Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2013, abacamanza bose bakora mu nkiko z’igihugu batangiye umwiherero ugamije kuganira kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Abaturage bo mu mirenge ya Rwimbogo na Gitoki mu karere ka Gatsibo batangiye kwiruhutsa nyuma y’aho abari ku irondo bataye bataye muri yombi umwe mu bajura bibaga insinga z’amashanyarazi witwa Bangayandusha, ndetse n’abo bafatanyaga bakamenyekana n’ubwo bataratabwa muri yombi.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Nubwo bamaze kumenya akamaro k’amashuri y’incuke, abatuye Akarere ka Gatsibo batangaza ko ikibazo cy’ibikorwa remezo nk’inyubako z’ayo mashuri zidahagije ari kimwe mu bibangamiye ubu burezi.
Mu Murenge wa Rwimbogo ho mu Karere ka Gatsibo, umuturage yakomerekejwe n’imbogo imuvuna akaboko, Imana ikinga akaboko ntiyamwica kuko abaturage bahise batabara barayimukiza.
Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2013, mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, hatangiye umwiherero uhuje abayobozi bashinzwe umurimo mu nzego z’igihugu kuva ku ntara, uyu mwiherero ukazamara ibyumweru 2.
Mu murenge wa Rwimbogo, akagali ka Kiburara mu dugudu wa Rubirizi ho mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 20 Ugushyingo umugabo witwa Nsengiyumva yafatanywe inoti za bitanu esheshatu n’iza bibili eshatu (ibihumbi 36) z’impimbano.
Umushinga wa gikirisitu utegamiye kuri Leta World Vision ukorera mu karere ka Gatsibo utangaza ko umaze gufasha aka Karere kongera umubare w’abakoresha ingufu zikomoka kuri biogas nyuma yo kubona ko Akarere ka Gatsibo kari kagifite umubare muto w’abakoresha biogas.
Koperative ikora ubworozi bw’inzuki mu Mudugudu wa Ngarama, Akagali ka Nyabikiri, Umurenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo yitwa KABACO (Kabarore Abatiganda Cooperative) iratabaza ubuyobozi bw’aka Karere ku gihombo yatewe n’umuntu wayirogeye inzuki.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye mu masaha ya sa moya z’ijoro ryo kuwa 28 Ukwakira 2013 yasakambuye amazu y’abaturage 25, mu Murenge wa Nyagihanga, Akarere ka Gatsibo.
Nyuma y’igihe kigera ku myaka ibili bakora ariko ntacyo bageraho kuko bahoraga basa n’abahanganye, abanyamuryango b’amakoperative abiri akora umwuga wo gutwara abantu kuri moto mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo, yihurije hamwe kugirango yongeranye imbaraga kandi bagire icyerekezo gifatika.
Imiryango 13 yimuriwe ahitwa ku Ruhuha ariko nyuma biza kugaragara ko ubwo butaka atari ubw’akarere irizwezwa ko ikibazo cyabo kigiye gukemuka kuko mu ngengo y’imari ya 2013/2014, amafaranga yabo yashyizwemo.
Niyigira Theogene utuye Mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, yasenyewe inzu n’abaturanyi be bamushinja kuba umurozi ruharwa. Tariki 03/10/2013 bamenagura ibirahure by’inzu ye nini bakuramo amadirishya n’urugi banamusenyera igikoni.
Mu karere ka Gatsibo hatangijwe itsinda ry’indashyikirwa mu rwego rwo kwishyira hamwe no kubaka urwego rw’urugaga rw’abikorera mu karere kabo, kuri uyu wa Gatanu tariki27/09/2013.
Abantu 6 bari mu maboko ya Polisi kuri Station ya Kiramuruzi, nyuma yo kugubwa gitumo bafunga irumogi mu mashashi tariki 21/09/2013 mu kagali ka Rubona umurenge wa Kiziguro akarere ka Gatsibo.
Abajyanama b’ubuhinzi bo mu Mirenge 14 y’Akarere ka Gatsibo bahawe amashimwe kubwo ibikorwa by’indashyikirwa bakora. Muri iki gikorwa buri wese yashyikirijwe igare, aya magare akazajya abafasha mu kazi kabo ka buri munsi.
Minisitiri w’umutekano mu Rwanda, Sheikh Mussa Fazil Harerimana aravuga ko kuba leta yarubatse uruzitiro rwa Parike y’Akagera ari ikimenyetso cy’imiyoborere myiza iri mu Rwanda kuko urwo ruzitiro rwubatswe ngo rujye rukumira inyamaswa za pariki y’Akagera zajyaga zisohoka muri pariki zikangiza imyaka y’abaturage baturiye (…)
Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Munyarwanda PL riravuga ko igihe kigeze ngo rigire abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko nabo bafashe Abanyarwanda kwishyira bakizana mu iterambere bashaka.
Abaturage bagera ku bihumbi 16 biganjemo cyane urubyiruko bo mu murenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, kuwa 1 Nzeli 2013 beretswe abazahagararira umuryango FPR-Inkotanyi mu matora y’abadepite azaba muri uku kwezi kwa Nzeri.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30/08/2013, mu Kagali ka Bukomane Mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, hafatiwe ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye ibiti byitwa imishikiri.
Igikorwa cyo kwamamaza abakandida depite b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gatsibo ku wa 29 Kanama 2013, cyakomereje mu Murenge wa Kabarore kikaba cyaraberaga kuri site ya Karenge ku kibuga cy’umupira w’amaguru.
Kwamamaza abakandida depite b’umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gatsibo byatangiriye i Nyarubuye, mu murenge wa Kageyo kuri uyu wa kabiri tariki 27/08/2013.
Bugingo Augustin w’imyaka 58 utuye mu Mudugudu wa Nyamarebe, akagari ka Gakenke, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatawe muri yombi tariki 26/08/2013 akekwaho kwica umugore we witwa Mukakarangwa nawe w’imyaka 53 amutemye.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda ryitwa "Swagga Slow” ribarizwa mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, bahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko bakoresheje impano bifitemo yo kuririmba.
Mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa 22 Kanama 2013, mu mudugudu wa Mukwiza, Akagari ka Gatsibo, Umurenge wa Gatsibo, mu karere ka Gatsibo, inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka hapfiramo abantu batatu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko bumaze kwakira imiryango icumi y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya kuva aho icyo gihugu gitangiye kwirukana abanyamahanga bahaba mu buryo butemewe n’amategeko.
Mu Mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo hagenda hatahwa ibikorwaremezo bitandukanye birimo amashanyarazi, imihanda, amavuriro, amavomero, amasoko n’ibindi.
Nyuma yo kubona ko ubujura bukorwa nijoro cyane cyane ubwibasira amazu y’ubucuruzi bwongeye kubura mu Kagali ka Simbwa mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, Inkeragutabara zibumbiye muri koperative Umoja Security ishinzwe umutekano muri uyu Murenge ziyemeje kubuhashya.
Kuri uyu wa mbere tariki 12/08/2013, mu kigo cya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, hatashywe ku mugaragaro ikigo kizajya gitanga amasomo ya gisirikare cyahawe izina rya “Gabiro Combat Training Center”.
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo haragaragara amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango, guta ishuli kw’abana n’inda zititeguwe bivugwa ko biterwa n’inywa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge muri iyi nkambi.