Ikigo cy’Uburezi mu Rwanda (REB) kigiye gushyira mu nteganyanyigisho (curriculum) amasomo yo kwiga inyandiko igenewe abatabona n’ururimi rw’amarenga mu rwego rwo kurushaho gufasha abana bafite ubumuga bwo kutabona n’abafite ubumuga bwo kutumva.
Inama yahuje ubuyobozi bw’umujyi wa Goma n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu tariki 29 Nyakanga 2021, yemeje ko gukoresha utwangombwa tw’udupapuro twatangwaga ku mupaka tuzwi nka ‘Jeton’ ku baturage bambukiranya umupaka bigiye kongera gukorwa ndetse, abari muri iyo nama basaba ko imisoro itanditse yakwa abakoresha umupaka (…)
Nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri iteranye ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021, igakuraho gahunda ya Guma mu rugo, yaherukaga gushyirirwaho Uturere umunani n’Umujyi wa Kigali, abatwara abagenzi ku magare na moto bo mu Karere ka Musanze, ni bamwe mu bishimiye gusubukura imirimo, aho bafite intego yo kurushaho gukaza ingamba (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 31 Nyakanga 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 860 bakaba babonetse mu bipimo 9,519. Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 808. Abitabye Imana ni abagore 6 n’abagabo 4.
Ubwoko bushya bwa Covid-19 bwabonetse bwa mbere mu mujyi wa Nanjing mu Bushinwa ubu bwageze mu ntara eshanu no mu murwa mukuru Beijing.
Bikunze kubaho abantu bakumva ngo Perezida wa Repubulika yatanze imbabazi ku mubare runaka w’abagororwa. Abaheruka guhabwa imbabazi vuba aha ni abagore 10 bari barahamijwe icyaha cyo gukuramo inda mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko mu cyumweru gitaha mu Mujyi wa Kigali hagiye gushyirwaho site cyangwa se ahantu hihariye hazajya hakingirirwa Covid-19 kugira ngo abantu barusheho kugira ubwirinzi buhagije.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Ngoma, ku wa 28 Nyakanga 2021 bwaregeye mu mizi dosiye iregwamo umugabo ukekwaho gusambanya umwana we.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021 yafashe imyanzuro irimo uwo kongera kwemera ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta no mu nsengero, ariko rikitabirwa n’abantu batarenze 10 icyarimwe.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Nyakanga 2021, yagize Yolande Makolo Umuvugizi wa Guverinoma muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane. Iyi Minisiteri iyoborwa na Dr Vincent Biruta wari n’Umuvugizi wa Guverinoma.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 30 Nyakanga 2021, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuzumye uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu gihugu, maze yemeza ko Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani twari tuyimazemo iminsi ivuyeho.
Mu gihe ababyeyi batuye mu Mirenge ikiri muri Guma mu rugo bafite abana biga mu mashuri y’incuke, no mu cyiciro kibanza cy’amashuri abanza bibazaga uko bizagenda ku bana babo mu gihe abandi batari muri Guma mu rugo bazaba basubiye ku mashuri tariki 2 Kanama 2021, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, abo na bo bahawe (…)
Ibikorwa byo kubaka umuyoboro w’amashanyarazi mu Karere ka Kamonyi mu Mirenge ya Karama, Nyamiyaga, Gacurabwenge, Kayenzi na Runda byageze ku musozo, uyu muyoboro ukaba witezweho kugeza amashanyarazi mu ngo zitarayabona muri iyi Mirenge, ndetse ingo nyinshi mu ziteganyijwe kuyahabwa zikaba zatangiye gucana.
Umuyobozi w’itsinda ry’abahanzi ba Kassav’ Jacob Désvarieux yitabye Imana mu ijoro ryakeye azize uburwayi. Nyakwigendera yari amaze igihe gito mu bitaro kuva ku itariki 12 Nyakanga 2021, nyuma y’uko yari amaze kumenya ko yanduye Covid-19 we ubwe agahita asaba ko bamujyana kwa muganga.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Huye, ku itariki ya 27 Nyakanga 2021 bwashyikirije Urukiko Rwisumbuye rwa Huye dosiye iregwamo umugabo w’imyaka 59 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 14 abereye sekuru ubana n’ubumuga bwo kutavuga neza.
Minisiteri y’Uburezi yamenyesheje abaturarwanda, abafatanyabikorwa mu burezi, ababyeyi, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abanyeshuri, ibijyanye no gusubukura amasomo muri bimwe mu byiciro by’amashuri, nk’uko bikubiye muri iri tangazo:
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahaye imbabazi abagore icumi bari barakatiwe n’inkiko kubera icyaha bakoze cyo gukuramo inda mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021, mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 971 bakaba babonetse mu bipimo 9,677. Abantu 11 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose hamwe uba 798. Abitabye Imana ni bagore 6 n’abagabo 5. Iyo Minisiteri (…)
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2021, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuzumye uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu gihugu, maze yemeza ko Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani twari tuyimazemo iminsi ivuyeho.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangarije Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS/CEEAC) ko u Rwanda rurimo kuvugurura amategeko y’ubucuruzi yarwo mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza muri uwo muryango no mu Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), tariki ya 27 Nyakanga 2021, rwafunze Umuyobozi muri HIGH SEC CO.LTD ushizwe abasekirite barinda ibitaro bya Gisenyi n’ ishuri rya E.S Gisenyi witwa Habimana Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko.
Leta ya Kenya yasinyanye amasezerano n’u Bwongereza azemerera abaforomo b’Abanyakenya badafite akazi n’abandi baganga gukorera mu Bwongereza.
Ku 25 Nyakanga 2021 nibwo umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza n’intumwa yari ayoboye batangiye uruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Malawi, ku ya 26 Nyakanga 2021, uwo muyobozi yagiranye ibiganiro na mugenzi we uyobora Polisi ya Malawi, Dr George Hadrian Kainja.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko burimo kwiga uko bwabonera ibyo kurya abaturage bashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo kubera ubwiyongere bwa Covid-19.
Bamwe mu ngimbi n’abangavu bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko babangamiwe n’itegeko ritabemerera kuba bakwijyana kwa muganga bagahabwa serivisi yo kuboneza urubyaro badaherekejwe n’ababyeyi, bakifuza ko byahinduka bakajya babikora ku giti cyabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Nyakanga 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ibi bikaba ari ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Umunyamuziki Ruhumuriza James uzwi nka King James, Muhire William uzwi nka K8 Kavuyo na Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo hamwe n’abandi bari kumwe, bafatiwe mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Inama nyunguranabitekerezo yahuje abanyamuryango ba Ferwafa yaganiriwemo zimwe mu mpinduka zishobora kuzakurikizwa muri shampiyona ziri imbere, harimo no kongera umubare w’abanyamahanga bakina shampiyona
Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yatangaje ko bagiye gukurikirana bakamenya abanyeshuri bagaragaje imyitwarire mibi bitwaje ko bashoje amashuri yisumbuye ndetse bakazahabwa n’ibihano.
Kuri uyu wa Gatanu mukino Olempike ubwo abanyarwanda batatu bahatanaga, nta n’umwe wabashije gukomeza mu kindi cyiciro
Hari abakora imirimo y’ubucuruzi mu mujyi i Huye bataha mu Murenge wa Mukura binubira kutemererwa gutambuka mu Murenge wa Tumba, washyizwe muri Guma mu Rugo.
Urukiko rwa Serengeti muri Tanzania, rwahanishije igifungo cy’imyaka 60 muri gereza, umugabo witwa Adamu Matera ufite imyaka 22, utuye ahitwa Remung’orori, nyuma yo guhamwa n’ ibyaha byo gufata ku ngufu no gutera inda umwana w’umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” Haruna Niyonzima yamaze gusubira mu ikipe ya AS Kigali nyuma yo gusoza amasezerano muri Young Africans yo muri Tanzania
Umutare Gaby wari umaze igihe atagaragara mu ruhando rw’abahanzi, yongeye kugaruka mu mwuga n’indirimbo nshya aheruka guhimba yitwa ‘Umuntu’, ikaba ivuga ku mugore we n’umwana wabo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Nyakanga 2021, ahagana saa sita z’amanywa u Rwanda rwashyikirije u Burundi abarwanyi 19 b’umutwe wa RED Tabara bafatiwe mu Karere ka Nyaruguru mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka ushize wa 2020 mu Murenge wa Ruheru, ku ishyamba rya Nyungwe.
INES-Ruhengeri yaje ku isonga muri Kaminuza zigenga mu Rwanda ku rutonde rw’isi, aho ikurikira Kaminuza y’u Rwanda.
Abikorera mu Karere ka Muhanga bari muri gahunda ya Guma mu Rugo barifuza ko isaha yo gufunga ya saa saba (13:00pm) yakwigizwa inyuma, kuko abakiriya baba bakibagana kandi hari ibicuruzwa bibahomberaho birimo ibyo kurya.
Beterave ni igihingwa kibarirwa mu binyabijumba n’ubwo ubusanzwe ari uruboga. Kuri beterave itukura ikunze guhingwa mu Rwanda, ari nayo iyi nkuru yibandaho, igice cyo hasi cyangwa se ikijumba cyayo ni cyo kiribwa, mu gihe hari n’ubundi bwoko bwa beterave buribwa amababi gusa.
Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hazenguruka amafoto n’amashusho bigaragaramo abana b’abanyeshuri bambaye imyenda y’ishuri baciye ku buryo bukomeye, abandi banyukanyuka amakayi n’uwagaragaye ayatwika, bitwaje ko barangije ibizamini bisoza amashuri yisumbuye.
Ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki 29 Nyakanga 2021, abaturage bo mu Mudugudu wa Rwagitanga batishoboye bahawe ibiribwa bibafasha muri gahunda ya Guma mu Rugo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 29 Nyakanga 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 965 bakaba babonetse mu bipimo 9,875. Abantu 11 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 787. Abitabye Imana ni bagore 2 n’abagabo 9.
Umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko yishwe n’abagize umuryango we bamuziza ko yambaye ipantalo y’ikoboyi (jeans) ubwo yari yitabiriye imihango y’idini, mu ntara ya Uttar Pradesh.
Abaturage bo mu Murenge wa Bugeshi mu tugari twa Buringo na Kabumba bateguye ibikorwa byo gufasha abaturanyi babo barwaye Covid-19 babahingira, kugira ngo batazasigwa n’igihe cy’ihinga.
N’ubwo hamaze kuba inama zitandukanye hagati ya ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda, ariko uko ibintu byari bimeze ngo ni ko bikimeze ntakirahinduka nk’uko Minisitiri Dr Vincent Biruta yabisobanuye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 29 Nyakanga 2021.
Abaturiye n’abitegura gukorera imirimo itandukanye mu gakiriro gashya k’Akarere ka Musanze, barishimira ko kagiye kubabera isoko y’imirimo, bibakure mu bukene baterwaga n’ubushomeri.
Bamwe mu baturage b’Akagari ka Musenyi, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, baribaza impamvu batagerwaho n’ibiribwa byagenewe abagizweho ingaruka na Guma mu Rugo, mu gihe ubuyobozi bwo buvuga ko abatoranyijwe bagomba kubihabwa byabagezeho.
Kalisa Sam, Umukuru w’Umudugudu wa Rubona Akagari ka Rwisirabo Umurenge wa Karangazi n’umuturage witwa Mutsinzi Steven, basabye urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kuburana bari hanze mu rubanza bakurikiranyweho gukubita umunyamakuru w’igitangazamakuru cyitwa Flash.