Akarere ka Nyarugenge kiyemeje guca abazunguzayi bagera ku bihumbi bitanu biganje mu gace ka Nyabugogo, kabashyira ahantu heza hatandukanye ho gukorera.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, itangaza ko guhera ku wa 1 Nyakanga 2016 buri muntu uzasanganwa virusi itera SIDA azahita ashyirwa ku miti, haherewe ku bafite ubwandu ubungubu ibihumbi 17.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangaza ko ubukene mu Rwanda bwagabanutseho 6.9% kuva muri 2011 kugeza muri 2014.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwipimisha nubwo baba batarwaye mu rwego rwo kwirinda indwara zitandura kuko zica iyo zivujwe bitinze.
Abaturage b’Umudugudu w’Iterambere mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bamurikiwe amazi meza azabarinda aya Nyabarongo ngo yabatezaga indwara.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Bamwe mu batujwe mu Mudugudu wa Bumbogo mu Murenge wa Bumbogo muri Gasabo ngo bababazwa no kudacana umuriro w’amashanyarazi nk’abandi.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko kugira ngo ugire abaturage beza bafitiye igihugu akamaro ubategura bakiri abana.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), irasaba abakora mu by’ubwishingizi kongera umubare w’ababagana kugira ngo ibiciro byabwo bigabanuke n’igihugu kihazamukire.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) gitangaza ko umusaruro mbumbe w’igihugu(GDP) wazamutseho 7.3% mu gihembwe cya mbere cya 2016 biturutse ahanini kuri serivisi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko igiye gutanga miliyoni esheshatu z’inzitiramibu mu guhangana na malariya idahwema kwiyongera.
Ubushakashatsi bwerekanye ko kwambura ubumuntu abantu runaka ubita amazina abatesha agaciro ari yo ntangiriro ya Jenoside kuko n’ababica bumva ntacyo bishinja.
Bamwe mu batishoboye bo muri Gasabo biruhukije nyuma yo gushyikirizwa inzu 22 bubakiwe, kubera igihe kinini bavuga ko bari babayeho nabi.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko kuva ibigo byamenya agaciro k’abanyamategeko babyo byatanze umusaruro kuko imanza Leta itsinda zazamutseho 7%.
Umujyi wa Kigali urasaba abafundi bibumbiye muri sendika yabo (STECOMA) kuwufasha kubahiriza igishushanyo mbonera cyawo hagamijwe guca akajagari mu myubakire.
Bamwe mu bacuruzi baciriritse ntibaramenya iby’ikoreshwa ry’akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kandi muri bo hari abagombaga kuba bagakoresha.
Abagize Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF), baravuga ko kongerera ubushobozi abashinzwe ubutabazi bwo mu mazi, bizabafasha mu kurokora ubuzima bw’abarohama.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka inyubako nshya kazakoreramo ijyanye n’igihe, ikazatuma servisi batangaga ziba nziza kurushaho kubera ko n’abakozi bazaba bafite ubwinyagamburiro.
Abanyarwanda basaga miliyoni imwe n’ibihumbi 400 bangana na 16% by’Abanyarwanda bose, bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batagira inzu ndetse bakaba barya bigoranye.
Umuryango w’Urubyiruko ruteza imbere Imiyoborere Myiza na Demokarasi (RGPYD), uratangaza ko gutoza urubyiruko imiyoborere myiza birurinda kujya muri politiki y’urwango yoreka igihugu.
Umuyobozi wa Transparancy International Rwanda (TI), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko abaka ruswa akenshi baba bahagarariye Leta, bigatuma bayangisha abaturage.
U Rwanda na Turkey byongeye umubano hagati yabyo bishyira umukono ku masezerano y’imikoranire no koroshya imigenderanire hagati y’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko udukiriro tuzafasha Leta kugera ku ntego yiyemeje yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka kuko duha akazi benshi.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rwezamenyo rwavuye Iwawa rwashinze koperative y’ububaji bahurizamo ibitekerezo n’ubumenyi batahukanye, bakabasha gukora imirimo ibabeshaho
Abakorera mu gakiriro ka Gahanga barataka igihombo batezwa na bagenzi babo bagikorera aho bari mbere kandi ibyo bacuruza ari bimwe.
U Rwanda rugiye kurwanya ibikoresho binyuranye bigasohora imyuka ihumanye, bigatera ihindagurika ry’ikirere, kuko ari byo nyirabayazana w’ibiza bikomeza kwiyongera.
Umuryango Nyafurika Ushinzwe Ubuziranenge (ARSO) urasaba abatuye isi kudasuzugura imiti gakondo kuko ngo ivura ikanaba ishingiro ry’iya kizungu.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga muri Afurika (ID4Afrika) bavuga ko iyi ndangabuntu izafasha ibihugu kumenya no gukurikirana abakora ibyaha bagatoroka.
Mu Rwanda hagiye kuba inama mpuzamahanga yo gukangurira ibihugu bya Afurika kwitabira gukoresha indangamuntu zikoranye ikoranabuhanga, kuko hari byinshi yakemura.