Minisiteri ishinzwe impunzi (MIDMAR), iratangaza ko inkambi ya Nyabiheke yo mu karere ka Gatsibo igiye kongerwa ikabasha kwakira izindi mpunzi, nyuma yaho impunzi zituruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Mu Murenge wa Rwimbogo, mu karere ka Gatsibo, haravugwa urupfu rw’uwitwa Turimumahoro Felix w’imyaka 28 watemwe hakoreshejwe umuhoro n’abo mu muryango we.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gatsibo mu mirenge ya Rwimbogo, Gasange na Kageyo, batangaza ko kutagira ivuriro hafi yabo byatumaga badatanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé).
Icyuzi gifata amazi ajyanwa mu mirima y’umuceri mu gishanga cya Ntende kiri mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo kivuganye umwe mu bakozi bakuramo ibikangaga mu gitondo cya tariki 16/03/2013.
Mu karere ka Gatsibo harimo harategurwa igenamigambi ry’umwaka utaha, muri iri genamigambi ngo hakaba hari kwibandwa cyane ku bikorwa remezo no ku mafaranga azafasha mu bikorwa by’Akarere muri rusange.
Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi zifasha kurinda inkuba ndetse no kwangiza ibyuma bituma umuriro utajya mu mapoto (isolateurs) bikomeje kudindiza ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Nyagatare na Gatsibo.
Ku rwibutso rushyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwo mu Murenge wa Kiziguro ho mu Karere ka Gatsibo hafatiwe abagabo batatu barimo kwiba amakaro yubakishijwe uru rwibutso hamwe n’andi yateganwaga kuzakoreshwa.
Abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera barasabwa kutegera uruzitiro rw’iyo Parike kuko bashobora gufatwa n’amashanyarazi baramutse barwegereye kuko urwo ruzitiro rukozwe n’insinga n’ibyuma byashyizwemo amashanyarazi kugira ngo ajye akanga inyamaswa zirwegereye ntizibashe gusohoka muri Parike.
Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise avuga ko iyo umuturage ahawe serivisi mbi bimutwara umwanya aba agomba gukoresha mu mirimo imuteza imbere, kandi ngo igihombo umwe mu baturage agize gitera buri wese guhomba kuko uwo uhombye aba ari umuguzi w’abacuruzi, umuterankunga n’inshuti ya buri wese.
Umuryango Imbuto Foundation washyikirije ibihembo abana b’abakobwa batsinze neza ibizamini bisoza amashuri abanza, abasoje icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
Nkuko bigaragazwa n’urutonde rwashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu rwerekana uko Uturere n’Intara bihagaze mu kwitabira gutanga ubwisungane mu kwivuza, akarere ka Gatsibo niko kaje ku mwanya wa nyuma mu tundi uko ari 30.
Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abaturage yafatiye ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo mu modoka ifite plaque RAA 059 Z y’uwo bakunze kwita My Good.
Akarere ka Gatsibo kafashe icyemezo cyo kugurisha inka 56 ziturutse mu miryango 36 kugira ngo abaturage babone ikibatunga ndetse banabone ubushobozi bwo gusubiza abana mu mashuri.
Leta y’Ubushinwa irashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo ku nkunga yatanze mu kubaka ishuli community model school ryubatswe mu murenge wa Kabarore rikaba ryanatangiye kwigisha ururimi rw’Igishinwa.
Mu Karere ka Gatsibo haravugwa ikibazo cy’ibura ry’ibitoko ku isoko kubera indwara ya Kirabiranya yatumye ibitoki bihagarikwa ku masoko hirindwa ko iyi ndwara yakomeza gukwirakwira.
Mu rwego rwo gushimangira iterambere ry’abatuye Akarere ka Gatsibo by’umwihariko n’iry’Abanyarwanda bose muri rusange, abaturage barasabwa kwishyura neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari harimo Umurenge Sacco kugira ngo zishyikirizwe abandi bakeneye inguzanyo hagamijwe kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwagaye abayobozi ba njyanama n’abashinzwe iranga mimerere mu mirenge kubera kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo.
Mu nama yagiranye n’abayobozi b’inkeragutabara ku nzego zose zigize akarere ka Gatsibo, Brig Gen Murokore Eric ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’intara y’iburasirazuba yazishimiye umurava zagize mu gucunga umutekano hakaba haravuyemo umusaruro ushimishije.
Kamana Richard uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kennedy, wo mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, aravuga ko akeneye ubufasha kuko afite impano yo guhanga.
Abaturage batuye mu tugari twa Rwikiniro mu Murenge wa Rwimbogo na Kabeza mu Murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo bahangayikishijwe n’abajura ba nijoro batobora amazu bakiba imitungo yabo.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri, Protais Musoni, ubwo yari yagiye kwifatanya n’abatuye akarere ka Gatsibo mu kwizihiza umunsi w’intwari wizihijwe tariki 01/02/2013, yabibukije ko ibikorwa intwari ikora ibikorera abandi itiyitayeho.
Intumwa za Banki y’isi zasuye ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Gatsibo bishyirwa mu bikorwa n’umushinga RSSP ukorera muri minisiteri y’Ubuhinzi n’uborozi uterwa inkunga na banki y’isi.
Abageze mu zabukuru bo mu karere ka Gatsibo banenga uburyo bamwe mu rubyiruko rwo muri ako karere basuzugura imirimo ikorerwa mu cyaro maze bakajya kuba mu mijyi kandi nta kazi bahafite bikabatera ubuzererezi.
Ubwisungane mu kwivuza buracyari hasi cyane mu Karere ka Gatsibo ugereranyije n’utundi turere tugize Igihugu; nk’uko byagaragaye mu biganiro abasenateri bagiranye n’urwego rw’akarere rushinzwe ubwisungane mu kwivuza.
Abacuruzi bo mu Mirenge ya Kabarore na Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bavuga ko kutamenya Icyongereza n’Igiswahili zikunze gukoreshwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ari imbogamizi zibakomereye cyane.
Abatuye Akarere ka Gatsibo, mu mirenge ya Kiziguro, Murambi na Kiramuruzi, bavuga ko bagikora hafi ibirometero bitatu bajya gushaka amazi meza.
Ababyeyi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko batorohewe no gusubiza abana mu mashuri kubera uburenge bwagaragaye muri iyi ntara, cyane cyane mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare bigatuma amasoko y’amatungo ahagarara.
Abakorera mu isoko riremera mu Kagari ka Mugera, Umurenge wa Gatsibo mu Karere ka Gatsibo, baratangaza ko gukorera mu isoko ritubakiye bibabangamiye bagasaba inzego zibishinzwe kububakira isoko rijyanye n’igihe.
Minisiteri ifite gucunga ibiza no gucyura impunzi mu nshingano zayo (MIDMAR), yeteguye amahurwa mu turere twose tw’igihugu mu rwego rwo kwigisha ibiza, ikibitera n’uburyo byakwirindwa.