Bamurange Jeanine ukomoka mu Kagari ka Rukoma mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 04/02/2015 abaturage bamusanze hagati mu ngo ahitwa ku Kibuye, mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza atazi iyo ari ameze nk’uwapfuye.
Umugabo witwa Ndikuyeze Fabien wari utuye mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Rwagihura, Umurenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi bamusanze mu nzu amanitse mu mugozi yapfuye.
Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero aravuga ko umuntu umwe yamaze kwitaba Imana naho abandi 9 harimo 3 barembye bakaba bari mu bitaro kubera impanuka y’modoka itwara abagenzi (minibus), yabaye kuwa 02/02/2015.
Umusaza witwa Masikini Michel w’imyaka 68 y’amavuko yafatanywe igiti kimwe cy’urumogi yahinganye n’imyaka ye yitagaho ndetse akaba yari yaranatangiye kugisarura.
Abarobyi bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo bafatiwe mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw’u Rwanda bakoresha imitego itemewe kurobeshwa mu Rwanda izwi ku izina rya Kaningini.
Umwana w’imyaka 17 usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu Kagari ka Ruhanga, Umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka ibiri n’igice ku mugoroba wo kuwa kane tariki 29/01/2015.
Mukangarambe Asinath wo mu Murenge wa Kigina, Akarere ka Kirehe yiyahuye anyweye umuti wa tiyoda bamugejeje mu bitaro ahita apfa.
Iyamumpaye Rwaka Marcellin wari usanzwe akorera banki ya Kigali (BK) mu Karere ka Nyamasheke yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi, ihazabu ya miliyoni 10 ndetse na miliyoni esheshatu z’indishyi z’akababaro, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, kunyereza umutungo n’imikoreze mibi yonona umutongo wa BK.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Umunyakenyakazi Njoroge Lovini Wanjiru wari ufite ibiro bibiri n’igice by’ikiyobyabwenge cya Cocaine bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 85 z’amafaranga y’u Rwanda, yari avanye mu mujyi wa Sao Paolo muri Brazil yerekeza muri Kenya.
Kuri sitasiyo ya Kirehe mu Karere ka Kirehe hafungiye Umunyatanzaniya witwa Muhamedi Zuberi n’imodoka yari atwaye akurikiranyweho guha ruswa umupolisi.
Umugabo witwa Nikobahoze Callixte utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere, nyuma yo gukubita inkoni mu musaya umwana yibyariye akamukomeretsa bikomeye amuziza ko atagiye kwiga.
Inama y’umutekano y’akarere ka Rusizi yo kuwa 27/01/2015 yavugiwemo ko hari Abanyarwanda bari gufata z’i Burundi, bikaba bikekwa ko baba bari kuzifata ngo bazajye mu matora azaba i Burundi umwaka utaha.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru yataye muri yombi Nyirakubumba Basilissa na Mutabazi Honoré Jean Bosco bakorera Koperative Umurenge SACCO y’Umurenge wa Nyabimata “Sacco Ukuri Nyabimata” bakekwaho kunyereza umutungo wayo.
Mugabo Jean Paul ushinzwe gucunga ibikoresho by’akarere (Logistic officer) ari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ntendezi akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu yakoze mu byo yari ashinzwe gucunga nk’umukozi w’akarere.
Uwamariya Opportune, umucuruzi akaba na Perezida w’urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Karere ka Gakenke, yamaze gushyikirizwa ubugenzacyaha akekwaho kugira uruhare mu inyerezwa ry’amafaranga y’ifumbire no gukoresha inyandiko mpimbano.
Umusore witwa Gasigwa Emmanuel w’imyaka 20 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kirehe akaba n’umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yishwe mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 24/01/2015 akubiswe isuka mu mutwe ubwo yari aryamye.
Umumotari witwa Habamahirwe Leonard acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gufatanwa imiti ya magendu yari atwaye kuri moto mu mujyi wa Nyagatare.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Twahirwa Jean Nepo w’imyaka 29 y’amavuko, akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 kugira ngo arekure abo mu muryango we bari bafunze.
Umuryango w’abantu batatu witabye Imana bazize inkangu yasenye inzu yabo mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki ya 24/01/2015 mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro.
Polisi y’igihugu iratangaza ko uretse imibare mike nta nyungu iba mu gucuruza ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka k’ubifatanywe utaretse n’umuryango we.
Mu Mudugudu wa Cyayove, Akagari ka Mwurire, Umurenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye aho bakunda kwita “ku mukobwa mwiza”, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku cyumweru tariki ya 25/01/2015 habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa coaster ifite ibiyiranga RAC 551 H, abari bayirimo barakomereka, batanu bakaba baraye mu (…)
Umugore w’imyaka 20 y’amavuko wirinze gutangaza amazina ye yamburiwe mu mukino uteweme w’urusimbi anakubitwa iz’akabwana.
Sitasiyo ya polisi ikorera mu Murenge wa Ngoma mu Mujyi wa Butare mu Karere ka Huye yakoze umukwabu wo gufata abagurishiriza terefone zakoreshejwe (occasion) ahitwa mu Rwabayanga mu rwego rwo kugabanya ubujura bwa za terefone bugenda bwiyongera.
Ubuyobozi bwa Polisi bufatanyije n’ubw’akarere ka Gatsibo bakoze umuhango wo kumena no kwangiza ibiyobyabwenge bifite agaciro kangana na Miliyoni 5 n’ibihumbi 377 tariki 22 Mutarama 2015, mu murenge wa wa Rwimbogo.
Abenga inzoga z’ibiyobyabwenge bamwe bita nyirantare abandi bakazita ibikwangari bavuga ko babiterwa n’uko iyo benze iz’ibitoki baziburira icyashara kuko ngo abakiriya babo bikundira izi za nyirantare.
Karake Jean Pierre wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kirehe akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 8 ubwo yari agiye iwe kurahura.
Abaturiye ibagiro rya Gihara barinubira umunuko n’umwanda urivamo kuko bibicira umwuka bahumeka ndetse n’imbwa ziza kurya uwo mwanda zikabarira abana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bufatanyije n’inzego z’umutekano burasaba abaturage kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge by’inzoga z’inkorano kuko zangiza ubuzima bwabo zikanatuma bahungabanya umutekano.
Umugabo witwa Hakomerisuka Jean w’imyaka 40 wari utuye mu Kagari ka Rudogo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo yagaragaye amanitsemo mu giti yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 19/01/2015 mu masaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo.
Abayobozi batatu bakora mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gihango bakekwaho guhabwa Ruswa n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro ku buryo butemewe.