Gatsibo: Indwara y’uburenge yagize ingaruka ku itangira ry’amashuri

Ababyeyi bo mu karere ka Gatsibo bavuga ko batorohewe no gusubiza abana mu mashuri kubera uburenge bwagaragaye muri iyi ntara, cyane cyane mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Nyagatare bigatuma amasoko y’amatungo ahagarara.

Marara Africa, umubyeyi ufite abana batatu biga mu mashuri yisumbuye, yatangarije Kigali Today ko niba bataretse ngo amasoko yongere akore bitamworohera gusubiza abana be mu ishuri.

Yagize ati “Inka zanjye ni zo zimfasha kurihirira abana banjye amashuri; mu gihe ntabonye uburyo ngurisha ku nka ngo abana banjye basubire ku ishuri nabigenza nte kundi ?”.

Mugiraneza nawe yatangaje ko bitoroshye ko abana benshi basubira ku ishuri bafite ibikoresho byose, kubera ko nta handi abaturage bakura amafaranga uretse mu matungo yabo.

Abaturage benshi bo mu karere ka gatsibo bakura amafaranga ku bworozi.
Abaturage benshi bo mu karere ka gatsibo bakura amafaranga ku bworozi.

Mu gihe ababyeyi bakiri mu gihirahiro kubera amasoko afunze kandi amashuri akaba ari ku munsi wayo w’itangira, twashatse kuvugana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo duhamagara umuyobozi wako ngo atubwire icyo ubuyobozi buteganya ariko ntitwabashije kuvugana.

Indwara y’uburenge yatumye hafatwa ingamba zo kubuza amatungo by’umwihariko inka kugurishwa ari byo byitwa akato. Akarere ka Gatsibo kari mu turerere dufite ubukungu bushingiye ku bworozi n’ubuhinzi cyane cyane ubworozi.

Benjamin Nyandwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka