Uwimana Jeannette wabaye Miss Innovation mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, agaragaza ko abagore n’abakobwa bafite ubu bumuga bajya bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo gufatwa ku ngufu hitwajwe ko batazabona uko batanga ikirego mu rukiko, kubera ko abahakora batazi ururimi (…)
Umukozi w’Umurenge wa Nyagatare ushinzwe Imiyoborere myiza, Nemeye Eugene, arasaba inshuti z’umuryango gukumira ihohoterwa n’amakimbirane mu miryango, kuko ari intandaro z’impfu n’ihohoterwa ry’abana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruravuga ko rukomeje iperereza rigamije kugaruza asaga Miliyoni 25Frw yibwe muri SACCO y’Umurenge wa Karangazi, igasaba uwaba afite amakuru yafasha mu iryo perereza kwegera Sitasiyo ya RIB imwegereye, cyangwa agahamagara umurongo utishyurwa wa 166.
Abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Karangazi, barimo umucungamutungo wayo n’umwe mu bari bashinzwe umutekano wayo, batawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) bakekwaho kwiba arenga miliyoni makumyabiri n’eshanu (25,400,000 FRW).
Twajamahoro Alphonse wo mu Kagari ka Nyarurema, Umurenge wa Gatunda mu Krere ka Nyagatare, avuga ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022, yatoranyijwe mu bagombaga guhabwa inka muri gahunda ya Girinka, yubaka ikiraro ku ideni birangira inka atayibonye, ariko akaba yahawe icyizere ko bagiye kuyimuha.
SACCO y’Umurenge wa Karangazi, SACCO Karangazi, yibwe hadaciwe urugi, idirishya cyangwa ngo batobore urukuta, batwara arenga 25,400,000Frw.
Sekamana Tharcisse uzwi ku izina rya Elias w’imyaka 40 y’amavuko, wo mu Mudugudu wa Kimaramu, Akagari ka Kamagiri, Umurenge wa Nyagatare, arakekwaho kwica umugore we amukubise inyundo mu mutwe, ahita ahunga ariko asiga urupapuro rw’irage ry’abana.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatille, yibukije abaturage batunze ibikoresho by’ikoranabuhanga bitagikoreshwa, kutabivanga n’indi myanda ahubwo babibika ahantu hiherereye, ubuyobozi bukabihakura bubijyana ahabugenewe.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, bavuga ko abagabo cyane cyane abifite bataye umuco ku buryo basigaye bubahuka abana babashukisha ibintu bagamije kubasambanya.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko n’ubwo ibyaha byambukiranya imipaka byagabanutse, ariko nanone hakwiye gushyirwa imbaraga mu bujura bw’inka nazo zambutswa umupaka, zikajyanwa mu bihugu by’abaturanyi.
Abinjiza inzoga ya kanyanga mu Rwanda n’abayicuruza imbere mu Gihugu by’umwihariko mu Ntara y’Iburasirazuba bakoresha amayeri atandukanye ku buryo binagorana kuyamenya, ariko Polisi ikavuga ko buri wese abigizemo uruhare, ibiyobyabwenge byaranduka burundu.
Nyinawurugo Rose, umwe mu bagore biteje imbere avuga ko agaya cyane bagenzi be birirwa bicaye, bategereje byose ku bagabo, kuko uwo muco wari uwakera kandi n’abawuhozemo bawuvuyemo basigaye bakora bagahuriza hamwe n’abagabo.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, avuga ko hagiye kujyaho uburyo bworohereza abagore gutunga telefone zigendanwa, hagamijwe kuzamura umubare w’abazikoresha no kubafasha gukoresha ikoranabuhanga.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko gukorera ku bipimo, ku ntego no ku gihe ari bimwe mu byatumye iyo Ntara iza ku isonga mu kwesa imihigo, ndetse n’Uturere tubiri twayo tukaza muri dutanu twa mbere.
Abaturage mu Karere ka Nyagatare barasaba nyobozi y’Akarere, kurushaho gukorana neza no gusuzuma ko ibyo bashinze umukozi runaka yabigezeho, ndetse no kurushaho kubegera kugira ngo bagumane umwanya wa mbere mu kwesa imihigo.
Ubwitange, gukora cyane n’imbaraga zose kandi igitutu kikuriho kikaba no ku bandi bakorana ndetse no gukorana neza n’abaturage, ni bimwe mu by’ingenzi byafashije ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare, bibahesha umwanya wa mbere mu mihigo y’Uturere ya 2021-2022.
Umuyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyabweshongwezi ya kabiri, Akagari ka Nyabweshongwezi, Umurenge wa Matimba, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Matimba akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 17 akanamutera inda.
Bamwe mu batuye mu bice umuhanda wa kaburimbo yoroheje, Nyagatare-Kanyinya-Kagitumba unyuramo, bavuga ko umusaruro wabo w’ibikomoka ku buhinzi watangiye kugira agaciro, kuko imodoka zibisangira iwabo mu ngo bitandukanye na mbere kuko bagurishaga abamamyi, ikindi ariko ngo uzanoroshya ubuhahirane.
Bamwe mu baturage batuye ahazakorera umushinga wa Gabiro Agri-Business Hub, bavuga ko biteguye inyungu kuri wo kuko bizejwe ko aribo ba mbere bazahabwa akazi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare gukemura bimwe mu bibazo bikiri mu cyanya cyahariwe ubuhinzi n’ubworozi cya Gabiro Agri-Business Hub, kugira ngo ibikorwa by’uyu mushinga byihutishwe.
Uwimana Vestine wo mu Mudugudu wa Humure, Akagari ka Nyakiga, Umurenge wa Karama, ari mu byishimo by’umwana we, Habanabakize Olivier, wari umaranye uburwayi bw’ingingo z’amagufa y’imbavu, imyaka 14, ubu akaba yarakize nyuma yo kuvurirwa mu Gihugu cy’u Buhinde ku bufatanye bw’Inzego za Leta n’abaturage b’Umurenge wa Karama.
Abacururiza mu isoko rito rya Rwentanga, Umurenge wa Matimba, bavuga ko batandukanye n’ibihombo bahuraga nabyo kubera gucururiza hasi, kuko imvura yagwaga ibicuruzwa byabo bikanyagirwa rimwe na rimwe bagahura n’igihombo.
Mu Karere ka Nyagatare tariki ya 14 Gashyantare 2023, hatashywe imidugudu itatu y’icyitegererezo yubakiwe imiryango 72, yimuwe ahakorera umushinga wa ‘Gabiro Agro Business Hub’.
Imiryango 240 yo mu Mirenge ya Karangazi na Katabagemu ibana mu makimbirane, igiye gufashwa kuyavamo binyuze mu mushinga ‘BAHO’ wa RWAMREC ku bufatanye na Care International, hagamijwe kugira imiryango itekanye kandi iteye imbere.
Abantu batatu bahitanywe n’impanuka y’ikamyo itwara gaz abandi batanu barakomereka barimo abanyamaguru n’abamotari, nyuma y’uko ihunze umumotari wari mu muhanda ikagonga abari munsi yawo.
Mu kwizihiza Umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu, mu Ntara y’Iburasirazuba hibanzwe ku gusura umuhora w’urugamba rwo kubohora Igihugu, kuremera abagize ubutwari bwo guhisha Abatutsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kwiyemeza kuba aba mbere mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza no muri Ejo Heza.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Rwimiyaga, Akarere ka Nyagatare, ku wa Kane tariki ya 26 Mutarama 2023, bashyikirije umukecuru Mukagasana Valerie w’imyaka 68 y’amavuko inzu, bamwubakiye ifite agaciro k’arenga miliyoni eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda.
Nyirasangwa Claudine wo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare Akagari ka Nyagatare, avuga ko umushinga wo gukora ibikomoka ku mpu umwinjiriza asaga ibihumibi 800 buri kwezi.
Bamwe mu baturage baguze ubutaka bwari bugenewe ubworozi bakabukoreraho ubuhinzi, bari mu gihirahiro kuko n’ubwo babukoresha batabufitiye ibyangombwa, kandi banabwiwe ko badashobora kubihabwa mu gihe batabukoreyeho icyo bwagenewe.
Ku wa gatanu tariki 13 Mutarama 2023, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umwarimu wigisha muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, witwa Kamali Yves w’imyaka 43 y’amavuko, akurikiranyweho icyaha cyo guta cyangwa gutererana abana.