Paul Rusesabagina yasabiwe gufungwa burundu

Kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Kamena 2021, urubanza ruregwamo Rusesabagina n’abo bareganwa rwakomeje, Ubushinjacyaha bukaba bwasabiye Paul Rusesabagina igifungo cya burundu.

Paul Rusesabagina
Paul Rusesabagina

Paul Rusesabagina aregwa ibyaha 9, birimo kurema umutwe w’iterabwoba, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, itwarwa ry’umuntu ritemewe nk’igikorwa cy’iterabwoba, kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba n’ibindi.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko gushingira ku bisobanuro by’Ubushinjacyaha maze rukemeza ko Rusesabagina Paul ahamwa n’ibyaha akurikiranyweho maze agahabwa igihano kiremereye.

Bwasabye ko ibyaha aregwa bigize impurirane mbonezamugambi ku cyaha cy’ubugome kandi kigamije kugirira nabi rubanda maze agahabwa igihano ntarengwa cyo hejuru, agafungwa burundu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ku myaka 67 afite,azagwa muli gereza.Ikindi kandi,niyo atafungwa,iyi myaka ni mibi cyane.Umuntu ararwaragurika,mu gihe gito agapfa.Niyo mpamvu ijambo ry’imana ridusaba gushaka imana,ntitube mu gushaka iby’isi gusa.Ababigenza gutyo,nubwo aribo bacye nkuko Yezu yabyerekanye,kandi nabo bakaba bapfa,imana izabazura ku munsi w’imperuka,ibahe ubuzima bw’iteka.Ni Yezu ubwe wabivuze kandi bizaba.

kirenga yanditse ku itariki ya: 17-06-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka