Ikipe y’ingabo z’u Rwanda mu mukino wa Handball yegukanye igikombe gihuza ingabo muri Afrika y’iburasirazuba,mu mikino yaberaga muri Uganda
Mu gihe ishyirahamwe ryo kumasha mu Rwanda rimaze igihe gito ritangiye,abakinnyi icumi baratoranijwe ngo bitabire amahugurwa azabafasha gutoza abandi bakinnyi.
Muri ½ cy’amarushanwa y’Agaciro development Fund,Sunrise yasezereye Rayon Sports,yerekeza ku mukino wa nyuma aho izahura na Police Fc yasezereye Musanze
Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) irakangurira abaturage kumva ko siporo atari iy’abafite amafaranga ahubwo ko ifitiye akamaro kanini umubiri wabo.
Nyuma yo gusesekara i Karongi ari uwa mbere,Patrick Byukusenge wo mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu,niwe wegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga i Muhanga ryerekeza i Karongi mu gace kuri uyu wa gatandatu.
Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino nyafurika (All African Games),ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Karate iripima n’igihugu cy’u Burundi, mbere y’uko iyi kipe yerekeza muri Congo-Brazzaville.
Nyuma y’igihe kinini nta siganwa ry’amagare babona,abatuye mu karere ka Karongi kuri uyu wa gatandatu baraza kwakira isiganwa ry’amagare riva i Muhanga ryerekeza mu karere ka Karongi
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa gicuti wa Ethiopia ndetse n’umukino uzahuza u Rwanda na Ghana taliki ya 05 Nzeli 2015,abakinnyi 26 bamaze guhamagarwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu .
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri 1/2 nyuma yo gutsinda ikipe ya Mukura ibitego 2-1, mu gihe ikipe ya APR Fc isezerewe na Police kuri Penaliti 4-3,nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino y’Agaciro Development Fund.
Kuri uyu wa gatatu harakomeza imikino y’Agaciro Development Fund,aho ikipe ya Rayon Sports iza kwisobanura na Mukurai Muhanga, mu gihe APR Fc nayo iza kuba ikina Police Fc ku Kicukiro.
Mu gihe habura amezi hafi atatu ngo isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi ku izina rya Tour du Rwanda ngo ritangire,ubu hamaze gushyirwaho umutoza uzaba utoza iyo kipe ariwe Sterling Magnell
Mu mikino ihuje abasirikare bo mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba yatangiye kuri iki cyumweru tariki 16 z’ukwa munani 2015,abakinnyi bahagarariye u Rwanda batangiye begukana intsinzi aho mu mukino wa Basketball na Handball batangiye batsinda naho Netball baza kunyagirwa na Uganda,mu mikino izasozwa taliki ya 28 Kanama 2015.
Ku munsi wa kabiri w’imikino y’Agaciro Development Fund,ikipe ya Rayon Sports itangiye itsinda ikipe y’Amagaju iyisanze iwayo mu Karere ka Nyamagabe,aho yayitsinze ibitego 2-0 byatsinzwe n’umukinnyi uri mu igerageza witwa Davies.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu gihugu cy’ubwongereza yari yakomeje,aho ikipe ya Manchester City ku kibuga cyayo yanyagiye ikipe ya Chelsea ibitego 3-0,mu mukino w’umunsi wa kabiri w’iyo shampiona.
Ku munsi wa mbere w’imikino y’Agaciro Development Fund yabaye kuri uyu wa gatandatu,ikipe ya Mukura yaje kwihererana ikipe y’Amagaju iyinyagira ibiotego 4-0, mu gihe ikipe ya Marines yasubiye mu cyicro cya kabiri yaje gutsinda Musanze 1-0
Umuryango mpuzahamahanga wa Action Aid ku bufatanye n’umuryango nyarwanda ugamije guteza imbere i Busoro (APIDERBU) bumvikanishije uburemere bw’ikibazo cy’abana bata ishuli mu buryo bw’ubukangurambaga bwifashishije imikino.
Mu gihe haburaga umunsi umwe ngo imikino y’agaciro Development Fund itangire,haje ku ba impinduka ku ngengabihe y’ayo marushanwa,aho amakipe yahise ashyirwa mu matsinda maze amakipe yombi akazagenda ahura hashingiwe ku turere aherereyemo.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gushakisha umutoza uzayitoza mu mwaka w’imikino wa 2015-2016,aho kugeza ubu abatoza bagera kuri batanu bari mu biganiro n’iyi kipe ya Rayon Sports,kugira ngo batoranywemo uzatoza iyi kipe y’i Nyanza.
Mu rwego rwo kwitegura umukino wo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afrika cya 2017,ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yateguye umukino wa gicuti uzayihuza n’ikipe y’igihugu ya Ethiopia taliki ya 28 Kanama 2015
Mu gihe habura iminsi igera kuri ine ngo mu Rwanda amarushanwa yitiriwe "Agaciro Development Fund", ikipe y’akarere ka Rusizi ariyo Espoir Fc yamaze gutangaza ko ititeguye kwitegura aya marushanwa azatangira kuri uyu wa gatandatu
Amakipe agera kuri 16 niyo biteganijwe ko azitabira irushanwa ryitriwe Agaciro Development Fund,irushanwa biteganijwe ko rizatangira taliki ya 15/08 kugeza taliki ya 30/08/2015.
Kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi bagera ku ijana na mirongo icyenda (190) batangiye amarushanwa yiswe Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",aho ku munsi wa mbere hakinwe umukino wa Tennis.
Ikipe ya police Fc ikomeje imyiteguro ya Shampiona,aho nyuma yo gutsinda ikipe ya APR Fc 1-0,yongeye gutsinda ikipe y’Amagaju Fc igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri stade ya Kicukiro kuri uyu wa gatandatu.
Ikipe ya Espoir yongeye kwegukana igikombe gisoza shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda,nyuma yo gutsinda ikipe ya Patriots imikino itatu kuri umwe (mu bagabo), mu gihe mu bagore ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe imaze nayo gutsinda UBUMWE BBC imikino itatu kuri umwe
Ubuyobozi bushinzwe imikino mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Ruhango, buravuga ko nyuma yo kubona ko hari abana benshi bafite imano zitandukanye mu mikino yose ariko ntizibashe kumenyekana zigapfa ubusa, bashyizeho ingamba kubakurikiranira hafi.
Guhera taliki ya 10 Kanama kugeza taliki ya 15 Kanama 2015,kuri Hotel Novotel Umubano harabera amarushanwa yateguwe n’iyo Hotel,amarushanwa yiswe "Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",azahuza abakinnyi bakina umukino wa Tennis ndetse no koga
Mu gihe urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rwisanga mo impano y’umukino wa Acrobatie, akarere karasanga kagomba gushyira ingufu muri uwo mu kino hagambiriwe no gutanga ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA,u Rwanda rwongeye gutakaza imyanya 13 aho rwavuye ku mwanya wa 78 rwariho mu kwezi gushize,rukaba rwagiye ku mwanya wa 91 ku isi mu mupira w’amaguru
Mu rwego rwo kwitegura shampiona y’umwaka w’imikino wa 2015/2016,ndetse no gusuzuma abakinnyi baguzwe n’aya makipe yombi,kuri uyu wa gatandatu ikipe y’Amagaju na Police Fc barakina umukino wa gicuti
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Johnattan Mckinstry tamaze guhamagara abakinnyi 26 bagomba mu mwiherero uzabera mu gihugu cya Ecosse n’ubwo igihe cyo kujyao kugeza kuri uyu mwanya kitaramenyekana.