Ish Kevin ari mu maboko ya RIB

Umuhanzi Sekamana Kevin uzwi kw’izina rya Ish Kevin na bagenzi be bari mu Maboko ya RIB kuva ku itariki ya 25 Kamena 2021, bakaba bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.

Ish Kevin
Ish Kevin

Muri abo bagenzi ba Ish harimo abakobwa bane n’umusore umwe aribo Munyanshoza Celine, Umulisa Benitha, Mugisha Patrick, Byukusenge Esther na Nziza Orga.

Baracyekwaho icyaha cyo kunywa ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bw’urumogi, aho bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, cyane ko ngo bari barimo no kunywa inzoga.

DJ Brianne ari mu bafunganywe na Ish
DJ Brianne ari mu bafunganywe na Ish

Ibi birori bari barimo byabereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi, Akagari ka Musezero muri Gasave. Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gisozi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

gunda amakur you tugeza cyane

habumugisha yanditse ku itariki ya: 16-01-2023  →  Musubize

NDABASUHUJE NKUNDA AMAKURU MUTUGEZAHO ISHA YIHANGANE

TUYISENGE DONATH yanditse ku itariki ya: 20-01-2022  →  Musubize

AHH NOCAP BOY YARARENGANYE KBX

BENY CLOVIS yanditse ku itariki ya: 26-08-2021  →  Musubize

Turabashimiye kubwu rukundo mukomeje kutugaragariza muduha amakuru agezweho.

Nshimiyimana isaac yanditse ku itariki ya: 26-07-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka