Ubuyobozi bwa Rayon Sports buratangaza ko bateganya guhura n’abafana babo baba mu gihugu cy’Ububiligi mu gikorwa bise “Rayon Sports Day”.
Umurundi Mohamed Roshanali niwe bemeje ko ari we wabaye uwa mbere, agakurikirwa na Gakwaya Jean Claude, kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2016.
Ikipe ya Sunrise FC y’iburasirazuba n’ubwo yangiwe gukinira ku kibuga cyayo ntibyayibujije gutsindira AS Kigali, i Kigali, igitego 1-0.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.
Nyuma y’uko Ikipe ya Rayon Sports itsinze Police FC mu mikino itegura Shampiyona yongeye kuyitsinda iyinyagira ibitego 3 - 0 mu mukino ufungura Shampiyona.
FERWAFA yanzuye ko umukinnyi witwa Iminishimwe Emmanuel aba umukinnyi wa APR FC bidasubirwaho nyuma yo gusuzuma ikirego cyari cyatanzwe na Rayon Sports.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gufata icyemezo cy’uko itagikinnye umukino ufungura shampiyona yagombaga gukina na Police FC kuwa tariki ya 14 Ukwakira 2016.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse by’agateganyo ibibuga bitatau byagombaga kuzakinirwaho Shampiyona y’icyiciro cya mbere kuko bitujuje ibyangombwa bisabwa.
Sunrise FC, ikipe y’akarere ka Nyagatare yanganyije na Bugesera FC 0-0, nyuma yo gukinira mu kibuga cyuzuye ibidendezi by’amazi n’isayo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aratangaza ko abakinnyi b’ikipe ya AS Muhanga bakwiye kwigenga aho kwitwara nk’abakozi b’akarere bagasaba byose.
Mu mukino wo kwishyura wahuje APR Hc na Police Hc, urangiye amakipe yombi anganya 31-31, bituma Police Handball Club ihita yegukana igikombe cya Shampiona
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 08 Ukwakira 2016 Ikipe ya Rayon Sport yatsinze iya As Kigali 2-0 mu mukino wa Gicuti,,maze As Kigali Ivuga ko yagowe n’ikibuga.
Abanyamabanga b’amashyirahamwe y’imikino atandukanye mu Rwanda baratangaza ko nyuma yo guhugurwa n’Ikigega gishinzwe gufasha amashyirahamwe y’imikino kwiyubaka muri Siporo bizabafasha kunoza imikorere yabo.
Mu nama yahuje Abayobozi b’ikipe ya Mukura, Umutoza Okoko yasabwe kudakomeza gukoresha amarozi ashaka intsinzi, we akabihakana avuga ko yabajyana mu butabera
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka Rubavu harabera irushanwa ryiswe Vision 2020, ryateguwe n’ikipe nshya yitwa Scandinavia, rikazahuza amakipe ane
Mu mpera z’iki cyumweru muri Handball hateganyijwe isozwa rya Shampiona y’Abagore, mu gihe APR na Police HC nazo zizaba zikina umukino wo kwishyura wa Shampiona
Taliki ya 15-16/10/2016 mu karere ka Huye na Gisagara hazabera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Memorial Gakwaya, rikazanitabirwa n’amamoto harimo azaturuka Afurika y’epfo
Umutoza w’ikipe ya Poice Fc Seninga Innocent aratangaza ko mu gihe gito ayimazemo amaze kubona ishusho nyayo y’iyi kipe ku buryo ngo yizeye kuzatangira shampiyona neza
Umutoza wungirije w’ikipe y’igihugu Amavubi akaba n’umutoza wungirije wa tekiniki mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(Ferwafa) aratangaza ko ubumenyi avanye mu budage azabusangiza abandi batoza.
Nyuma yo gusanga hari ibibura, FERWAFA yatanze itariki ya 8 Ukwakira kuba Kirehe FC yujuje ibisabwa mu byumweru bibiri ngo shampiyona itangire.
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Séminaire Karubanda, Rwanda Revenue, UTB na GS Officiel de Butare ni zo zegukanye imyanya ya mbere
Mu irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu anatoza Volleyball muri Petit Seminaire ya Karubanda, abize muri icyo kigo bageze ku mukino wa nyuma uba kuri iki cyumweru
Umukinnyi Mwiseneza Djamar ukinira ikipe ya APR atangaza ko ikipe ya APR ifite imyumvire itandukanye n’iy’ikipe ya Rayon Sport.
Amakipe atandukanye y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda akomeje kwitegura Shampiona, aho mu mpera z’iki cyumweru hateganyijwe imikino izwi igera kuri itanu ya gicuti
Nyuma y’iminsi amarushanwa yo Kwibuka Rutsindura wahoze akina akanatoza Volleyball, kuri uyu wa Gatandatu no ku cyumweru arasubukurwa i Huye
Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS ibarizwa mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bahangayikishijwe n’abayobozi b’ikipe yabo bakomeje gusezera ku mirimo yabo.
Ferwacy na Team Rwanda bamaze gutangaza abakinnyi bazahagararira u Rwanda muri Shampiona y’isi na Grand Prix Chantal Biya izabera Cameroun
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko igiye kuzana undi rutahizamu wo gufatanya n’abahari, mu gihe iri kwitegura imikino yo mu Rwanda n’imikino mpuzamahanga
Nyuma yo kwerekeza Rayon Sports avuye muri APR Fc, Rwigema Yves aratangaza ko yiteguye ko bari baramwibeshyeho batamuha umwanya wo gukina