Muri bo hari abacururiza ku dutanda dukoze mu biti batwikiriza amahema igihe cy’imvura cyangwa izuba, abandi ibicuruzwa bakabitandika hasi.
Abo Kigali Today yaganiriye nabo ubwo yageraga muri uwo Murenge bavuga ko mu gihe cy’imvura gukora banyagirwa bidindiza akazi, ndetse n’ibicuruzwa bikahangirikira.
Bavuga ko bifuza ko inzego zibifitiye ububasha zabafasha gukorera ahantu hakwiriye, kuko ngo bakwa imisoro.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatsibo, Nyakana Oswald, yemeza ko iryo soko rigiye kubakwa. Yagize ati “Umushinga uri gusuzumwa ku rwego rw’Akarere ka Gatsibo turizera ko bitarenze Kamena 2013 imirimo y’ubwubatsi izaba yatangiye.”
Benjamin Nyandwi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|