Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga butangaza ko impamvu Stade Régional ya Muhanga idacanirwa ku buryo yakwakira imikino ya nijoro, biterwa n’uko ibikoresha birimo amatara byazanywe gufasha muri iki gikorwa bihenze kubikoresha.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baravuga ko uko iminsi igenda ishira ariko barushaho kwiyubaka no kwiteza imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuba uwari Minisitiri w’Intebe kuri Leta yiyise iy’abatabazi, Jean Kambanda yarashikarije abaturage gukoresha imbunda muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 byatije umurindi ubwicanyi.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga bavuga ko bishyurijwe n’ubuyobozi amafaranga y’imitungo yabo yangijwe muri Jenoside ariko ntabagereho.
Abantu batandatu bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Muhanga bamaze kugezwa imbere y’inzego z’umutekano bakurikiranweho gutanga no kugurisha mu buryo butemewe, inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.
Ishyaka PARMEHUTU rya Gregoire Kayibanda ryavutse mu w’1957 ngo riza ku isonga mu kubiba amacakubiri mu banyarwanda.
Umukobwa w’umwangavu witwa Niyonagira Monique wa Minani Alexis amaze imyaka ibiri avuye iwabo ntawe abwiye kandi akaba ngo yaragiye nta byangombwa afite kuko indangamuntu ye yayisize iwabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko hari uburiganya buba hagati y’abayobozi n’abaturage, bikagira ingaruka mbi ku mitangire ya serivisi kuko usanga baba abayobozi baka ruswa, baba abaturage bamenyereye ko bagura serivisi bose baba batagamije inyungu rusange.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga Umurenge wa Rugendabari baragaya abahabwa inka muri gahunda ya girinka, bakarengaho bakazigurisha ubwabo cyangwa babifashijwemo n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rongi uhererey mu karere ka Muhanga baravuga ko barangije gutora perezida kagame kuri manda ya gatatu. Ibyo babihera ku kuba yarashoboye kugeza u Rwanda ku kuba igihugu gitekanye kandi kita ku iterambere ry’abanyagihugu.
Umugabo witwa Dusabamahoro Donath utuye mu Murenge wa Muhanga, Akarere ka Muhanga afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Muhanga kubera kwigomeka ku myanzuro y’Inkiko no guhungabanya umutekano.
Umuyobozi w’Umuryango CARSA wita ku isanamitima n’ubwiyunge Mbonyingabo Christophe aravuga ko ahereye ku buhamya bw’abagenda bakira ibikomere hari icyizere cyo kubaka ubwiyunge burambye.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga bavuga ko hari serivisi bishyura mu buyobozi ariko ntibahabwe inyemezabwishyu babizeza kuzazihabwa nyuma bikarangira bishyujwe ubwa kabiri.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku arasaba imbabazi abaturage bo mu Murenge wa kabacuzi bakoze muri VUP bagatinda kwishyurwa.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) irasaba abakozi barebwa n’itegeko ry’umurimo kurushaho guharanira uburengenzira bwabo ku kazi, aho kurengana bakabyihorera.
Bamwe mu baturage bo mu Tugari twa Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, na Ruri mu Murenge wa Shyogwe baravuga ko batewe ubwoba n’umutekano muke urangwa mu Gishanga cya Rugeramigozi aho iyi mirenge yombi ihana imbibi.
Umusaza Murihano Faustin utuye mu Murenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga avuga ko abana yabyaye ku mugore wa mbere basigaye bamutera hejuru kubera ko yazanye undi mugore.
Cooperative Umwalimu SACCO iratangaza ko igiye gutangiza uburyo bushya bwo guha abanyamuryango bayo inguzanyo biciye mu mishinga yabo bwite bazajya bakora ibyara inyungu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame aratangaza ko niba nta gikozwe amazi ya Nyabarongo avanze n’ibitaka byinshi ashobora kugira ingaruka mbi ku rugomero rw’amashanyarazi rumaze kuzura.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije n’Isonga iri ku mwanya wa nyuma ubusa ku busa, mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Sitade ya Muhanga.
Ikigega gishinzwe kwita ku bidukikije mu Rwanda (FONERWA) cyatanze miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda ngo azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ahanini kwita ku nkengero z’Umugezi wa Nyabarongo.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse utuye mu Mudugudu wa Nyarucyamo II, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye yaraye akubiswe ahinduka intere, afatiwe mu ishuri riri muri uwo mudugudu ryitwa Gahogo Adventist Academy arimo kwica inzugi ngo yibe mu bubiko bw’iryo shuri.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka aratangaza ko mu gihe abanyarwanda bakomeza kwiyumvamo amoko y’ubuhutu n’ubututsi badateze gutera imbere, kuko iturufu y’ubwoko ariyo yakomeje kumunga ubunyarwanda no kubwangiza ari nako yangiza ejo heza h’abanyarwanda.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Mudugudu wa Nyarutovu, Akagari ka Gitarama, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga bavuga ko abana babo batiga amashuri y’inshuke kuko nta bushobozi bwo kubarihirira bafite.
Abanyamuryango ba Sendika (syndicat) Ingabo, umuryango w’abahinzi borozi bo mu Ntara y’Amajyepfo, barashinjanya kuba nyirabayazana w’amadeni no kunyereza umutungo byagaragaye, ndetse ngo abaterankunga bawo bakaba barahagaritse ubufasha babageneraga.
Abahinga mu nkengero z’igishanga cya Rugeramigozi barinubira kuba barahatiwe guhinga ibitunguru mu mirima bari basanzwe bahingamo ibigori n’ibishyimbo, bakaba bavuga ko batizeye niba bazabona amasoko y’ibitunguru mu gihe ibigori bari bamaze kumenya kubibyaza umusaruro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Munyatwali Alphonse aratangaza ko imikorere mibi kuri bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze idaterwa n’amikoro makeya, n’ubwo hari abayagira urwitwazo bagatanga serivisi mbi ku bo bashinzwe kuyobora.
Minisiteri y’Umutungo Kamere iratangaza ko abaturage bose bibarujeho ubutaka bwa Leta bagiye gukurikiranwa bakabwamburwa, kuko ngo byagaragayeko hari n’abaturage bari baramaze guhabwa ibyangonbwa bya burundu by’ubutaka butari ubwabo basahuye Leta.
Nyuma y’uko Kigali Today itangaje inkuru y’umugabo witwa Uwiragiye Redepta bita Kazindu utuye mu Kagali ka Ruli mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga wagendaga yicaye kubera indwara y’amavunja, ubuyobozi bw’umurenge atuyemo bwaramuvuje ku buryo ubu yatangiye kugendesha amaguru nk’uko yari asanzwe.
Abadepite mu Nteko ishinga amategeko barasaba abayobozi b’imirenge, utugari n’imidugudu mu Karere ka Muhanga kwiminjiramo agafu bagasanga abaturage bakabakemurira ibibazo ku gihe, kuko ngo iyo umuturage atibona mu muyobozi gahunda za Leta zihadindirira.