Rugwiro Hervé wari ufungiye i Rubavu ararekuwe

Myugariro wa Rayon Sports n’Amavubi Rugwiro Hervé wari ufungiye i Rubavu amaze kurekurwa.

Nyuma y’ibyumweru hafi bitatu yari amaze afungiye mu Karere ka Rubavu, myugariro wa Rayon Sports Rugwiro Hervé amaze kurekurwa, akaba yashinjwaga gukoresha inyandiko mpimbano.

Rugwiro Hervé yarekuwe
Rugwiro Hervé yarekuwe

Ni umwanzuro washimishije abafana babarirwa muri mirongo bari mu cyumba cy’iburanisha, umucamanza akaba yemeza ko Rugwiro yakoze icyaha cyo kwambukiranya umupaka adafite urwandiko rw’inzira kandi binyuranije n’amategeko, ariko bitaba impamvu ituma akomeza kuburana afunze nk’uko yabisabiwe n’ubushinjacyaha.

Myugariro wa Rayon Sports yari agiye kumara ibyumweru bitatu afungiye i Rubavu
Myugariro wa Rayon Sports yari agiye kumara ibyumweru bitatu afungiye i Rubavu

Ubushinjacyaha burega Rugwiro Hervé ibyaha byo kwambuka umupaka nta byangombwa byemewe afite, nta n’uburenganzira bw’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka afite, icyakora umucamanza avuga ko ubucamanza butabiheraho ngo Rugwiro akomeze gufungwa cyangwa ngo bisabe umwishingizi kuko igihano gihabwa icyaha akurikiranyweho kitarenza imyaka ibiri.

Nyuma yo kurekurwa arakomezanya na bagenzi be urugamba rwo guhatanira shampiyona n'ibindi bikombe
Nyuma yo kurekurwa arakomezanya na bagenzi be urugamba rwo guhatanira shampiyona n’ibindi bikombe

Rugwiro Hervé Amadeus yafungiwe mu Karere ka Rubavu kuva tariki 17/12/2019, nyuma yo gufatirwa i Rubavu ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ubwo yambukaga agana mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Imana ishimwe kubw’umukinnyi wacu uvuye mu nkuta enye(4).

Hangiyaremye David yanditse ku itariki ya: 3-01-2020  →  Musubize

Imana ishimwe kubw’umukinnyi wacu uvuye mu nkuta enye(4).

Hangiyaremye David yanditse ku itariki ya: 3-01-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka