Umwana witwa Niyonemera Pélagie w’imyaka 14 y’amavuko arashakisha ababyeyi be nyuma yo guteshwa umuntu ngo wari umujyanye mu Mujyi wa Kigali kumushakira akazi.
Amazu 15 y’abaturage yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura nyinshi yaguye mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bwihaye intego ko buzagemura ku ruganda rwa Soya rwa Mount Meru Soyco rw’i Kayonza toni 150 kuri iri sarura.
Gatari Sylvestre w’imyaka 33 y’amavuko na Ndagijimana Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana ubwo bari bavuye guhinga mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Nyabyondo mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera.
Kuteza imyaka ngo bagire umusaruro mwinshi byabangamiye umugambi w’abaturage bo mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera bari bafite wo kwigurira imbangukiragutabara.
Umushinga Harvest Plus wahaye imashini yuhira imyaka ikigo cy’ubushakashatsi cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), ishami rya Karama mu Karere ka Bugesera, ku wa kane tariki ya 12/02/2015.
Umugabo witwa Nzabandora Narcisse w’imyaka 70 y’amavuko yijyanye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera ngo bamufunge kuko yari amaze kwica umugore we.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano zifatanyije n’iz’ibanze ndetse n’abaturage washenye inganda zenga Kanyanga ndetse hanamenwa ibiyoga by’ibikorano.
Umugabo witwa Kanani Muhamudu w’imyaka 32 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa iwe afite udupfunyika 533 tw’urumogi.
Umusaza witwa Masikini Michel w’imyaka 68 y’amavuko yafatanywe igiti kimwe cy’urumogi yahinganye n’imyaka ye yitagaho ndetse akaba yari yaranatangiye kugisarura.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama batangariye iterambere abaturage b’Akarere ka Bugesera bamaze kugeraho barikesha umuriro w’amashanyarazi ndetse no gukoresha biogas mu ngo zabo.
Abapolisi babiri bakorera mu Karere ka Bugesera bakoze ibikorwa by’indashyikirwa banga kwakira amafaranga bagenewe ya ruswa kugira ngo bafungure abantu cyangwa ibintu bashimiwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa polisi ku rwego rw’igihugu.
Abahinzi b’urusenda bibumbiye amatsinda agizwe n’urubyiruko rutagize amahirwe yo gukomeza amashuri rwo mu karere ka Bugesera baratangaza ko bagiye kongera imbaraga mu buhinzi bwarwo kuko basanze ruteza imbere abaruhinga.
Abanyeshuri babiri, Uw’imyaka 16 n’uw’imyaka 17 bafatanwe indangamanota z’impimbano barimo kuzisabisha ishuri mu rwunge rw’amashuri rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Twahirwa Jean Nepo w’imyaka 29 y’amavuko, akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 kugira ngo arekure abo mu muryango we bari bafunze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako buravuga ko kwigisha abana bakiri bato ubutumwa bw’isanamitima, ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’uburyo bwo kubutanga ari nko guhinga mu murima ufite ifumbire.
Inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’ubw’Amakomini bihana imbibi mu gihugu cy’u Burundi yafashe umwanzuro wo guhanahana amakuru ku gihe ku byahungabanya umutekano ku mpande zombi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Tony Nsanganira, arasaba abahinzi ko gahunda yo kuhira imyaka imusozi ku buso buto bayigira iyabo kugira ngo bizababere igisubizo cyo kongera umusaruro.
Imvura yiganjemo amahindu n’umuyaga mwinshi yasakambuye amazu 45 ndetse inangiza ibintu byinshi birimo imyaka nk’ibigori, insina n’ibindi bitandukanye mu Kagari ka Maranyundo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Minisitiri muri ministeri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR), Mukantabana Séraphine arasaba abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya gukura amaboko mu mifuka bagakora bashaka ikibatunga, aho guhora bategereje inkunga batazi aho zizava.
Umwarimu ukekwaho gutera inda umunyeshuri yigishaga yarangiza akanamwica ubu ari mu maboko ya polisi ikorera mu Karere ka Ngororero kuva kuwa 13/01/2015, ikaba igikora iperereza ngo ashyikirizwe urukiko.
Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera yashyikirije uwitwa Niyigena Fabien moto yo mu bwoko bwa TVS yibiwe mu Rwanda igafatirwa mu gihugu cy’u Burundi, ku gicamunsi cyo kuwa 13/01/2015.
Mu mudugudu wa Kayenzi mu kagari ka Kayumba mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, hatoraguwe umurambo w’umugore utwite bigaragara ko yishwe anizwe.
Abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye yo kubakisha kiri mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Mugorore mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera maze umuntu umwe ahasiga ubuzima.
Abafite inganda zinyuranye mu Karere ka Bugesera baratangaza ko babangamiwe no kutabona ibyo gupfunyikamo ibikorwa byabo bihendutse, kuko ibyo bapfunyikamo bituma ibicuruzwa bihenda.
Mukakayonde Claudine amaze umwaka atunganya igihingwa cya Soya akibyazamo ibindi biribwa ndetse n’ibinyobwa, igikorwa avuga ko gifasha kongera agaciro k’iki gihingwa kandi akarushaho kwiteza imbere dore ko bimwinjiriza amafaranga ibihumbi 180 ku kwezi.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa inka bibye yatanzwe muri gahunda ya girinka.
Umugabo witwa Dukuzumuremyi Emmanuel w’imyaka 41 y’amavuko yafatiwe iwe mu rugo afite uruganda ruto rwenga inzoga itemewe ya Kanyanga.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheihk Musa Fazil Harerimana arasaba abapolisi bashya kurangwa n’ubunyangamugayo kandi bakazakomeza kubaka izina ryiza n’isura nziza Polisi y’Igihugu ifite haba mu Rwanda ndetse no mu ruhando rw’amahanga.
Ubukangurambaga bucye ku baturage no gucibwa amande mu gihe umubyeyi yarengeje iminsi 15 atandikishije umwana, ni byo biri ku isonga mu gutuma ababyeyi batandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere mu karere ka Bugesera.