Bamwe mu bahabwa amafaranga y’inkunga y’ingoboka bo mu Karere ka Muhanga babashije kwizigamira babikesheje iyi nkunga ubundi bari bahawe ngo ibatunge baravuga ko biteje imbere nyuma yo guhitamo kuyibyaza umusaruro bibumbira mu matsinda yo korora cyangwa ubuhinzi bwa kijyambere aho kuyashyira mu gifu gusa.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga rwahawe amahugurwa n’umuryango JOC wita ku rubyiruko rw’abakristu mu Rwanda, ruravuga ko kuba hari abirirwa bicaye bategereje inkunga za leta mu kwihangira imirimo biteza idindira mu iterambere.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi aratangaza ko hagiye gushyirwaho uburyo bushya bwo guhugura abakozi ba Leta hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iya kure, (E Leaning) aho kujyabakora ingendo bajya mu kigogishizwe imicungire y’abakozi ba Leta.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko umuti Leta y’Ubumwe yabavugutiye n’ubwo waruraga cyane bihanganye bakawunywa ukaba ari wo watumye bagira amahoro kuko babashije kwiyunga n’ababahemukiye.
Ubuyobizi bw’akarere ka Muhanga bwari buherutse gukorana inama kuri gahunda yo kunoza umuganda hemezwa ko abatwara imodoka ku munsi w’umuganda bazafatwa bagahanwa ari nabyo byashyizwe mu bikorwa.
Itsinda ry’abasenateri ryari rimaze iminsi 10 risura ibikorwaremezo by’Umujyi wa Muhanga n’ibyaro, riravuga ko n’ubwo iterambere rigenda ryiyongera mu Karere hagikenewe byinshi byo gushyirwamo imbaraga.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga barasaba abiyamamaza ku mwanya wa Senateri ugomba gusimbura uwahoze ari Senateri Bizimana Jean Damascene yazita ku mategeko atakigendanye n’igihe no gushishoza ku mategko ashobora kugira ingaruka zitari nziza ku baturage.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Muhanga baranenga uburyo hari zimwe mu nyongeramusaruro zibageraho zipfunyitse mu buryo butujuje ubuziranenge.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko amatsinda ya twigire muhinzi adakora neza mu Karere ka Muhanga, mu gihe yagiyeho agamije gufasha kongera umusaruro.
Polisi ikorera mu Karere ka Muhanga iratangaza ko abanyonzi bagiye kujya bahanwa nk’abandi bose bica amategeko yo gutwara ibinyabiziga, kuko ngo nabo batwara ibinyabiziga kandi bakoresha umuhanda mu kazi kabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abahagarariye ibyiciro by’imirimo ikorerwa mu bigo bikorera muri ako karere birimo amabanki, amakompanyi atwara abagenzi n’abatwara za Moto ndetse n’abandi bafatanyabikorwa mu iterambere, bashyizeho uburyo bushya bwo gukora umuganda hagamijwe kuwongerera agaciro.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwsuku aravuga ko imyubakire yo mu cyaro ku batuye amanegeka ihangayikishije kuko umubare munini w’abagomba kwimurwa mu manegeka badafite ubushobozi bwo kwiyimura.
Umuyobozi wa Hoteri Sprendid, imwe rukumbi iri mu Mujyi wa Muhanga, avuga ko impamvu Muhanga idatera imbere mu by’amahoteri biterwa no kuba ibiciro leta igenera abajya muri za misiyo (Mission) birimo ubusumbane ku buryo bigoye gutinyuka gukorera misiyo i Muhanga.
Bamwe mu bamotari bakorera mu Karere ka Muhanga baratunga agatoko amakoperative yabo kuba ba nyirabayazana mu gutuma hari abatwara moto batagira impushya zabugenewe.
Abantu babiri bitabye Imana undi umwe akomeje kuburirwa irengero nyuma yo kurohama mu mugezi wa Nyabarongo, igice giherereye mu Murenge wa Kibangu, mu Kagari ka Gitega, Umudugudu wa Gasarara.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abayobozi b’uturere n’abafatanyabikorwa mu bikorwa bikorerwa ku butaka kwitondera ibikorwa byo kubaka amazu ku butaka buhingwaho mu rwego rwo kwagura ibishushanyo mbonera by’imijyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko kuba harashyizweho gahunda y’amarushanwa “Amashuri Kagame Cup” bizafasha abana bakiri bato kugaragaza impano zabo, no guca ukubiri no guhaha abakinnyi hanze y’igihugu bagakina mu Rwanda.
Umunyamategeko muri Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenodie CNLG, Ndahigwa Jean Louis, avuga ko hakiri abantu banga gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 kubera gutinya bagenzi babo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga buratangaza ko, ku bufatanye n’abaturage, bwahigiye ko nta muntu uzongera kwicwa ku maherere muri uyu murenge ahotowe.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kabgayi biri mu Karere ka Muhanga arasaba Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) kugira icyo ikora kugira ngo umubare w’ababyaza wiyongere, bityo ibitaro bibashe kurushaho gutanga serivisi nziza ku babyeyi babyarira kwa muganga.
Urwego rwa DASSO mu Karere ka Muhanga rwagaragaje ko imirenge ya Nyamabuye, Shyogwe, na Muhanga ikora ku Mujyi wa Muhanga ari yo iza ku isonga mu kugira ibyaha bihungabanya umutekano.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku arasaba abakozi kujya bashyira gahunda mu kazi bakubahiriza amasaha y’akazi ariko bakanibuka ko gukora amasaha y’ikirenga bishobora kwangiza akazi aho kugakora neza.
Umuyobozi wa Seminari nkuru ya Kabgayi, Padiri Kayisabe Védaste aratangaza ko kuba hari abakozi bakora bafite akajagari mu kazi ari byo bituma batagera ku musaruro ushimishije.
Abayobozi batandukanye barasaba abaturage batuye ahari amateka yihariye kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 kujya bagaragariza abayihakana ko bo ubwabo babyiboneye n’amaso, kandi amateka n’amakuru nk’ayo akandikwa akabikwa kugira ngo atazibagirana.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CSP Mukama Simon Pierre, aratangaza ko nyuma y’uko inzego z’ibanze mu Karere ka Muhanga zisinyanye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’igihugu muri iyi ntara, urwikekwe hagati y’abaturage n’inzego zishinze umutekano by’umwihariko urwa Polisi rwagabanutse.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko ikibazo cy’imiturire kiza ku isonga mu byamugoye kuva muri 2008 ubwo yatangiraga kuyobora Akarere ka Muhanga.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka arasaba abanyarwanda by’umwihariko abikorera bo mu Karere ka Muhanga kugaragariza Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, icyo bazamufasha mu iterambere naramuka yemeye kongera kwiyamamariza indi Manda.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta arasaba abanyarwanda bose kujya bibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 kuko nta n’umwe itagizeho ingaruka.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana Fortuné aratangaza ko igenamigambi ry’ibigo nderabuzima ritagomba gushingira ku guca za taburo (imbonerahamwe) z’ibiteganywa gukorwa gusa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Nyarusange bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kwibumbira muri Koperative “Twisungane babyeyi” bahereye ku gishoro cy’amafaranga 50 buri muntu, none ubu bakaba bageze ku mutungo wa miliyoni eshanu.