Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), iravuga ko ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi kugira ngo gikemuka burundu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isanga gutoza urubyiruko iby’imiyoborere bakayikurana, byabafasha kuzavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Imirire mibi mu Rwanda yagabanutse kuva ku kigero cya 51% muri 2005 kugera kuri 38% uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’imibare iheruka.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Pan Hejun, aratangaza ko igikorwa cyo kwagura Ibitaro bya Masaka icyo gihugu cyemereye u Rwanda nk’inkunga, kizatangira umwaka utaha wa 2017.
Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba, avuga ko guha imbabazi utazigusabye kubera ko acyinangiye, bituma uruhuka umutima.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko igiye gushora imali mu bwishingizi ihereye ku rwunguko yagize umwaka ushize, abanyamigabane bayo bakomeze kunguka.
Intumwa yihariye y’Ubuyapani mu Muryango w’abibumbye, Amb Seiichi Kondo, avuga ko Umuryango w’Abibumbye utakoze icyo wagombaga gukora mu Rwanda mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo kuko ngo udahari n’iterambere ritashoboka.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho avuga ko u Rwanda nirutangira gukoresha drones (utudege duto), ubutabazi buzajya bugera ku babukeneye byihuse.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko imanza zijyanye n’ihohoterwa rikorerwa igitsina gore zicibwa ariko indishyi ngo ntizigera ku bahohotewe nk’uko byakagombye.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko baterwa inkeke n’iyo akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kagize ikibazo kuko bahagarika gucuruza, mu gihe RRA ivuga ko hari ubundi buryo bwakwiyambazwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Fidèle Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kizaba kizagera kuri 95% mu mwaka wa 2017.
Bamwe mu bikorera bo mu gace ka Nyabugogo bavuga ko ifungwa ry’imihanda iza mu mujyi wa Kigali ryabateje igihombo kubera kubura abakiriya.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali - Muhanga ufunguriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Gicurasi 2016, kugenda na byo byabaye ingorabahizi bitewe n’umubare w’abantu benshi bari baraye ku Ruyenzi na Kamuhanda mu Karere ka Kamonyi, bifuzaga kwambuka Nyabarongo ngo bagere i Kigali.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, avuga ko hari politiki iri gutegurwa izorohereza inganda z’imyenda zo mu Rwanda kugira ngo zigabanye ibiciro.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko gukora igenamigambi abo rireba bose batabigizemo uruhare bigorana kurishyira mu bikorwa.
Umuyobozi w’Ishuri Ryisumbuye rya Ruhanga mu karere Ka Gasabo, Rubaduka Eugène, avuga ko ibikorwa abana bagizemo uruhare barushaho kubirinda icyabyangiza.
Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga y’Abalayiki b’Abadivantisiti (UNILAK), Dr Ngamije Jean, asaba abanyeshuri gukoresha ubumenyi bafite bagatanga ubutumwa bwo kurwanya Jenoside.
Abanyasudani y’Amajyepfo bari mu ruzinduko mu Rwanda basuye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge bashima imikorere yacyo kuko ngo irimo ubuhanga.
Polisi y’Igihugu yerekanye abapolisi babiri bafatiwe mu cyuho bakira ruswa mu masaha y’ijoro ubwo bari mu kazi k’umutekano wo mu muhanda.
Minisiteri ya Afrika y’Iburasirazuba (MINEAC) irakangurira abikorera bo mu Rwanda kwagurira ibikorwa byabo muri Sudani y’Amajyepfo kuko hari isoko rigari.
Minisitiri w’Umurimo n’abakozi ba Leta, Uwizeye Judith, avuga ko ubushomeri bwagabanutse akurikije imibare y’ibarura (EICV) ryagaragaje ko bwavuye kuri 2,3% bugera 2%.
Abafite ingengabitekerezo ngo si benshi ariko batarwanyijwe yakwirakwira mu Banyarwada, kuko igereranywa n’uburozi bwica imbaga ari buke.
Abahanga mu buvuzi bwibanda kuri malariya bavuga ko igihugu gishobora kuyirwanya ariko ibihugu bituranyi bitabikoze ngo nta cyo biba bimaze.
Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta, Uwizeye Judith araburira abakoresha abana batarageza imyaka y’ubukure kuko ngo binyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abanyamyuga bagikorera hirya no hino gusanga abandi mu Gakiriro ka Gahanga bitarenze tariki 22 Mata 2016.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyahwituriye abanyamahoteri kunoza imikorere mu nzego zose kugira ngo bongere ubwiza bwa servisi batanga.