Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwakatiye Oswald Rurangwa uregwa ibyaha bya Jenoside igihano cyo gufungwa burundu, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside, icy’ubufatanyacyaha muri Jenoside n’icyaha cyo gushishikariza abantu mu buryo buziguye cyangwa butaziguye gukora Jenoside.
Intebe y’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera, asanga imvugo ikoreshwa uyu munsi yo ‘gukora umuganda’ idakwiye, ahubwo ko imvugo ikwiye inafite inkomoko mu muco nyarwanda ari ‘gutanga umuganda’, bityo ko ku cyifuzo cye byahinduka.
Abasenateri batandukanye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bagarutse ku mibare ikunze kugaragazwa y’ibyakozwe mu muganda, aho bayikemanga kuko ngo ikunze kuba iri hejuru ugereranyijwe n’ibigaragara byakozwe, bagasaba ko uburyo bibarwamo bwasubirwamo.
Umuyobozi mushya akaba n’umuvugizi w’Itorero ry’Ivugabutumwa ry’Inshuti mu Rwanda (EEAR), Rev Sekanabo Jean Paul, avuga ko muri manda y’imyaka itanu agiye kuyobora iri torero, azashyira ingufu mu gufasha abatishoboye nubwo bari basanzwe babikora, aho avuga ko bazabishyurira Mituweli, bubakire abadafite amacumbi n’ibindi (…)
Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph Nsengimana, avuga ko kugabanuka kw’abanyeshuri basibira mu ishuri bitavuze kwimura abatatsinze, ahubwo ari uko bize neza bagatsinda, hakimuka benshi.
Hirya no hino ku mavuriro, haba ku bigo nderabuzima ndetse no ku bitaro, hagaragara imirongo miremire y’abarwayi baba baje kwivuza, bikababangamira kubera kuhamara igihe kinini batarakirwa, haba n’aho bamwe bataha bakazagaruka bukeye, gusa iki kibazo ngo kiraza gukemuka bidatinze.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kuzamura urwego rw’Ubuzima, aha ikaba irimo gukomeza kongera umubare w’abakozi b’urwo rwego, ihereye mu mashuri.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaganye abihisha inyuma y’amadini n’amatorero bakambura abaturage, akenshi biyita ibyo batari byo, avuga ko ibyo bidakwiye mu Rwanda.
Nicki Minaj, umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Rap, yajyanywe mu nkiko, ashinjwa kutishyura Amadolari ya Amerika 275,000 bivugwa ko yakoreshejwe mu gutegura ibitaramo bye.
Igihugu cya Iran cyahakanye iby’uko cyaba kiri mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Perezida Donald Trump avuze ko byabaye ndetse bikaba byaratanze umusaruro mwiza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye kugaruka ku mitangire mibi ya serivisi ikirangwa ahantu hatandukanye mu Rwanda, aho hakiri abatanga serivisi bakibwira abazisaba ngo ‘bibwirize’, akavuga ko iyi mikorere yagombye gucika burundu.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026, abayobozi mu nzego bwite za Leta ndetse n’abo mu nzego z’ibanze, bahuriye mu nama yiga ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’Igihugu, ikaba ari inama ifite insanganyamatsiko igira iti “Umuturage ku Isonga”.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora gutera no gusenya ingomero z’amashanyarazi za Iran, mu gihe icyo gihugu cyaba kitarafungura umuhora wa Hormuz mu masaha 48, kugira ngo amato atwara ibicuruzwa yongere gutambuka nta nkomyi, kuko ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli ndetse na gaze (…)
Ubundi abantu bazi ko habaho imyumbati y’imiribwa (hari abayita imiryoha), ni wa mwumbati umuntu ashobora guhekenya ukamuryohera, hakabaho n’imyumbati irura utabasha guhekenya, iyi ni yo bakunze kuvuga ko ari iy’ubugari.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, avuga ko Igisibo cy’Abayisilamu cyagenze neza, akabivuga ahereye ku kuba nta kibazo bigeze bagira mu minsi 30 cyamaze, kuko nta kibazo cy’umutekano bigeze bahura na cyo, mu gihe hari ahandi ku Isi hari bagenzi babo batabasha gusenga bisanzuye kubera intambara.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, agereranya Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhani nk’ikipe y’abakinnyi n’abatoza babo, bajya mu mwiherero kugira ngo hatagira ikindi kibarangaza, bitegura umukino ukomeye, kuko Abayisilamu na bo bamara iminsi 30 biyiriza, basenga cyane, bagamije kurushaho kwiyegereza Imana.
Mu rubanza rukomeje kubera mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza i La Haye mu Buholandi, ku kibazo cy’amasezerano atarubahirijwe ajyanye n’impunzi n’abimukira bagombaga kuzanwa mu Rwanda baturutse mu Bwongereza, kuri uyu munsi warwo wa kabiri, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, (…)
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) cyakoze igikorwa cyo gusogongera ubwoko bushya bw’imbuto z’imyumbati zimaze igihe zikorerwaho ubushakashatsi, zikaba ari imbuto zongerewe ubudahangarwa, bituma zitarwara kabore, indwara ifata imyumbati ikabora, abahinzi bagahomba.
Sarah Ishimwe, ni umukobwa w’imyaka 23 wakuze yiyumvamo gutwara ibinyabiziga, nubwo mu muryango we ntaho abikomora.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuba bwarohereje Ingabo gufasha abaturage ba Jamaica nyuma y’ingaruka z’inkubi y’umuyaga wiswe Hurricane Melissa, yasenyeye benshi bagasigara ntaho bafite ho kuba.
Isomwa ry’urubanza rwa Oswald Rurangwa uregwa ibyaha bya Jenoside ryari riteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, ryasubitswe, rihabwa indi tariki.
U Rwanda ruri mu nzira yo gutangira gukoresha Ifaranga Koranabuhanga (e-FRW ry’u Rwanda), ababizobereyemo bakavuga ko niritangira gukoreshwa rizaba rifite agaciro gakomeye ku rwego mpuzamahanga, ku buryo ufite inzu cyangwa isambu mu Rwanda, ashobora kuzabitangaho ingwate mu mabanki yo mu mahanga agahabwa inguzanyo, mu gihe (…)
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kinyinya, Polisi n’Ingabo z’u Rwanda batangiye kubaka ibyumba 15 by’amashuri kuri GS Rwankuba, harimo n’azigirwamo abana b’inshuke na bakuru babo ba barenga ibihumbi bibiri, bakaba babyiganira mu byumba 24.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga Amahoro (RWABAT-2) bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), zitabiriye igikorwa cy’umuganda mu gace ka Bossembele, aho zifatanyije n’abahatuye mu gukora isuku.
Abantu 23 bapfuye mu mujyi wa Nairobi bazize imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, igateza imyuzure ikabije mu murwa mukuru w’igihugu cya Kenya.
Ikigo cyo muri Kenya kizobereye mu by’imari, CPF Group, cyafunguye ishami ryacyo mu Rwanda, kikaba gifite intego yo korohereza Abanyarwanda n’abaturarwanda kugera ku mari.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura mituweli rudahuye n’ubushobozi bwabo, kuko hari gahunda yo gukosoza amakuru, bagasuzuma, basanga harabayeho kwibeshya bigahindurwa.
Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidali y’ishimwe hagamijwe kugaragaza uruhare rwabo mu bikorwa byo kugarura no kubungabunga amahoro.
Umutwe wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi, ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), wanyomoje ibyavuzwe na Minisitiri w’Itumanaho akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, uvuga ko uyu mutwe washinzwe ndetse ushyigikiwe n’u Rwanda.