Madame Jeannette Kagame arasaba abakobwa kutatinya ikoranabuhanga, ahubwo ko bagomba kurikoresha bavumbura udushya.
Madame Jeannette Kagame aratangaza ko mu Rwanda ari igihugu gifasha abakobwa gutera imbere, agendeye ku mibare igaragaza ko abakobwa bagera kuri 96% bashoboye kujya mu ishuri.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera cyane cyane abo mu Murenge wa Rilima baravuga barashinja imbuto bahawe gutuma barumbya bigatuma bacika integer zo kongera guhinga soya.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Bugesera cyane cyane abaturiye Ikiyaga cya Cyohoha ya Ruguru baravuga ko bamaze kwiteza imbere babikesha amafaranga bakura mu mushinga wo gutunganya icyo kiyaga, bagikuramo amarebe yari agiye gutuma gikama.
Mutabazi Davide wo mu Mudugudu wa Rwarusaku mu Kagari ka Kibenga ho mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera ari mu maboko ya Polisi nyuma yo kwica mukuru we Bapfakurera Eric amuziza, ku wa 9 Kanama 2015 ngo amuziza imitungo.
Uburyo burya bwo gutera imiti yica imibu mu bishanga no mu bidendezi, byagize uruhare mu kugabanya indwara ya malariya, nyuma y’uko ubushakashatsi bwari bwaragarije ko hari icyo bishobora guhinduraho.
Abarimu bo mu karere ka Bugesera bashyigikiye ivugururwa ry’itegeko nshinga, kubera imiyoborere ya pPerezida Kagame yatumye bava ku ishuri rimwe ryari muri ako karere naryo ryari ryubakiwe impunzi z’Abarundi, ubu muri buri murenge hakaba hari ishuri ryisumbuye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa 31 Nyakanga 2015, muri Hotel Golden Tulip mu Karere ka Bugesera, yaganiriye n’urubyiruko rwibumbiye mu muryango Global Health Corps washinzwe na Barbara Bush, umukobwa wa George W. Bush wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abahinzi n’aborozi bo mu karere ka Bugesera baravuga ko bazakora ibishoboka byose kugira ngo itegeko nshinga rivugururwe, cyane ingingo y’101 ikumira perezida Kagame maze abashe kongera kuyobora, kuko yabakijije inzara no gusuhuka byarangaga abatuye ako karere.
Umushinga LVEMP II w’ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) ugiye gutera imigano ku nkombe z’umugezi wa Nyabarongo. Ikazaterwa ku burebure bwa kilometero 74, hagamijwe kubungabunga amazi y’uyu mugezi akomeje kwanduzwa n’isuri ituruka mu misozi iwukikije.
Irakoze Gleme, umukobwa w’imyaka 19 ukora akazi ko kuvugira inka, avuga ko aterwa ishema no kuvugira inka mu birori bitandukanye kandi ari umukobwa, umurimo ubusanzwe ukorwa n’abagabo.
Ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, iz’umutekano ndetse n’abaturage, ku wa 10 Nyakanga, mu Karere ka Bugesera hasenywe inganda ebyiri zenga inzoga itemewe ya kanyanga zari mu Mudugudu wa Karambo mu Kagari ka Gihembe mu Murenge wa Ngeruka.
Nyuma yo kugaragaza ikibazo cy’amazi bafite,bakavuga ko batangiye kuyasaba kuva ku bw’abami ntibayabone, Akarere ka Ngoma kagennye miliyoni 144 zizakoreshwa mu kwegereza amazi meza abaturage bo mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama.
Bamwe mu batuye mu karere ka Nyaruguru bavuga ko kuba Abanyarwanda basigaye batembera mu gihugu nta muntu ubaka ibyangombwa ngo ari kimwe mubyo bibohoye.
batanu bari mu kigero cy’imwaka ibiri kugeza kuri 7 barumwe n’imbwa bivugwa ko yasaze yo mu kagari ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Sebyenda Patrick bakundaga kwita Mosayi wakoraga akazi ko kotsa inyama mu Gasenteri ka Cyanika kari mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera yitabye Imana nyuma ngo kunywa uducupa dutanu tw’inzoga yitwa Furaha.
Umugabo witwa Rubwiriza Tharcisse w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera kuva mu cyumweru akorwaho iperereza kubera gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine.
Umuyobozi w’ikigo cyo kubitsa no kuguriza “Sacco Mareba” Munyantore Gratien n’umucungamutungo wacyo Mbarubukeye Joseph, barafunze nyuma yo kugaragara ko hari amafaranga yagiye asohoka batagaragariza ibimenyetso.
Abasenateri n’abadepite baratavuga ko batazazuyaza kurwanya no kwamagana ikibi aho kizava hose ngo ntibazanatinya kuhara ubuzima bwabo kugira ngo kiranduke, nyuma yo kwibonera n’amaso amateka abitse mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama.
Perezida Kagame yasabye abasirikare baba ofisiye bashya basaga 528 basoje ikiciro k’ishuri rya gisirikare, kudatatira igihango n’indahiro bakoreye imbere y’Abanyarwanda n’igihugu muri rusange.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wahaye ipeti rya ‘Sous-Lieutenant’ abasirikare bato(Cadets) bo mu Ngabo z’u Rwanda bagera kuri 528 barimo ab’agitsina gore 60, kuri uyu wa gatanu tariki 26/6/2015; anaburira Ingabo z’igihugu n’abakozi b’izindi nzego muri rusange, ko abatatira igihugu bazabihanirwa n’amategeko, kabone (…)
Mu Kiyaga cya Cyohoha y’Epfo kiri mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Sentwari Emmanuel bikekwa ko yaba yiyahuye.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Ayirwanda Jean Baptiste nyuma yo gufatwa aha umupolisi ruswa y’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda ngo afunguze umugore we.
Inyubako y’ibiro by’akarere ka Bugesera igiye gusubizwa ku isoko maze ipiganirwe kubashaka kurangiza imirimo yiyo nyubako, nyuma yaho rwiyemezamirimo ayitaye ntayuzuze biba ngombwa ko haseswa amasezerano.
Abakozi b’isosiyete itanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba Mobisol baremeye abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera babaha ihene ndetse banabishyurira ubwisungane mu kwivuza.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) kiravuga ko kigiye gukemura ikibazo cyo kubura amazi meza mu Karere ka Bugesera ngo kikazaba cyakemutse bitarenze amezi 18.
Abakozi b’Ibitaro bya Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru nyuma yo gusura urwibitso rwa Jenoside rwa Nyamata baravuga ko bizabafasha mu kazi bakora.
Ishyirahamwe ry’abaganga b’abakiristo bakorera mu bitaro binyuranye byo hirya no hino mu Rwanda batangiye igikorwa kizamara iminsi ibiri, bavuririra mu Kigo Nderabuzima cya Gashora mu Bugesera indwara zinyuranye.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi, amashyamba n’umutungo kamere mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi akekwaho kugira uruhare mu kwangiza ibidukikije.