Minisiteri y’Ubutabera yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga, IECMS, buzifashishwa mu koroshya servisi ahanini zijyanye n’ubutabera n’iz’ibindi bigo bitanga amakuru.
Umuryango "Uwezo Youth Empowerment" w’urubyiruko rufite ubumuga urasaba abatanga akazi kubagirira icyizere mu itangwa ryako kuko na bo bashoboye.
Gereza irimo kubakwa i Mageragere mu karere ka Nyarugenge izaba yubahirije ibipimo mpuzamahanga bituma abagororwa bisanzura bakabaho neza.
Ibizamini byo gushaka ibimenyetso simusiga bikenerwa mu manza nshinjabyaha byajyaga bikorerwa ahanini mu Budage bigiye kujya bikorerwa mu Rwanda.
Umuhinzi w’intangarugero Mugemana Venuste avuga ko urutoki rwe rugiye kujya rumwinjiriza nibura ibihumbi 500 buri kwezi mu gihe cy’umwaka.
Minisitiri Busingye Johnston yabwiye abanyamategeko badakurikirana ngo bagaruze ibyo Leta iba yatsindiye mu manza ko umwaka utaha batazongera kwihanganirwa.
Muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu besnhi berekeza mu turere tunyuranye kwizihiza iminsi mikuru ariko kubona imodoka byababereye ingume.
Minisiteri y’Ubutabera itangaza ko Leta yahombye miliyari 126 muri 2014, kubera amasezera yakozwe nabi n’adakurikiranwa bikayishora mu manza.
Mu Gushyingo 2015 Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko yahawe inshingano zo kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kuko atari akijyanye n’ibyaha bihari.
Abafite imodoka zitwara abagenzi zashyizwemo utwuma tugabanya umuvuduko "Speed Governor" bavuga ko tuzangiza mu gihe RURA ivuga ko ari urwitwazo.
Nyuma yo kwemererwa gutora batari kuri lisiti y’itora bahisemo kwigurira impapuro ngo babandikire icyangombwa kibibemerera ntibatahire aho.
Abimuwe ahashenywe mu Murenge wa Muhima bitabiriye gutorera aho bahoze ari na bwo bafashe amakarita y’itora kuko batarimurwa kuri lisiti.
Kubera akamaro kayo, REMA igiye kwagura gahunda yo kwita ku bidukikije mu mashuri igere mu bigo byose mu gihe yakorerwaga mu bigo bike.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.
Sosiyete sivile Nyarwanda ivuga ko ikibangamiwe n’abayitera inkunga barangiza bakanayitegeka uko igomba kuyikoresha batitaye ku byo iba yateguye gukora.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko bugomba gukora ibirenze iby’abandi mu kurwanya SIDA kuko ari wo ufite umubare munini w’abanduye.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umuryango AVEGA Agahozo umaze, abanyamuryango bawo bavuga ko bigejeje kuri byinshi babifashijwemo nawo.
Abakozi bo mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa muri Burukina Faso batangaza ko uburyo RCS icunga amagereza byakagombye kubera urugero ibindi bihugu.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imali cya Zigama CSS butangaza ko muri 2020 buzaba bufite imali igera kuri miliyari 470 bitewe n’izamuka igaragaza.
Ihererekanya ry’ubutaka mu gihe cyashize ryajyaga rimara imyaka ibiri cyangwa ikarenga none ubu ngo rigeze aho rikorwa mu munsi umwe.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Ikigega cy’Ubukungu cya Koweti (KFAED) cyagurije u Rwanda amadolari y’Amerika miliyoni 15 azifashishwa mu gukora umuhanda Rukomo-Nyagatare, ugashyirwamo na kaburimbo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Transparancy Internatinal Rwanda (TI-Rw) kuri ruswa mu mwaka wa 2015, bwagaragaje ko hari ruswa mu byiciro binyuranye by’amashuri mu Rwanda.
Abanyeshuri 14 bo mu ishuri rya gisirikare rya Kenya (NDC) bari mu ruzinduko rugamije kwiga uko ingabo z’u Rwanda zicunga umutekano.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa FPR Inkotanyi yatangaje ko ibizava muri Kamarampaka (Referendum) ari cyo gisubizo cy’abashaka ko akomeza kuyobora.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero Rucagu Boniface, yemeza ko ubwitange ari bwo bwaremye u Rwanda, burarubohora, burarwubaka buruhesha n’agaciro.
Abahesha b’inkiko 100 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, basabwe kudasiganira kurangiza imanza kuko biri mu bizitinza.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside AVEGA Agahozo, urizihiza imyaka 20 umaze ubayeho, ukishimira ko abanyamuryango bawo bahagaze kigabo mu ngo zabo.
RRA yafashe abakekwaho gushaka kunyereza imisoro ya miliyoni 70Frw, bakoresheje akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) k’umucuruzi wo mu mujyi wa Kigali.
Mu rwego rwo gukumira impanuka, Polisi y’u Rwanda ivuga ko imodoka z’inyamahanga ziza mu Rwanda zigomba kuba zarakorewe contrôle technique.