
Ni umukino wagombaga gutangira saa sita n’igice, ariko uza gukererwaho isaha irenga nyuma y’umukino wa shampiyona y’abagore wabereye kuri icyo kibuga ariko utangira utinze.
Marine FC yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 21 w’umukino gitsinzwe na Nahimana Amimu, nyuma yaho umunyezamu Kwizera Olivier yari akuyemo umupira ariko ntiwajya kure, Amimu ahita atsinda n’umutwe.

Ku munota wa 69 w’umukino, Marine FC yatsinze igitego cya kabiri cyatsinzwe na Ishimwe Fiston, nyuma y’umunota umwe gusa Ishimwe Fiston ahita atsinda n’icya gatatu.


Abakinnyi babanje mu kibuga
Rayon Sports:

Kwizera Olivier, Ndizeye Samuel, Mujyanama Fidele, Mitima Isaac, Niyigena Clement, Mugisha François, Manace Mutatu, Mico Justin, Steven Elu Manga, Muhire Kevin, Iranzi Jean Claude.
Marine:

Tuyizere Jean Luc, Dusingizemungu Ramadhan, Hakizimana Félicien, Rushema Chris, Hirwa Jean de Dieu, Ntakirutimana Theotime, Gikamba Ismaël, Ishimwe Fiston, Niyitanga Emmanuel, Nahimana Amimu, Ndayisenga Ramadhan.












Imikino yabaye kuri iki Cyumweru tariki 23-01-2022
Rayon Sports FC 0-3 Marine FC
Mukura VS&L 3-2 Musanze FC
Gasogi United 0-2 Etincelles FC
AMAFOTO: Niyonzima Moise
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Ubwo ni aho Rayon sport yagezaga. Amasoso ubwo yagaragaye uruhara ruri hafi!