Abafana b’umunyarwenya Kibonge wo muri Seburikoko batoye Miss

Umunyarwenya Mugisha Clapton uzwi nka Kibonke n’itsinda ry’abafana be bazwi nk’Abanyagasani batoye Nyampinga (Miss) uzajya abavuganira mu bikorwa by’urukundo bakora akazajya anabahagararira aho biri ngombwa.

Kanyana Angel (w'imbere) niwe watowe nka Miss Abanyagasani
Kanyana Angel (w’imbere) niwe watowe nka Miss Abanyagasani

Kibonke yabitangarije Kigali Today agira ati “Miss yitwa Kanyana angel. Ntabwo twamutoye ngo abe Miss biriya abantu basanzwe bamenyereye ahubwo twe ni uzajya adufasha kuvuganira Abanyagasani mu bikorwa by’urukundo dusanzwe dukora.

Kumenyekanisha ibikorwa byacu kandi by’umwihariko asanzwe anakina comedie mu Banyagasani.”

Akomeza avuga ko ari ubwa mbere bamutoye, bakaba bazajya bamutora rimwe mu gihembwe.

Kanyana Angel watowe nka Miss w’Abanyagasani yahembwe kuzajya ahabwa ama-inite 1000RWf ya interineti buri cyumweru.

Kanyana Angel
Kanyana Angel

Abanyagasani kandi banatora Umunyagasani witanga kurusha abandi mu rwego rwo kurushaho gushyigikira abitanga. Kuri ubu Abanyagasani bazwi babarirwa muri 200 nubwo hari n’abandi benshi babyifuza.

Abanyagasani nibo ubwabo bishyira hamwe bagateranya amafaranga bakoresha ibikorwa by’urukundo.

Bimwe mu bikorwa by’urukundo bamaze gukora harimo gusangira n’abana bo ku muhanda. Icyo gikorwa bagikoreye kuri Rafiki i Nyamirambo kuri Noheli ya 2016.

Abanyagasani bakora ibikorwa by'urukundo bitandukanye. Aha bari i Muhanga bafasha umubyeyi utishoboye
Abanyagasani bakora ibikorwa by’urukundo bitandukanye. Aha bari i Muhanga bafasha umubyeyi utishoboye

Muri Mata 2017 ho bafashije umubyeyi w’i Muhanga, bamuha ibikoresho bitandukanye byo mu rugo n’ibiribwa banamuha ihene ebyiri n’amafaranga ibihumbi 50RWf.

Kibonke ni Umunyarwenya wabigize umwuga, akaba akina filime akanaririmba. Azwi muri filime zitandukanye zirimo iy’uruhererekane yitwa “Seburikoko”.

Bamwe mu bagize Abanyagasani
Bamwe mu bagize Abanyagasani
Umunyarwenya uzwi nka "Kibonge" muri filime Seburikoko
Umunyarwenya uzwi nka "Kibonge" muri filime Seburikoko
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

muge muntashyiraho.ibikorwa bagiye bakora bifite. videoarikubundi ibintu
nimunage

isiac yanditse ku itariki ya: 4-11-2017  →  Musubize

nage kibonke nda mwe mera bya sana nakomer ezaho tura mushigikiye cyane

tuyisenge yanditse ku itariki ya: 10-10-2017  →  Musubize

Kibonge,si urwenya gusa ahubwo uri nuwa nyagasani! Imana iguhe umugisha,kubwurukundo mufite.

Kabange yanditse ku itariki ya: 8-09-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka