Abakora ingendo rwagati mu Mujyi wa Kigali barinubira ko ibiciro by’ingendo, by’umwihariko izinyura hafi y’ahabera inama y’Ubumwe bw’Afurika (AU) byazamutse kubera umubyigano w’ibinyabiziga.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko iyo intwaro nto n’iziciriritse (ALPC) zinyanyagiye mu baturage mu buryo butemewe, ziteza umutekano muke n’iterambere rikahadindirira.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) itangaza ko hagiye gusanwa umuhanda mpuzamahanga uzahuza Kagitumba, Kayonza na Rusumo, ukazatwara asaga miliyari 147Fwr.
Bamporiki Beata w’umuzunguzayi amaze amezi atandatu yiga gufotora akaba yizeye ko uyu mwuga uzamuvana mu buzunguzayi.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, kiratangaza ko kigiye gutangira ubukangurambanga ku misoreshereze mu bwubatsi kuko uru rwego ngo rudasora uko bikwiye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko yatangiye gufasha abaturage babarirwa mu bihumbi 47 bibasiwe n’amapfa.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Murekatete Odette, wo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, yinjiza ibihumbi 500 buri kwezi kubera guhinga kamaramasenge zisa n’izidasanzwe.
Abarwayi ba diyabete bakurikiranirwa ku bitaro bya Kibagabaga bashyiriweho aho bakirirwa hihariye bikabarinda ingaruka mbi bahura nazo bari ku mirongo.
Polisi y’u Rwanda, ku bufatanye n’izindi nzego bireba, yafashe ibikoresho by’amashanyarazi byibwe bifite agaciro k’asaga miliyoni 17FRW n’abakekwaho kubyiba 27.
Abaturiye ruhurura ya Kivugiza mu murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bariruhutsa nyuma yo gutunganywa kuko itazongera kubangiririza.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko kwizihiza umunsi wo kwibohora ari kwishimira no gusigasira ibyagezweho no kubyongera.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali baravuga ko bamenye agaciro ko gukora siporo, bityo bakayitabira ku bwinshi bafatanyije n’ubuyobozi bwabo buyibashishikariza.
Akarere ka Nyarugenge kiyemeje guca abazunguzayi bagera ku bihumbi bitanu biganje mu gace ka Nyabugogo, kabashyira ahantu heza hatandukanye ho gukorera.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, itangaza ko guhera ku wa 1 Nyakanga 2016 buri muntu uzasanganwa virusi itera SIDA azahita ashyirwa ku miti, haherewe ku bafite ubwandu ubungubu ibihumbi 17.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangaza ko ubukene mu Rwanda bwagabanutseho 6.9% kuva muri 2011 kugeza muri 2014.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda kugira umuco wo kwipimisha nubwo baba batarwaye mu rwego rwo kwirinda indwara zitandura kuko zica iyo zivujwe bitinze.
Abaturage b’Umudugudu w’Iterambere mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bamurikiwe amazi meza azabarinda aya Nyabarongo ngo yabatezaga indwara.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Bamwe mu batujwe mu Mudugudu wa Bumbogo mu Murenge wa Bumbogo muri Gasabo ngo bababazwa no kudacana umuriro w’amashanyarazi nk’abandi.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko kugira ngo ugire abaturage beza bafitiye igihugu akamaro ubategura bakiri abana.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), irasaba abakora mu by’ubwishingizi kongera umubare w’ababagana kugira ngo ibiciro byabwo bigabanuke n’igihugu kihazamukire.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) gitangaza ko umusaruro mbumbe w’igihugu(GDP) wazamutseho 7.3% mu gihembwe cya mbere cya 2016 biturutse ahanini kuri serivisi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iravuga ko igiye gutanga miliyoni esheshatu z’inzitiramibu mu guhangana na malariya idahwema kwiyongera.
Ubushakashatsi bwerekanye ko kwambura ubumuntu abantu runaka ubita amazina abatesha agaciro ari yo ntangiriro ya Jenoside kuko n’ababica bumva ntacyo bishinja.
Bamwe mu batishoboye bo muri Gasabo biruhukije nyuma yo gushyikirizwa inzu 22 bubakiwe, kubera igihe kinini bavuga ko bari babayeho nabi.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko kuva ibigo byamenya agaciro k’abanyamategeko babyo byatanze umusaruro kuko imanza Leta itsinda zazamutseho 7%.
Umujyi wa Kigali urasaba abafundi bibumbiye muri sendika yabo (STECOMA) kuwufasha kubahiriza igishushanyo mbonera cyawo hagamijwe guca akajagari mu myubakire.
Bamwe mu bacuruzi baciriritse ntibaramenya iby’ikoreshwa ry’akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kandi muri bo hari abagombaga kuba bagakoresha.