Mu gihe urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rwisanga mo impano y’umukino wa Acrobatie, akarere karasanga kagomba gushyira ingufu muri uwo mu kino hagambiriwe no gutanga ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA,u Rwanda rwongeye gutakaza imyanya 13 aho rwavuye ku mwanya wa 78 rwariho mu kwezi gushize,rukaba rwagiye ku mwanya wa 91 ku isi mu mupira w’amaguru
Mu rwego rwo kwitegura shampiona y’umwaka w’imikino wa 2015/2016,ndetse no gusuzuma abakinnyi baguzwe n’aya makipe yombi,kuri uyu wa gatandatu ikipe y’Amagaju na Police Fc barakina umukino wa gicuti
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Johnattan Mckinstry tamaze guhamagara abakinnyi 26 bagomba mu mwiherero uzabera mu gihugu cya Ecosse n’ubwo igihe cyo kujyao kugeza kuri uyu mwanya kitaramenyekana.
Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports itoreye komite nshya ,kuri uyu wa gatatu nibwo Komite icyuye igihe iza guhereza ububasha bwo gukora Komite nshya iyobowe na Gacinya Denis watowe kuri iki cyumweru
Mu rwego rwo guteza imbere umukino w’intoki wa Handball mu Rwanda,umuryango wa Gorillas handball club watangije umushinga wo gushakisha abana bafite impano muri uwo mukino,aho ku ikubitiro hamaze bamaze guhuriza abana mu bigo bitatu batozwa uwo mukino.
Nyuma y’igihe ikipe y’igihugu amavubi itegura umwiherero ugomba kuzabera mu gihugu cya Ecosse,urugendo rukomeje guhura n’inzitizi zirimo ibyangombwa by’inzira (Visas) aho kugeza kuri uyu munsi icyo kibazo kitarakemuka
Nsengimana Jean Bosco wo mu ikipe ya Benediction Club yo mu karere ka Rubavu,niwe wabaye mu isiganwa ryavuye mu karere ka Rubavu ryerekeza Musanze,nyuma yo gusiga abandi muri rimwe mu marushanwa agize Rwanda Cycling cup 2015
Shampiona y’icyicro cya mbere mu mupira mu Rwanda,byamaze kwemezwa ko izatangira taliki ya 18 Nzeli 2015,ariko bikazemezwa bidasubirwaho n’inama y’inteko rusange ya Ferwafa izaterana mu mpera z’ukwezi kwa munani.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 01 Kanama 2015,abatuye mu turere twa Rubavu,Nyabihu na Musanze baraza kuba bihera ijisho isiganwa ry’amagare rizava Rubavu rigasorezwa Musanze,aho rizaba ari rimwe mu masiganwa ngarukakwezi agize Rwanda Cycling cup 2015.
Ikipe y’igihugu y’abahungu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball,iraza gutangira amarushanwa y’imikino nyafurika (All african games) ihura n’ikipe y’igihugu ya Mali ku i saa tatu za nijoro zo mu Rwanda
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 y’Afrika y’epfo yatsinze ikipe y’igihugu y’u Rwanda nkuru (Amavubi) ibitego 2-0,mu mukino wa gicuti wabereye i Johannesbourg kuri uyu wa kabiri guhera i Saa moya z’ijoro
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volleyball,yatsinze ikipe y’igihugu ya Kenya bigoranye amaseti 3-2,mu rwego rwo guhatanira imyanya kuva ku wa 5 kugeza ku wa 7 mu gikombe cy’Afrika kiri kubera muri Egypt.
Ikipe ya APR Fc yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’igikombe giterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame (CECAFA Kagame Cup),nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Khartoum Fc.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnny McKinstry asanga Jimmy Mulisa ubu wagizwe umutoza wa Sunrise akiri umwana mu bijyanye no gutoza,nyuma y’aho bari bamaranye igihe cy’icyumweru mu myitozo y’Amavubi.
Nyuma y’igihe kigera ku cyumweru bakora imyitozo,ikipe y’igihugu "Amavubi" yerekeje muri Afrika y’epfo gukina umukino wa gicuti kuri uyu wa kabiri mu mujyi wa Johannesbourg guhera ku i Saa Cyenda z’umugoroba wo kuri uyu wa kabiri.
Nyuma y’aho ikipe ya Police Fc isezereye abakinnyi 12 ndetse ikaza no kwerekana abandi bashya yasinyishije bagera kuri 14, ubu irateganya gutangira kwipima n’amakipe yo hanze y’u Rwanda nyuma y’aho iboneye itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.
Nizeyimana Olivier wari umaze imyaka ine ayobora ikipe ya Mukura yongeye gutorerwa kuyobora iyo kipe mu gihe cy’imyaka ine,mu gihe uwo yari yarasimbuye ari we Abraham Nayandi atorerwa kuba Visi-Perezida w’iyi kipe ibarizwa mu karere ka Huye
Mu mwaka w’imikino wa 2015/2016,ikipe ya Mukura VS irateganya gukoresha ingengo y’imari ingana na Milioni ijana na mirongo itanu z’amafaranga y’u Rwanda,aho agera kuri Milioni 98 ariyo yizewe aho azaturuka
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abahungu batarengeje imyaka 16 mu mukino w’intoki wa Basketball,Buhake Albert yamaze gutangaza abakinnyi 12 bazahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika (All african games) izabera muri Mali
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Karate Nkoranyabahizi Noel, aratangaza ko ikipe abereye umutoza yakajije imyiteguro y’ amarushanwa y’ibihugu byo mu Karere ka Gatanu ( Zone 5), ateganyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 7 n’iya 8 Kanama 2015.
Ku munsi wa kabiri w’igikombe cy’Afrika,u Rwanda rwatsinze umukino warwo wa mbere,aho bihimuriraga ku birwa bya Maurice (Mauritius),nyuma y’aho bari batsindiwe ku mukino wa mbere na Maroc.
Gymtonic ya BE FIT ikorera muri Stade Amahoro ifitiye gahunda abakozi batabona umwanya wo gukora siporo, ibagenera ahantu ho gukorera siporo hagezweho kandi hujuje ubuziranenge kugira ngo umuntu abeho neza.
Ikipe ya Mukura VS irateganya kongera gutora komite nyobozi nshya kuri iki cyumweru,nyuma y’aho Komite yari isanzweho irangije manda yayo y’imyaka ine,igikorwa kizabera mu nama y’inteko rusange izabera mu karere ka Huye
Nyuma y’iminsi ine ikipe y’igihugu Amavubi iri mu myitozo mu rwego rwo gutegura imwe mu mikino itandukanye ya gicuti,umukino wagombaga kuyahuza n’igihugu cya Nigeria y’abatarengeje imyaka 23,uwo mukino wamaze gukurwaho wimurirwa igihe kizumvikanwaho n’ibihugu byombi.
Ku munsi wa mbere w’igikombe cy’Afrika mu mukino w’intoki wa Volleyball kiri kubera muri Egypt,ikipe y’igihugu y’u Rwanda ntiyabashije kwivana imbere ya Maroc,aho yayitsinze amaseti atatu ku busa
Nyuma yo gushyirwa mu itsinda rya mbere rigaragaramo ibihugu bisanzwe bikomeye,umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball Paul Bitok yatangaje ko kugira ngo babashe gukomeza byibuze bibasaba gutsinda imikino itatu muri iryo tsinda,aho bagomba guhera kuri Maroc kuri uyu wa gatatu
Nyuma yo kuzamuka ho imyanya 16 ku rutonde rwa FIFA,u Rwanda rwashyizwe mu makipe atazanyura mu ijonjora ry’ibanze mu rwego rwo gushakisha itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi kizabera mu Burusiya mu mwaka wa 2018.
Nyuma yo gusinya imyaka ibiri mu ikipe ya Azam Fc,Mugiraneza Jean Baptiste "Migy" arabanza mu kibuga ku nshuro ye ya mbere nyuma y’aho umukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup yari yabanje ku ntebe y’abasimbura
Imihanga ya kaburimbo yatangijwe kubakwa na Seburikoko akaza kuyamburwa atayishoje kubera kutubahiriza amasezerano ikomeje kwangirika kubera gukoreshwa itarangiye, ubundi ikangizwa n’imvura.