Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko abazahinga ibigori mu bibanza byagenewe kubakwamo inzu mu Mujyi wa Nyagatare bashobora kubyamburwa.
Amazu 56 na hegitari enye z’urutoki nibyo byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga, ingurube ebyiri n’inkwavu eshatu nabyo byicwa n’umuvu w’amazi.
Abanyeshuri 330 barangije kwiga iby’ubuhinzi muri za kaminuza zo mu Rwanda, boherejwe mu bishanga bitandukanye gufasha abahinzi kuzamura umusaruro kandi byatangiye gutanga inyungu.
Abaturage batishoboye babarirwa mu 1000 bo mu Karere ka Gatsibo ntibazongera kurembera mu rugo kuko babonye ababishyurira ubwisungane mu kwivuza.
Mpayimana Filippe wiyamamariza umwanya wa Perezida yatangaje ko Paul Kagame ari intwari y’Afurika kuko yaharaniye agaciro k’Abanyafurika no kutavugirwamo.
Nyuma yo kwishyira hamwe, abikorera bo mu Ntara y’Iburasirazuba bujuje Hoteli iri mu rwego rw’inyenyeri enye yitwa “EPIC Hotel” kuburyo yatangiye no kwakira abakiriya.
Uwamwezi Mercianne, umupfakazi wo mu Karere ka Nyagatare yihangiye umurimo wo kumisha inanasi none yabonye isoko azigemuraho i Burayi mu Busuwisi.
Abaturage 252 bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo barashinja itorero CEPEA kunyereza miliyoni 16.7RWf zabo, ryabatse ribizeza gushyira abana babo mu mushinga wa “Compassion International”.
Umwana w’umuhungu wo mu Karere ka Nyagatare abantu bamwe bamufata nka pasiteri kubera uburyo ababwiriza ijambo ry’Imana bakanyurwa.
Mu igenzura ryakozwe n’ishami rishinzwe ubuzima mu Karere ka Nyagatare hagaragaye ko muri ako karere hari abakora ubuvuzi mu kajagari.
Karani Jean Damascene, umworozi wo muri Nyagatare avuga ko nyuma yo gupfusha inka 24 zizize amapfa, byamusigiye isomo rikomeye.
Abana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva biga mu kigo Nyagatare Deaf School barifuza gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakinnyi b’ikipe ya Sunrise babanje kwanga kujya mu kibuga ngo bakine basaba ko babanza guhembwa umushahara w’amezi atatu baberewemo.
Ababyeyi babiri bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu Karere ka Nyagatare, borojwe inka na East African University Rwanda, zifite agaciro ka 500,000Frw.
Umutoza wa Sunrise Cassa Mbungo Andre, avuga ko ku bw’Imana yizera kuzatwara igikombe cy’amahoro cy’uyu mwaka
Urubyiruko rurahamagarirwa guhangana n’abagishaka kurubibamo ingengabitekerezo ya Jenoside kandi rukabwiza ukuri isi ku mateka y’u Rwanda.
Abaturage b’Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bavuga ko gukoresha amazi y’umugezi w’Umuvumba bitera abana babo inzoka zo mu nda.
Tuyisenge Kagenza Moise utuye i Nyagatare akora amatara yahiye akongera kwaka kuburyo aho atuye nta tara rishya ngo barijugunye.
Mugisha Emmanuel utuye i Nyagatare ukora umurimo wo gusudira akora ibikoresho bitandukanye mu byuma birimo imbabura ziteka hifashishijwe ibitaka.
Umutoza mushya wa Sunrise FC arishimira uburyo yakiriwe kuko yeretswe urukundo ndetse anabizeza kuzaza mu makipe 8 ya mbere.
Chid Ibe Andrew umunya-Nigeria watozaga Sunrise FC, yasezerewe ashinjwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.
Abakozi bakora isuku muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare batangaza ko bamaze amezi ane bakora ariko badahembwa.
Abaturage 269 bavuga ko bamaze imyaka itanu bishyuza Akarere ka Nyagatare amafaranga batanze bagura ibibanza,nyuma bakabyamburwa n’Akarere katabahaye ingurane.
Ikipe ya Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyagatare yatsinze abamotari bo muri ako karere igitego 1-0 mu mukino wo kurwanya ibiyobyabwenge.
Gacamumakuba Francois w’i Matimba muri Nyagatare arasaba ubufasha nyuma yuko umugore we amutanye abana umunani akisangira undi mugabo, agasiga anatwaye imyaka yose bari bejeje.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Mimuli muri Nyagatare bavuga ko bafata inguzanyo ari bacye kubera gufuha kw’abagabo babo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, buremeza ko mu minsi 3 gusa bumaze gufata abantu 20 bakekwaho ubujura.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itangaza ko buri mukozi utari nyakabyizi yemerewe ikiruhuko cy’iminsi 18 buri mwaka nkuko kigenwa n’amategeko.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare batangaza ko bagirirwa nabi n’Abarembetsi babaziza ko babatanzeho amakuru ngo bafatwe.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yemeza ko kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ari ugupfa uhagaze kuko nta cyiza cyayo.