Ubukangurambaga bucye ku baturage no gucibwa amande mu gihe umubyeyi yarengeje iminsi 15 atandikishije umwana, ni byo biri ku isonga mu gutuma ababyeyi batandikisha abana mu bitabo by’irangamimerere mu karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bufatanije na Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere barasaba abaturage ubufatanye mu kurandura burundu ibiyobyabwenge n’ikoreshwa ryabyo, batanga amakuru aho babizi.
Mu ijoro rishyira kuwa 24/12/2012 inzego z’ibanze mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera zifatanyije n’iz’umutekano zakoze umukwabu maze bafata inzererezi n’indaya 100 zirimo 39 Abarundi badafite ibyangombwa.
Abagabo batatu barashakishwa nyuma yo gutoroka bagata imodoka bari barimo itwaye impombo zatwaraga amazi bari bibye bagiye kuzigurisha mu mujyi wa Kigali.
Inka eshanu zatanzwe n’Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bufaransa ubwo bari mu nama ya 12 y’umushyikirano zorojwe abaturage bo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nyabaranga, Akagari ka Ruhuha mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera baravuga ko batagitinya guhinga no mu bihe by’izuba kubera ko bamenye ibanga ryo kuvomerera imyaka.
Abagore bibumbiye muri Koperative “COVAMAYA Imirasire” y’ababoshyi b’uduseke ibarizwa mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera baratangaza ko kumenya gusoma no kwandika byatumye bongera umusaruro ukomoka mu bikorwa byabo kuko batakibura amasoko kandi mbere barayatakazaga.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, hafungiye abasore babiri aribo; Musemakweri David w’imyaka 25 y’amavuko na Nkurunziza Jean Marie w’imyaka 23 y’amavuko, nyuma yo gufatanwa ibikoresho bitandukanye byagiye byibwa mu mazu y’abaturage.
Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Nyamata (TSS Nyamata) ryahaye ikigo cyita ku bakecuru b’incike n’imfubyi zitagira kirera cyitwa “Maison Notre Dame de Compassion” inkunga y’ibitanda byo kuryamaho bifite agaciro k’ibihumbi bisaga 500.
Amatsinda y’isuku mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera yafashije mu kugabanya indwara zikomoka ku mwanda ugereranyije n’imyaka yashize.
Umuyobozi w’umudugudu wa Kagirazina mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera afungiye kuri sitasiyo ya polisi akekwaho kunyereza inka eshatu zatanzwe muri gahunda y’Ubudehe.
Umurundi witwa Ngabeshengera Jean Paul n’Umunyarwanda witwa Uwihoreye Emmanuel bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa binjiza impu z’amatungo mu Rwanda mu buryo bwa magendu.
Inama y’umutekano itaguye y’Akarere ka Bugesera yashyizeho komisiyo yo gusesengura ibibazo byasizwe n’umushoramari Uwineza Jean De Dieu watorotse mu kwezi gushize yambuye amabanki n’abaturage amafaranga asaga miliyari na miliyoni 600.
Rwiyemezamirimo witwa Shingiro Eraste w’imyaka 32 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera akurikiranyweho kutanga sheki ebyiri zitazigamiwe zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 11.169.000.
Abaturage bo mu kagari ka Bihari mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera baravuga ko igikorwa cyo gucukura imirwanyasuri mu masambu; bakitezeho kubongerera umusaruro, dore ko ngo batagiraga umusaruro mwiza biturutse ku isuri yatwaraga ibihingwa mu mirima.
Abakorera umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo giherereye hagati y’Akarere ka Bugesera na Komini ya Busoni yo mu Ntara ya Kirundo mu Gihugu cy’u Burundi, baravuga ko babangamiwe n’imitego bagenzi babo bo ku ruhande rw’U Burundi bakoresha ngo kuko byatumye umusaruro w’amafi ugabanuka.
Ubuyobozi bwa polisi ikorera mu Karere ka Bugesera buratangaza ko bumaze kwakira ikirego cy’abarega umushoramari Uwineza Jean de Dieu bakundaga kwita Majoro wambuye abaturage n’amabanki amafaranga angana na miliyari imwe na miliyoni 600 by’amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko ingeso ya bamwe muri bagenzi babo yo kwigana abafite ubushobozi buhambaye mu gihe bagiye gukora ibikorwa runaka byiganjemo ubukwe bigatuma basesagura ikwiye gucika mu maguru mashya kuko bishyira imiryango mu bukene.
Abagabo babiri bo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bafunze bakekwaho kunyereza ifumbire ingana na Toni ebyiri.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa tariki 29/11/2014, abaturage bo mu karere ka Bugesera ahatangirijwe icyo gikorwa ku rwego rw’igihugu bagaragaje ko na bo bamaze kumenya ububi bwa ruswa.
Umushinga Millennium Villages Project wahaye inkunga abahinzi n’abanyabukorikori bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera moto nini izajya ituma bageza umusaruro wabo ku masoko dore ko byabagoraga.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera baravuga ko imbuto y’imyumbati bahawe yaje mu mirenge imwe n’imwe naho ikaba nke ku buryo hari imirenge itageze mo, kandi ngo bari bateguye intabire zo guhingamo none zibereye aho.
Umugabo witwa Mukunzi Adrien wo mu Karere ka Bugesera arihakana abana be yibyariye mu gihe abaturanyi be n’abandi bamuzi ndetse n’umugore bababyaranye bemeza ko ari abe.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugore umwe n’abagabo babiri nyuma yo gufatwa batwaye ibiti bitemewe gucuruzwa by’umushikiri mu mashakoshi n’ibikapu bitandatu.
Umugabo witwa Kayihura Pascal w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa insinga z’amashanyarazi zitemewe gucuruzwa no gukoreshwa mu Rwanda kuko zituzuje ubuziranenge zifite agaciro k’ibihumbi 816 by’amafaranga y’u Rwanda.
Mu gihe ikiraro cya Rwabusoro gihuza uturere twa Bugesera na Nyanza kitarasanwa, Ingabo z’u Rwanda (RDF) zabaye zikoze ikiraro gikoreshwa n’abanyamaguru, amagare na moto kugira ngo ubuhahirane hagati y’utwo turere bukomeze.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera bitabira amatsinda yo kwizigama no kugurizanya baragirwa inama yo gukorana n’ibigo by’imari iciriritse kugirango bibashe kugenda neza.
Abaturiye ikiyaga cya Cyohoha y’epfo bavuga ko amazi y’iki kiyaga agenda yiyongera biturutse ku ngamba zo ku kibungabunga zafashwe, kuri ubu amazi yacyo akaba amaze kwiyongeraho metero 5 mu gihe cyari cyagabanutseho metero 8 mu myaka yashize.
Abaturage bo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera bahangayikishijwe no kuba hari amavomo amaze umwaka nta mazi ageramo, kandi nyamara amavomo y’abaturage ku giti cyabo yo ageramo amazi.
Umuforomo witwa Barayavuga Jean de Dieu w’imyaka 42 y’amavuko wo mukigo nderabuzima cya Nyamata, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera akekwaho gushaka gusambanya umurwayi yararimo kuvura.