Nsengimana Herman yasabiwe gufungwa imyaka 20

Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, Ubushinjacyaha busabiye Herman Nsengimana igifungo cy’imyaka 20.

Nsengimana Herman
Nsengimana Herman

Nsengimana ni uwasimbuye Callixte Nsabimana wiyita Sankara ku buvugizi bw’umutwe witwaza intwaro urwanya Leta y’u Rwanda wa MRCD-FLN, kugeza afashwe.

Uwo mugabo aregwa ibyaha bibiri, ari byo gutorerwa kujya mu mutwe w’iterabwoba no kuba mu mutwe w’iterabwoba.

Yiregura kuri ibi byaha muu rubanza rwo ku wa 29 Mata 2021, Nsengimana Herman yemeye ibikorwa bigize icyaha ariko ahakana ibyaha.

Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ko Nsengimana Herman yari yaremeye ibyaha aregwa mu Bugenzacyaha, mu Bushinjacyaha ndetse no mu rukiko ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kwemeza ko Nsengimana Herman ahamwa n’icyaha cyo gutorerwa kuba mu mutwe w’iterabwoba agahanisha igifungo cy’imyaka 10.

Bwasabye kandi ko rumuhamya icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba agahanishwa igifungo cy’imyaka 20.

Ubushinjacyaha bwasabye kandi urukiko gusuzuma ubwiregure bwe maze rukemeza ko atemeye ibyaha bityo ntazagabanyirizwe ibihano.

Kubera impurirane y’ibyaha bigamije icyaha by’iterabwoba, ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko Nsengimana Herman yahabwa igihano kiremereye, maze agahanishwa igifungo cy’imyaka 20.

Inkuru zijyanye na: Rusesabagina

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka