U Bwongereza n’u Rwanda byahuriye ku kibazo cy’u Burundi

Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.

Minisitiri James Philip Duddridge, yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uwu wa 16 Ukuboza 2015, aho ibyo yabajijwe byibanze ku kibazo cy’u Burundi.

Minisitiri Duddridge avuga ko mu Rwanda kubera ikibazo cy'Uburundi.
Minisitiri Duddridge avuga ko mu Rwanda kubera ikibazo cy’Uburundi.

Avuga ku mpamvu ari mu Rwanda, Minisitiri Duddridge, yagize ati "Mu Rwanda hari impunzi nyinshi z’Abarundi, hari kandi n’abanyapoliti b’Abarundi bahari, iyi ni yo mpamvu nyamukuru yanzanye kugira ngo nganire n’abayobozi uko iki kibazo cyarangira bagataha".

Akomeza avuga ko u Rwanda nka kimwe mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kandi gifite amahoro, gishobora gutanga inama zagenderwaho mu gukemura ikibazo cy’Uburundi cyane ko ngo hari bamwe mu batavuga rumwe na Leta y’iki gihugu bari mu Rwanda.

Yongeraho ko yaje mu Rwanda aturutse mu gihugu cya Uganda, aho yaganiriye kuri iki kibazo na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, nk’umuhuza w’Abarundi kuva imyivumbagatanyo yatwaye ubuzima bw’abantu benshi yatangira mu Burundi.

Bamwe mu banyamakuru bari bari muri icyo kiganiro.
Bamwe mu banyamakuru bari bari muri icyo kiganiro.

Minisitiri Duddridge yavuze ko yaganiriye n’abayobozi b’u Rwanda ku bintu bitandukanye birimo bizinesi cyane ko ngo abona ari igihugu cyiza cyo gushoramo imari.

Ku bijyanye n’imibanire hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza, yavuze ko nubwo wajemo igitotsi mu minsi ishize, ubu umeze neza muri rusange.

Nyuma yo gusura u Rwanda na Uganda, Minisitiri Duddridge azakomereza urugendo rwe mu Burundi aho ngo azaganira na Perezida Pierre Nkurunziza, ku bibazo bimaze iminsi mu gihugu cye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ni ukuri ibibera mu baturanyi birababaje pe nk’abaturanyi bitugaragariza ko ibiri kuba biganisha kuri Genocide Nyakubahwa Uturangaje imbere Intore izirusha intambwe turabinginze niba hari icyakorwa gikorwe mu maguru mashya kuko ibyo ikiremwa muntu gikorerwa hariya birarenze.

Alias yanditse ku itariki ya: 17-12-2015  →  Musubize

Nyabuneka Turagusaba Bwana Nyakubahwa Ko Wafasha Abaturanyi Babarundi Kuko Ntahandi Bizeye Ubufasha Butavuye Mu Rwanda.

Henrie Miguel yanditse ku itariki ya: 17-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka