikoresho byo kuhira imyaka kugira ngo ituma.
Mu nama ya 28 ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), iteganyijwe kuwa 30-31 Mutarama 2017 ku cyicaro gikuru cyayo giherereye Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida Kagame azamurikira abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, raporo ku mavugurura ya komisiyo ya Afurika yunze ubumwe.