Umugabo witwa Kayonga John w’imyaka 58 utuye mu Kagari ka Mareba mu Murenge wa Nyarubuye yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 27 Gashyantare 2015 nyuma yo gukubitwa n’abana babiri bari basanzwe baragirana ku ibuga rya Nyarubuye.
Mu Mudugudu wa Mwirute, Akagari ka Mwirute, mu Murenge wa Rukoma; Polisi yafatanye ikilo cy’urumogi umugabo witwa Ukwizabigira Emmanuel, ahita ashaka gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi 20, ibyaha biba bibiri.
Abanyeshuri n’abarimu b’Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Polisi rya Gishari (Gishari Integrated Polytechnic/GIP) riri mu Karere ka Rwamagana, bakoze urugendo rugamije kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, hagamijwe kwigisha urubyiruko n’abaturage muri rusange ububi n’ingaruka zabyo, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 27/02/2015.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga, iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, azira gufatanwa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 y’amiganano.
Mu Karere ka Nyabihu kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, batwitse ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 2 n’ibihumbi 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwemeje ko Ikigo ngorora muco cya Ngororero (Transit Center) kiri mu Murenge wa Kabaya ari icyitegererezo mu bindi bigo nka cyo byo mu tundi turere tugize iyi ntara bityo abayobozi b’uturere bakaba basabwa kukigiraho mu kunoza imikorere y’ibigo ngororamuco byo mu turere twabo.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze inzu y’umugore witwa Nyirantuyahaga Seraphine utuye mu Mudugudu wa Kabageyo, Akagari ka Rangiro ho mu Murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi abantu bane barakomereka, umwe akaba arembye.
Umwana witwa Shema Darius w’imyaka 9 wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi yarohamye mu Mugezi wa Rusizi mu ma saa tanu zo ku wa 25/02/2015 ubwo yari agiye koga ari kumwe n’abandi aburirwa irengero.
Uwamahoro Chantal w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Nyarupfubire, Akagari ka Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare yakuyemo inda y’ abana 2 b’impanga arabica afatwa amaze guta umwe mu musarane.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse utuye mu Mudugudu wa Nyarucyamo II, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye yaraye akubiswe ahinduka intere, afatiwe mu ishuri riri muri uwo mudugudu ryitwa Gahogo Adventist Academy arimo kwica inzugi ngo yibe mu bubiko bw’iryo shuri.
Abaturage babiri barwanye umwe akubita undi ibuye amumena umutwe bapfuye ko amwishyuza urwagwa yari amaze kugura.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite ibirango T223ANH na T760ANY yari itwawe n’umushoferi witwa Kisanga Charles Peter w’imyaka 41 yagonze umunyegare witwa Nsengimana Evariste wari uri mu kigero cy’imyaka 19 ahita apfa.
Mu gitondo cyo kuwa Mbere, tariki 23/02/2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land cruiser ifite numero ziyiranga RAA 643E yakoreye impanuka mu Murenge wa Kanyinya, ahitwa i Shyorongi mu Karere ka Nyarugenge umushoferi wari uyitwaye ahita apfa, naho abandi batatu mu bantu bane bari kumwe barakomereka.
Umugore witwa Mukamuganga Ester wo mu Mudugudu wa Gatare mu Kagari ka Munanira ho mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi arimo gushakishwa n’inzego z’umutekano ashinjwa kwica umugabo we Ndagijimana Daniel mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Gashyantare 2015.
Polisi y’Igihugu iratangaza kuva kuwa 16 kugeza ku wa 18/02/2015 yataye muri yombi abashoferi 17 bagerageza gutanga ruswa ku bapolisi nyuma yo kubafatira mu makosa atandukanye bakoreye mu muhanda.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu Karere ka Musanze buratangaza ko hari abatekamutwe babeshya ko ikarabiya ikozwe mu mabuye y’agaciro yitwa mercure rouge ahenda cyane kugira ngo babahe amafaranga.
Umugabo utaramenyekana amazina arashakishwa nyuma yo gufatwa na Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda kuri uyu wa 18 Gashyantare 2015 agahita yiruka kuko ngo yari atwaye inzoga za Amstel Bock za magendu.
Abagabo batatu bafunzwe bakekwaho kugurisha ibikoresho byari bigenewe kubaka ishuri ribanza rya Rudaga mu karere ka Nyamasheke.
Mukabugingo Anathalie utuye mu Murenge wa Musaza na Urayeneza Emmanuel bafatanywe ibiro 25 by’urumogi bari batwaje umugabo witwa Nkurunziza Emmanuel, wagombaga kubaha ibihumbi 10 buri umwe nyuma yo kurugeza i Nyabugogo.
Mu Mirenge ya Nyagisozi, Busanze na Ruheru yo mu Karere ka Nyaruguru hakozwe umukwabu wo gufata abacuruza inzoga z’inkorano zizwi nka Nyirantare ziramenwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Mazimpaka Egide, Umuhuzabikorwa wa VUP mu Murenge wa Ngamba, Kabano Thomas ndetse n’Ushinzwe inguzanyo muri SACCO ya Ngamba, Xavier; bafungiye muri Sitasiyo ya Polisi ya Runda, kuva ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 17/2/2015, bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Nzeyimana Polycalpe, umukozi ushinzwe iterambere (SEDO) mu Kagari ka Gitisi mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 17/02/2015, akekwaho icyaha cyo kwakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 5 ayatse umuturage.
Mu ijoro rishyira tariki 17/02/2015 Polisi ikorera mu Karere ka Kirehe yafashe inka 37 mu Kagari ka Saruhembe mu Murenge wa Mahama bivugwa ko zibwe muri Tanzaniya abari bazishoreye baracika ubu bakaba bagishakishwa.
Amazu 15 y’abaturage yasambuwe n’umuyaga uvanze n’imvura nyinshi yaguye mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Butera Kayitani w’imyaka 41 wari utuye mu Kagari ka Munyarwanda mu Murenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo yakubiswe n’abantu bataramenyekana ku wa gatandatu tariki ya 14/02/2015 bituma yitaba Imana.
Ibikorwa byo guhiga ibiyobyabwenge birimo gutanga umusaruro mu Karere ka Kamonyi, ariko abaturage banenga uburyo hari abafatwa bagahita barekurwa badahanwe.
Gatari Sylvestre w’imyaka 33 y’amavuko na Ndagijimana Alphonse w’imyaka 32 y’amavuko bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana ubwo bari bavuye guhinga mu Mudugudu wa Rebero mu Kagari ka Nyabyondo mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera.
Mu Mudugudu wa Gatare, Akagari ka Muganza, mu Murenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi; Inkuba yakubise abantu babiri bari bavuye kuvoma ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki 14/2/2015 babagejeje kwa muganga basanga bashizemo umwuka.
Mu nama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Ngororero yateranye ku wa kane tariki ya 12/02/2015, byagaragaye ko amakimbirane mu ngo, ubusinzi buterwa n’inzoga z’inkorano, kunywa ibiyobyabwenge arizo mpamvu z’ingenzi zikurura gukubita no gukomeretsa, iki cyaha ni nacyo gikunze kugaragara muri aka karere.
Umugore witwa Nyirabucyangenda Elevanie w’imyaka 43 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda akekwaho gutema umugabo we akoresheje isuka.