Rwamagana: RIB yafatiye kwa Padiri amafaranga Miliyoni 400 yari yibwe umushoramari
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwakiriye ikirego cyatanzwe n’umushoramari wibwe amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari imwe bikozwe n’abatekamutwe.

Nyuma yo kwakira icyo kirego, RIB yatangije iperereza, iza gufata babiri mu batekamutwe, umwe muri bo akaba yari amaze kubitsa umugabane we Padiri Ingabire Jean Marie Theophille, ungana n’amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 400. Ingabire Jean Marie Theophille asanzwe ari Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana.
RIB yabwiye Kigali Today ko uwo mujura akimara kuvuga aho yahishe amafaranga, RIB yahise ijya gusaka Padiri iyasangayo abitse mu mutamenwa irayafatira na Padiri arafatwa.
RIB iti “Kugeza ubu hamaze kugaruzwa amafaranga agera kuri Miliyoni 500 mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo ababigizemo uruhare bose bafatwe n’amafaranga asigaye na yo agaruzwe.”
Ohereza igitekerezo
|
RIB nikomereze aho nund mupadiri uzatekereza kubika ibijurano azamanze atekereze umurimo akora
padiri kuki abika ibintu atazi ibirimwo ubwo ntibaribamubwiyeko ari amafaranga yakumva uburyo arimenshi nawe agahita yumvako yafatikanya nabandi mugikorwa cy’ubujura
Nonese hasigaye kugaruzwa abgahe?
Mube abanyamwuga mwandike inkuru irangira
Aha mugenzi ibyo muri RIB ntibyoroshye buriya uko ubibona hazagaruzwa izindi miriyoni 500 binyuze mubyamunara by’imitungo yabo kuburyo umuntu wese agomba kwirinda ikitwa ubujura bw’bintu ntagaciro kuko bushukana bukandagaza uwabukoze
Wow byiza rwose RIB yacu nikomereze Aho irwanya ababi nkabo nukuri, turashima RIB mukazi kose
Abo bantu bakurikiranwe kabisa,maze ubutabera bwubahirizwe mu rwagasabo.