Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryasohoye urutonde rushya rw’abasifuzi mpuzamahanga, harimo abanyarwanda batatu bashya
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burateganya kuzashyiraho isiganwa ry’amagare ryitiriwe Lambert Byemayire, wari Visi Perezida w’ishyirahamwe ry’amagare mu Rwanda (FERWACY).
Umwaka wa 2016 ni umwaka waranzwe no kwitwara neza mu mukino w’amagare, Handball na Cricket naho Football n’ahandi intsinzi zirabura
Rayon Sports isoje umwaka wa 2016 iyoboye urutonde rwa Shampiona y’icyiciro cya mbere n’amanota 29 nyuma yo gutsinda Kirehe ibitego 3-1.
Umunsi mukuru w’ubunani uzizihizwa ku cyumweru tariki ya 1 Mutarama 2017 utumye shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere yigizwa imbere ho umunsi umwe.
Umukino wagombaga guhuza Pépinière na AS Kigali ntiwabaye nyuma y’aho iyi kipe ya Pépinière yanagombaga kwakira uyu mukino ibuze ku kibuga
Mu rwego rwo kuvumbura impano y’imikino mu bana bari munsi y’imyaka 17, abanyeshuri bagera kuri 608 bahurijwe mu Ishuri rya siyansi rya Byimana, hagamijwe kubafasha kugaragaza impano zabo.
Nyuma ya Tombola yabereye mu Misiri ku cyicaro Gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’ umukino w’Umupira w’amaguru ku mugabane w’Afurika CAF, kuri uyu wa 21 Ukuboza 2016, APR FC na Rayon Sport FC zamaze kumenya amakipe mu marushanwa Nyafurika
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 itsinze iya Uganda ihita ibona itike yo gukina igikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon muri Werurwe 2017.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 20, yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma uzaba ku wa gatatu tariki ya 21 Ukuboza 2016.
Mu mukino usoza iy’amatsinda mu irushanwa rya IHF Challenge trophy ribera muri Uganda, u Rwanda rwatsinze Uganda ibitego 44-29, zose zizamukana muri ½
Olivier Karekezi wamamaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko afite gahunda yo gutoza mu Rwanda muri shampiyona ya 2017-2018.
Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports FC buratangaza ko amafaranga ari gukusanywa ngo agure Amiss Cedrick azifashishwa mu gushaka umusimbura wa Pierrot Kwizera uzagenda.
Mu mukino wa mbere u Rwanda rwakinnye kuri iki cyumweru, rwatsinze Sudani y’Amajyepfo yaraye itewe mpaga na Uganda, bituma rubona itike ya ½ cy’irangiza.
Mu marushanwa ya Handball ari guhuza ibihugu bitandatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda rurakina umukino wa mbere na Sudani y’Amajyepfo
Minisiteri y’uburezi mu Rwanda (MINEDUC) ifatanyije n’ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri, bakomeje gushakisha abana b’abanyeshuri bafite impano mu mikino itandukanye.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere (Pepiniere Fc) buratangaza ko iyi kipe izongera kwakirira imikino ku kibuga cyayo nyuma yo kugisana.
Mu rwego rwo kwitegura igikombe kizabera muri Uganda guhera taliki ya 16 Ukuboza 2016, ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 ikomeje imyitozo i Huye
Urubyiruko ruturuka mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo rwashoje imikino rwakinagamo umukino witwa Football3 ugamije gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire.
Perezida wa Rayon Sports Fc Gacinya Denis, yasobanuye ko hari ikipe yo muri Maroc yatangiye kubavugisha ngo igure Pierrot, anatangaza ko na Cedrick bagomba kumugarura vuba
Amiss Cedrick wahoze akinira Rayon Sports, yongeye kuyigaragaramo ndetse anayitsinda igitego muri 3-1 batsinze ikipe ya La Jeunesse mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Gatatu
Ikipe ya APR Fc nyuma yo gutsinda Kirehe mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali, yahise ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Abakinnyi 20 b’umukino w’amagare batangajwe, bazatoranywamo uwahize abandi muri Afurika mu mwaka wa 2016, barimo Abanyarwanda batatu.
Umutoza Sogonya Hamisi wa Kirehe FC avuga ko ikipe ye igiye kwerekana ko ikomeye itsinda umukino w’ikirarane uyihuza na APR FC kuri uyu wa Gatatu
Abakinnyi babiri bari bamaze iminsi bitwara neza mu Rwanda, Areruya Joseph na Mugisha Samuel berekeje mu ikipe yabigize umwuga ya Dimension data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo
Iddy Ibe Andrew umunya Nigeriya utoza ikipe ya Sunrise, arashinja ubuyobozi bw’ikipe ye kugira uruhare mu musaruro mucye ifite.
Ikipe ya APR Handball Club yigaranzuye Police Hc iyitwara igikombe , inafashijwe cyane n’abakinnyi yayikuyemo
Rayon Sports itsindiye Amagaju iwayo, ihita yuzuza imikino 7 idatsindwa ndetse itaranatsindwa igitego muri iyi Shampiona
Mu mukino we wa mbere atoza APR Fc, Jimmy Mulisa abashije kubonera ikipe yahoze anakinira amanota 3, nyuma yo gutsinda Etincelles
Ikipe ya Rayon Sports yatangije uburyo bwo gukusanya amafaranga yo kugura rutahizamu Amiss Cedrick binyuze kuri telefoni zigendanwa