Bugesera: Abahinzi baremeza ko inyigisho bahawe zo kuvugurura urutoki byatanze umusaruro

Abahinzi b’urutoki mu karere ka Bugesera baravuga ko inyigisho bahawe zo kuvugurura urutoki zatumye barimo kubona umusaruro, bakaba baratangiye kubona umusaruro.

Joseph Byanafashe, umuhinzi w’urutoki wo mu murenge wa Kamabuye abivuga agira ati: “Nafashe iya mbere mu kuvugurura urutoki. Ndahamya ko uburyo bwo gusazura urutoki butanga umusaruro ushimishije kuruta uburyo bwa gakondo nakoreshaga mbere cyane ko bwari no mu kajagari”.

Avuga ko ubusanzwe insina bahingaga ari zimwe zizwi ku izina ry’Indaya cyangwa Bugoyi . Dore ko ubusanzwe muri aka gace byari bizwi ko insina ari izivamo urwagwa gusa binywera ubundi bakarugurisha amafaranga ku barucuruza.

Abahinzi berekwa uko bahinga insina bigatanga umusaruro.
Abahinzi berekwa uko bahinga insina bigatanga umusaruro.

Ati: “Ariko kuri ubu usanga izo nsina zakera twaragiye tuzisimbuza inshakara n’izindi nsina ziribwa zitetse n’imineke”.

Ushinzwe ubuhinzi mu karere ka Bugesera, Jean de Dieu Nkikabahizi, avuga ko ubuhamya abaturage batanga ubwabo usanga bavuga ko izi nsina ziribwa zitetse n’izitanga imineke zibazanira amafaranga cyane kurusha ziriya bengagamo inzoga.

Yongeraho ko ubu bwoko babushima, aho bavuga ko hari ubwo ushobora kubona igitoki gipima ibilo ijana.

Ati “kugira ngo ibi bigerweho hari ibyo Akarere kakoze ngo gushyiraho uturima-shuri mu mirenge, gukora ingendoshuri”.

Ubu bwoko bushya bw’insina bari guhinga ni FIA17,FIA 25, Injagi n’izindi. Kuri ubu iyo ugeze mu murima w’urutoki usanga hagati y’insina n’indi harimo metero eshatu ibyo bigatuma zitanga umusaruro ushimishije.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka