Min.Nsengimana arasaba amadini gutoza urubyiruko ikoranabuhanga

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko mu myaka ibiri iri imbere serivisi nyinshi zizajya zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Minisitiri Nsengimana avuga ko usibye gusezeranya abagiye gushinga ingo, izindi serivisi zose zikenerwa zigiye kujya zifashisha ikoranabuhanga kugira ngo zibashe kwihutishwa kandi zitange umusaruro.

Minisitiri Nsengimana asaba urubyiruko n'ababyeyi kurenga uburezi bugamije kujijuka gusa ahubwo bakanitabira ikoranabuhanga.
Minisitiri Nsengimana asaba urubyiruko n’ababyeyi kurenga uburezi bugamije kujijuka gusa ahubwo bakanitabira ikoranabuhanga.

Minisitiri Nsengimana asaba urubyiruko n’ababyeyi gushishikarira gushora no kwiga ikoranabuhanga kuko abaritangiye bamaze kugera ku ntambwe ishimishije.

Agira ati “Nta muntu utaravukanye impano, ikoranabuhanga twarigezeho ariko hari abo mbona bagitegereje kandi iyo utihuse riragusiga”.

Minsitiri Nsengimana kandi asanga amadini atandukanye yakagize uruhare mu gutoza no kumenya ibijyanye n’ikoranabuhanga.

Urubyiruko ruvuga ko rwatangiye gukoresha ikoranabuhanga ariko rugikeneye ubufasha.
Urubyiruko ruvuga ko rwatangiye gukoresha ikoranabuhanga ariko rugikeneye ubufasha.

Akomeza agira ati “Mu myaka ibiri iri imbere Leta irateganya gutanga ibyemezo bitandukanye hakoreshejwe ikoranabuhanga, kuri terefone yawe, ibyo rero birasaba ngo twese tube twiteguye. Turasaba amadini gutegura sosiyete nshya kuko nta kindi kimenyetso kizatangwa”.

Ubwo Kigali Today yasuraga urubyiruko ruteraniye mu ihuriro ryarwo ritegurwa na Kiliziya Gaturika muri Diosezi ya Kabgayi, urubyiruko rwavuze ko rwiteguye gukoresha ikoranabuhanga kandi ko rwizeye ibyiza by’ikoranabuhanga.

Nzabahimana ukomoka muri Paruwasi ya Kinazi, avuga ko abasha kwiyandikisha mu bizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga kuri terephone bikaba byaramukuriyeho kujya gutonda imirongo no gukora ingendo bajya kwiyandikisha kure.

Atangiza Ukwezi k'Urubyiruko mu Karere ka Muhanga, Minisitiri Nsengimana, yasabye abanyamadini gufata iya mbere mu kwigisha ikoranabuhanga mu rubyiruko.
Atangiza Ukwezi k’Urubyiruko mu Karere ka Muhanga, Minisitiri Nsengimana, yasabye abanyamadini gufata iya mbere mu kwigisha ikoranabuhanga mu rubyiruko.

Minisiteri y’urubyiruko, yo isanga urubyiruko rukwiye kwiga ikoranabuhanga kuko mu myaka iri imbere ari rwo ruzaba rurikeneye cyane kurusha abazaba bageze mu za bukuru kandi ko kuryiga no kurikoresha bizatuma rubasha kwiteza imbere.

Kiliziya Gaturika, yanatangirijwemo Ukwezi k’Urubyiruko mu Ntara y’Amajyepfo, ivuga ko yiteguye gufasha urubyiruko nk’uko bisanzwe ariko ko na Minisiteri ibishinzwe yazayiba hafi.

Ephrem murindabigwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Twe abakecuru turerekeza he bahu,ko tutazashobora uvuduko wayo

Mado yanditse ku itariki ya: 10-11-2015  →  Musubize

nimwige ikoranabuhanga mwabanamwe mukiri bato dore muminsi irimbere ibintu byose bizaba ari ikorana buhanga gusa gusa

Kaneza yanditse ku itariki ya: 10-11-2015  →  Musubize

ikoranabuhanga ni ingenzi bityo udashaka ko rimusiga nagendane naryo rizamugirira akamaro

mudenge yanditse ku itariki ya: 10-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka