Abahinga umuceri mu gishanga cya Gashora mu Karere ka Bugesera barasaba ko bagira icyo bagenerwa nyuma y’uko imirimo yo gutunganya icyo gishanga yangije umuceri wabo.
Ingo 400 zo mu Murenge wa Shyara mu Karere ka Bugesera zimaze kubona umuriro w’amashanyarazi ku ngo zikabakaba ibihumbi bine.
Uhagarariye igihugu cy’u Burundi mu Rwanda, Ntukamazina Aléxis aravuga ko agiye kuvuganira impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda bityo bakareka gukomeza guhunga, kuko imbonerakure bahunga zitari hejuru y’amategeko.
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Rwamagana bashyigikiye ko umunsi wo kubeshya uba tariki ya 1 Mata washinga imizi ngo kuko ufasha abantu kuruhuka babeshya kugira ngo bishimishe ariko abandi bakavuga ko kubeshya ari icyaha kandi biteza ingaruka mbi zirimo igihombo n’ihungabana.
Mu Karere ka Bugesera hashyizweho inkambi iri kwakira Abarundi barimo guhunga ku bwinshi, bavuga ko baterwa ubwoba n’abashaka kubica.
Mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ngeruka, kuri uyu wa 30 Werurwe 2015 ngo batoraguye munsi y’umuhanda umurambo w’umugabo witwa Ngeraguhiga Leonidas ngo wari umupagasi mu ako karere.
Ku mugoroba wo ku wa 30 Werurwe 2015, urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwategetse ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera, Munyanziza Zephanie, umukozi ushinzwe ibikorwa remezo mu karere, Nzeyimana Phocas na rwiyemezamirimo wari watsindiye isoko ryo kubaka ibiro by’Akarere ka Bugesera, Twahirwa Jean Claude baba (…)
Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu RAB 077 K itwaye amajerekani 40 ya melase ikoreshwa mu kwenga inzoga itemewe ya kanyanga.
Golden Tulip, isosiyete y’Abafaransa ifite amahoteli akomeye mu Bufaransa, kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 yasinye amasezerano ayegurira gucunga La Palisse Hotel, iherereye mu Karere ka Bugesera
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, hafungiye umurundi witwa Nayabagabo Jean Claude w’imyaka 34 y’amavuko wafatanywe urumogi arujyanye mu Mujyi wa Kigali.
Abakozi batanu b’Akarere ka Bugesera barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere na rwiyemezamirimo bagejejwe imbere y’urukiko baburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, bose bahakana ibyaha bakurikiranyweho.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiwe abasore babiri nyuma yo gufatanwa udupfunyika 97 tw’urumogi aho barucururizaga iwabo mu ngo.
Umukozi ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere ka Bugesera, Nzeyimana Phocas nawe yatawe muri yombi akekwaho ubufatanyacyaha ku cyaha cya ruswa no kutubahiriza ibiteganywa n’amategeko mu itangwa ry’isoko ryo kubaka inyubako y’ibiro by’Akarere ka Bugesera.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ingufu z’amashanyarazi, REG, zifite agaciro ka miliyoni umunani zireshya n’ibirometero bibiri.
Nyuma yo guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera n’abakozi b’akarere babiri bashinzwe gutanga amasoko, polisi yataye muri yombi rwiyemezamirimo wubakaga inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Bugesera.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Bugesera, Munyanziza Zéphanie, n’ushinzwe akanama gatanga amasoko, Uzaribara Syrverie na Bimenyimana Martin, ushinzwe amasoko batawe muri yombi na polisi bashinjwa gutanga isoko ryo kubaka ibiro by’akarere bakariha utarishoboye.
Abagabo bane n’abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rweru mu Karere ka Bugesera nyuma yo kugurisha inka bahawe muri gahunda ya Girinka.
Umugabo witwa Ndayahundwa Aloys w’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gashora mu Karere ka Bugesera ashinjwa gukubita umugore witwa Nyirahirwa Francine w’imyaka 35 agakuramo inda.
Abantu batatu, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015, barohamye mu Ruzi rw’Akagera, ubwo bambukaga bava mu Kagari ka Jarama mu Karere ka Ngoma berekeza mu Kagari ka Mazane mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera maze umwana w’ iminsi 20 aburirwa irengero.
Abaturage b’ahitwa Rilima muri Bugesera bataye muri yombi umugabo bashinjaga kubakururira ibyago ngo kuko yaryaga inyama z’imbwa ye yari yapfuye aho kuyihamba agahitamo kuyirya ndetse akanagaburiraho n’abaturanyi be.
Abaturage 120 bakoraga ibikorwa by’isuku mu muhanda SONATUBE-NEMBA unyura mu Turere twa Bugesera na Kicukiro barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubakurikiranira amafaranga bakoreye mu mwaka wa 2012 batishyuwe.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoresheje y’imari n’umutungo by’igihugu mu nteko ishinga amategeko (PAC ), bagiriye inama ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera kuzajya bubanza gushishoza kuri rwiyemeza mirimo bagiye guha isoko.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu Dr. Mukabaramba Alivera arasaba abahinzi kongera amasaha yo gukora kugira ngo ubuhinzi bukomeze kugira uruhare mu bukungu bw’igihugu.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko ya Toyota Hiace ya kompanyi itwara abagenzi ya Rugari yafashwe itwaye inzoga za magendu zo mu bwoko bw’Amstel bock.
Polisi y’igihugu, kuri uyu wa 20 Gashyantare 2015 yashyikirije abaturiye ikiyaga cya Rweru imyambaro yabugenewe (life Jacket) ibarinda impanuka zo mu mazi ndetse n’uyaguyemo akaba yatabarwa.
Umugabo utaramenyekana amazina arashakishwa nyuma yo gufatwa na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda kuri uyu wa 18 Gashyantare 2015 agahita yiruka kuko ngo yari atwaye inzoga za Amstel Bock za magendu.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa.
Bamwe mu barimu bo mu Karere ka Bugesera bahawe ibyuma by’ikoranabuhanga bya IPOD na Plan International Rwanda baratangaza ko bibafasha gutegura amasomo no kuyigisha mu rurimi rw’Icyongereza, bigatuma amakosa yo kuvanga indimi bakoraga atakigaragara nka mbere batarabihabwa.
Umwana witwa Niyonemera Pélagie w’imyaka 14 y’amavuko arashakisha ababyeyi be nyuma yo guteshwa umuntu ngo wari umujyanye mu Mujyi wa Kigali kumushakira akazi.