Gare ya Muhanga yatwaye asaga miliyari eshatu yatangiye gukorerwamo (Photos)

Iyo winjiye mu Mujyi wa Muhanga, waba uva i Kigali cyangwa ugana yo, utungurwa n’ubwiza bw’inyubako nshya ya Gare ya Muhanga, ibura amezi abiri ngo itahwe ku mugaragaro.

Gare yubatswe na RFTC ku nkunga y'Akarere ka Muhanga
Gare yubatswe na RFTC ku nkunga y’Akarere ka Muhanga

Iyi Gare yubatswe n’ihuriro ry’amakoperative atwara abagenzi RFTC, ikaba igiye kuzura itwaye Miliyari zisaga eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, Akarere ka Muhanga ko kakaba karabahaye inkunga y’ikibanza bubatsemo.

Mu myaka isaga ibiri yari imaze yubakwa, ubu yatangiye gukorerwamo, n’ahataruzura neza mu gihe cy’amezi abiri ngo hazaba huzuye, itahwe ku mugaragaro nk’uko byatangajwe na Rtd Col Twahirwa Dodo, Umuyobozi wa RFTC.

Dore mu mafoto agaragaza ubwiza bwa Gare ya Muhanga

imodoka za RFTC zatangiye gukorera muri iyi Gare
imodoka za RFTC zatangiye gukorera muri iyi Gare
Aho imodoka izajya ziparika hamaze kuzura
Aho imodoka izajya ziparika hamaze kuzura
Harimo umwanya uhagije ku buryo imodoka zizajya zisanzura
Harimo umwanya uhagije ku buryo imodoka zizajya zisanzura
imodoka zitwara abagenzi mu Ntara y'Amajyepfo nazo zatangiye gukorera muri iyi gare
imodoka zitwara abagenzi mu Ntara y’Amajyepfo nazo zatangiye gukorera muri iyi gare
Hubatswemo ibyumba bizajya bikorerwamo ubucuruzi buringaniye
Hubatswemo ibyumba bizajya bikorerwamo ubucuruzi buringaniye
zimwe muri izi nzu zatangiye gukorerwamo
zimwe muri izi nzu zatangiye gukorerwamo
Iyi nzu izakorerwamo ubucuruzi bw'ingeri zose
Iyi nzu izakorerwamo ubucuruzi bw’ingeri zose
Irimo ibyumba bisanzuye ku buryo ubucuruzi buzajya bukorwa nta mubyigano
Irimo ibyumba bisanzuye ku buryo ubucuruzi buzajya bukorwa nta mubyigano
Ni inzu yubatswe ku rwego rugenzweho
Ni inzu yubatswe ku rwego rugenzweho
Abafite ubumuga bagenewe inzira bazajya banyuramo
Abafite ubumuga bagenewe inzira bazajya banyuramo
Uwinjiye muri Muhanga wese aba abona iyi nzu
Uwinjiye muri Muhanga wese aba abona iyi nzu
Hubatswemo sitasiyo izajya iha essence imodoka zikorera muri iyi gare
Hubatswemo sitasiyo izajya iha essence imodoka zikorera muri iyi gare
Ubwiherero buzajya bwifashishwa n'abari mu ngendo
Ubwiherero buzajya bwifashishwa n’abari mu ngendo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ibi nibyiza cyane byerekana urugero rwu butegesti bwiza u Rwanda rufite. amajyambere agere hose mu gihugu bizatuma immijyi yos yiteza imbere, ariko icyo nenga gusa ni kimwe nta petrol station ishirwa hagati yaho abantu bakorera cg bahurira ari benshi,mwibaze habaye ikibazo cyi nkongi yu muriro nibangahe bashobora kuhaziga ubuzima. ubundi kubera ibibazo ubu isi irimo byabiyahuzi station za licanse bagerageza kuzigiya hirya gato ahatahurira abantu benshi.

Bimawuwa yanditse ku itariki ya: 12-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka