Abaturage b’Umudugudu wa Nkoma ya kabiri (Shimwapolo), Akagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi, barishimira ko babonye isoko rya kijyambere kuko ibicuruzwa byabo bitazongera kunyagirwa.
Abaturage b’Utugari twa Musenyi, Nyamirama na Nyagashanga mu Mmurenge wa Karangazi, barishimira amazi meza begerejwe kuko bagiye kujya bavoma ku mafaranga 25 ijerekani imwe, mu gihe ubundi ayo mu bishanga cyangwa ibidendezi by’amazi (Valley dams), bayaguraga kuri 200 ku batabashije kwigirayo.
Abayobozi b’Amasibo mu Murenge wa Karangazi bashyiriweho indangamanota igaragaza uko bagenda besa Imihigo kandi amanota bakayahabwa n’abaturage bayobora. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Mutesa Hope, avuga ko iyi ndangamanota iba iriho imihigo y’ubukangurambaga ireba Mutwarasibo (Umuyobozi w’Isibo) (…)
Cyarikora Rosette, umubyeyi w’imyaka 47 y’amavuko asubiye mu ishuri nyuma y’imyaka 30 atiga, ahubwo yita ku bana be batanu n’urugo rwe muri rusange ndetse akaba afite intego yo kwiga agasoza kaminuza.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe ivuga ko mu Karere ka Nyagatare mu Mirenge ine ihana imbibi na Uganda imaze gutera inkunga imishinga y’abagore bahoze bakora magendu, Amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni 35.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet aributsa abayobozi mu nzego z’ibanze ko gushyira umuturage ku isonga bikwiye kuba mu bikorwa aho kuba mu mvugo, bakabakemurira ibibazo kuko iyo bidakozwe vuba bibadindiza mu iterambere.
Ababyeyi mu Karere ka Nyagatare barasabwa kujya bohereza abana ku ishuri hakiri kare, kuko kubasibya no gutinda kubasubizayo bishobora kubaviramo guta ishuri.
Umuhuzabikorwa w’Urwego rwunganira Akarere ka Nyagatare mu gucunga umutekano Faustin Mugabo avuga ko n’ubwo bahura n’abaturage kenshi bari mu byaha, bitavuze ko babanga ahubwo ngo bakwishimira ko bafite imibereho myiza.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda bavuga ko kubura amikoro yo kubageza mu Bugenzacyaha no gusubika imanza z’ababahohoteye bituma ababahohoteye badahanwa.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali (BK), Dr Diane Karusisi, yemereye abikorera b’i Nyagatare imodoka mu gihe baba bashyize mu bikorwa umushinga mugari bafite wa Laboratwari igendanwa y’ubuvuzi bw’amatungo.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi, yasabye abaturage b’Akarere ka Nyagatare kwifashisha amahirwe bahawe bakaka inguzanyo z’ubuhinzi n’ubworozi kuko kuba bari ku kigero cya 0.3% ku nguzanyo zatswe mu Gihugu cyose ari nk’igisebo mu gihe Akarere gakungahaye mu buhinzi n’ubworozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buratangaza ko aborozi bagiye gutangira guhabwa imbuto y’ubwatsi bw’amatungo ku buntu, ariko bukanasaba aborozi kubutera ku bwinshi kugira ngo abakeneye imbuto bayibone bitabagoye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) igaragaza ko hari impungenge z’umukamo udahagije uboneka nyamara habura amezi atatu gusa ngo uruganda rutunganya amata y’ifu rutangire gukora.
Bamwe mu bahinzi bashinganisha ibihingwa byabo muri sosiyete z’ubwishingizi muri gahunda ya Tekana Muhinzi-Mworozi urishingiwe, barifuza ko mu gihe bahuye n’ibiza sosiyete z’ubwishingizi zajya zibishyura hakiri kare, kugira ngo bategure uko bazongera guhinga.
Ihuriro Nyarwanda ry’abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva (RNUD) barifuza ko ururimi rw’amarenga rwakwemerwa nk’ururimi rukoreshwa mu Gihugu ku buryo rwakwigishwa mu mashuri, bityo abafite ubu bumuga bakoroherwa mu guhabwa serivisi.
Umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri 2022, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku bikorwa byo gukumira ibiza, ahacukuwe imirwanyasuri izibira amazi kujya mu mirima ndetse abaturage basabwa kuzirika ibisenge by’inzu zabo no gufata amazi azivaho, kwita ku mibereho y’abageze mu zabukuru no kujyana ku ishuri abana bose bagejeje igihe (…)
Mu cyanya cyahariwe inganda mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, hashize amezi atatu hatangijwe uruganda rukora ifu ya kawunga, ariko kubera kutagira imashini yumisha umusaruro, ntirukora buri munsi.
Amakoperative abiri y’abahinzi b’umuceri n’ibigori yahuye n’ibiza kubera imvura nyinshi yaguye imyaka yabo ikarengerwa n’umwuzure, yashumbushijwe Miliyoni 12 n’ibihumbi 700Frw muri gahunda ya Tekana Muhinzi-Mworozi Urishingiwe kugira ngo abahinzi bazongere kubona ibishoro mu buhinzi.
Umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, Umurerwa Aisha, arasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere, gufatira urugero ku Murenge wa Mukama bakegera abafatanyabikorwa bakorera mu Mirenge yabo, kuko bafasha mu gukemura bimwe mu bibazo bikibangamiye abaturage.
Abakorerabushake b’umushinga Uburezi Iwacu 363 mu Mujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba ni bo bagenewe amagare azaborohereza ingendo mu gukurikirana amarerero y’abana ndetse n’ahandi hantu hari amasomero yagenewe abantu bakuru kugira ngo babashishikarize gusoma.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko ari inshingano z’ubuyobozi mu byiciro bitandukanye, gutanga serivisi nziza kandi ku gihe ndetse bikaba n’uburenganzira bw’umuturage kuyihabwa nta yandi mananiza.
Bamwe mu bahinzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bashobora kurara ihinga cyangwa bakarikerererwa kubera kubura imbuto y’ibigori ndetse n’ifumbire kuko bitaboneka neza.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Nzeli 2022, inka enye z’amajigija zo mu Mudugudu wa Nshuli, Akagari ka Rutare, Umurenge wa Rwempasha, zakubiswe n’inkuba zihita zipfa, bikaba byabaye mu mvura yaguye ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’igitondo.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Karama bavuga ko imikino yahuzaga Utugari mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, yarinze urubyiruko ingeso mbi harimo n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Abaturage b’Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bifuza iguriro ry’inyama (Butcher) rigezweho, kuko irihari ari rito kandi rikaba ritabereye ahantu hari umuhanda mwiza wa kaburimbo n’isoko rigezweho.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), ushinzwe kurinda no kurwanya indwara, Dr Albert Tuyishime, avuga ko ingamba zo kurwanya no kwirinda Malariya zashyizweho na Leta n’abafatanyabikorwa bayo, zatumye igabanuka ku kigero kiri hafi 90% mu myaka itandatu ishize.
Abacuruzi b’ibiribwa n’imyambaro mu Murenge wa Mimuli bari mu byishimo, nyuma yo kubakirwa isoko rya kijyambere rifite agaciro k’arenga Miliyoni 684Frw, mu gihe bari bamaze umwaka bakorera mu gishanga.
Imibare igaragazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) yerekana ko Akarere ka Nyagatare ubu gafite ingo nyinshi zamaze kubona amashanyarazi, yaba afatiye ku muyoboro rusange ndetse n’akomoka ku mirasire y’izuba.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Murekatete Juliet, avuga ko abatazirika ibisenge by’inzu zabo bigatwarwa n’umuyaga, batazajya bafashwa kuko baba bagize uruhare mu gusambuka kwazo.
Bamwe mu bagore mu Mirenge ya Rwimiyaga na Nyagatare bafite abana basambanyijwe bagaterwa inda, bavuga ko bakorerwa ihohoterwa n’abagabo babo bashinjwa kurera nabi nyamara bo bumva kurera byakabaye inshingano yabo bose.