Mu rukerera rwo ku wa 21 Gicurasi 2015, ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, ingabo na polisi, hakozwe umukwabu wo gufata abakora Kanyanga maze hasenywa inganda ebyiri ndetse bagwa gitumo abantu bane bayitetse.
Umukozi w’ikigo cy’imari cyo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” cy’Umurenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, arashakishwa akekwaho gutorokana amafaranga y’u Rwanda asaga gato miliyoni 7 y’abanyamuryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwafashe ingamba zo kurwanya amakimbirane mu ngo no kunywa ibiyobyabwenge, kuko bituma haboneka ibibazo by’abana barwaye bwaki.
Abantu batatu bapfuye bagwiriwe n’igisenge cy’urusengero rw’Abadiventisiti b’umunsi wa Karindwi ruherereye mu Mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera.
Itsinda ry’abashoramari umunani baturuka mu gihugu cya Turukiya bagiriye urugendo mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa 15 Gicurasi 2015 bagamije kureba aho bashora imari.
Umugabo witwa Tuyisenge Anatole w’imyaka 30 y’amavuko, yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi baramutemagura bamusiga ari intere.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwakatiye Rukundo Marie Grâce na Mukanoheri Véstine igifungo cy’umwaka n’amezi umunani, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwenga inzoga itemewe ya kanyanga.
Igikorwa cyo gutera imiti yica imibu ikwirakwiza indwara ya Malaria mu nzu cyarangiye ingo zateganyijwe zigezweho ku kigereranyo cya 99%, kuko abajijutse batabonetse ngo inzu zabo ziterwemo umuti.
Habarurwa abantu bagera muri 20 barokowe Jenoside na Ntamfura Silas wari Kaporari (Caporal) mu Ngabo zatsinzwe (Ex-FAR), we avuga ko bamwe muri bo babaga babamuhaye ngo abice ariko we agahitamo kubahungishiriza mu Burundi.
Muri aya masaha y’igicamunsi, umuryango FPR Inkotanyi uri mu Karere ka Bugesera, aho wagiye gushimira ku mugaragaro umugabo witwa Ntampfura Silas wahoze afite ipeti rya caporal mu gisirikare cya Habyarimana (EX-FAR) gishinjwa uruhare nyamukuru muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki ya 04 Gicurasi 2015, urukiko rw’ibanze rwa Nyamata rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30, abakozi batatu b’ikigo cy’imari SAGER Ganza Microfinance Ltd nyuma yo gusanga hari impamvu zifatika zituma bakekwaho kunyereza miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda, no gutwika inyubako (…)
Abakozi n’abayobozi b’ikigo R Switch basuye, kuri uyu wa 1 Gicurasi 2015, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Mudugudu wa Nyagatovu mu Kagari Kayumba mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera babaha inkunga irimo ibiryamirwa, amatungo na mituweri.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamabuye mu Karere ka Bugesera hafungiwe abagabo babiri bafatanywe amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi icumi (1,200,000FRW) y’amahimbano barimo kuyavunjira Abarundi barimo guhungira mu Rwanda.
Umugabo witwa Bucumi Frederick w’imyaka 51 y’amavuko yasanzwe mu nzu iwe hashize iminsi nk’itanu apfuye amanitse mu mugozi, ndetse n’imirambo ibiri, uw’umugore we n’umwana bareraga nayo imaze nk’ibyumweru bibiri kuko yari yatangiye kwangirika.
Umugabo witwa Nzeyimana Christophe w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Mwogo mu Karere ka Bugesera, nyuma y’imyaka 9 yari amaze atorotse gereza ya Rilima, aho yari afungiye ibyaha byo gufata ku ngufu no kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Umugabo witwa Nsabiganirwa Pascal w’imyaka 48 y’amavuko, mu gitondo cyo ku wa 29 Mata 2015 ku isaha ya saa moya za mu gitondo, abaturage bamusanze aho yari yarembeye munsi y’umuhanda, bamujyanye kwa muganga ahita ashiramo umwuka.
Mu gihe bamwe mu mpunzi z’Abarundi zinjirira mu Karere ka Bugesera zizana n’ibintu bike zishoboye harimo n’amatungo, Akarere ka Bugesera karimo kuyashyira mu kato kugira ngo hataba harimo arwaye akanduza ayo ahasanze.
Mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Mata 2015 twababwiye mu nkuru zacu, ko kwambuka umupaka ku mpunzi z’Abarundi zihungira mu Rwanda byari byagoranye kubera Imbonerakure zari zafunze amayira, abagera kuri 575 ngo ni bo baraye bashoboye kwinjira ngo banyuze mu nzira zigoranye.
Impunzi z’Abarundi zibarirwa mu 150 zimaze kwambuka muri iki gitondo cyo ku wa 27 Mata 2015 zihungira mu Rwanda zinyuze mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Kamabuye ku Cyambu cya Muzenze, ziravuga ko imbonerakure zafunze amayira yose aza mu Rwanda kandi zirimo kwandika buri rugo rurimo umuntu wahunze zigahohotera imiryango (…)
Polisi y’Igihugu mu Karere ka Bugesera ngo yatahuye uburyo bushya abaturage basigaye bakoresha batetse inzoga itemewe ya kanyanga, aho basigaye bakoresha inkono zisanzwe za kinyarwanda.
Umuntu umwe muri batatu barohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya Ruguru ku mugoroba wo ku wa 20 Mata 2015 ubwo bavaga mu Murenge Mareba bajya mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera akomeje kuburirwa irengero.
Polisi y’Igihugu ishinzwe umutekano wo mu mazi (Police Marine) imaze kurohora abantu babiri bashizemo umwuka muri batandatu baraye bakoze impanuka mu bwato bwarohamye mu Kiyaga cya Cyohoha ya Ruguru mu Murenge wa Mareba mu Karere ka Bugesera naho kugeza ubu ngo umwe yaburiwe irengero.
Ikompanyi mpuzamahanga mu bijyanye no gucunga amahoteli Golden Tulip imaze igihe gito yeguriwe gucunga Hotel la Palisse Nyamata iri mu Karere ka Bugesera mu gihe cy’imyaka 10 yashyize isoko imyaka y’akazi irenga 120.
Abatuye mu Mirenge ya Musenyi na Shyara mu Karere ka Bugesera barasaba ko umuhanda uhuza iyo mirenge wakorwa vuba ukoroshya ubuhahirane kuko ubu budashoboka.
Abagize ihuriro ry’imiryango mpuzahanga ikorera mu Rwanda biyemeje kuzegera amahanga atazi ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ikayayasobanurira.
Mu Mudugudu wa Kinihira mu Kagari ka Rwinume mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera, habonetse umurambo w’umugabo witwa Ribonande Céléstin.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abakozi bane b’ikigo cy’imari “SAGER Ganza Microfinance Ltd” gikorera mu Mujyi wa Nyamata mu Kagari ka Nyamata Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, nyuma y’uko gifashwe n’inkongi y’umuriro hagahiramo amafaranga y’u Rwanda miliyoni 12 ariko ivu ryayo ntirigaragare ndetse (…)
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.
Ku bufatanye n’uruganda rukora amarangi rwa Crown Paints, abahanzi bakorera mu nzu itunganya muzika yitwa Super Level bahaye inkunga y’ibiribwa imiryango 19 yarokotse Jenoside itishoboye iba mu Mudugudu wa Rutobotobo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.