Ikipe y’Amagaju yasinyishije abakinnyi bashya barimo umukinnyi ukina anyura ku ruhande wo mu ikipe ya Vital’o Fc y’i Burundi witwa Shabban Hussein uzwi nka Tshabalala
Kuri uyu wa mbere ni bwo itsinda ry’u Rwanda riri muri Brazil mu mikino Olpempike ryakiriwe ku mugaragaro, ndetse n’ibendera ry’u Rwanda rirazamurwa.
Mu mikino ya Playoffs yabereye i Kirehe muri shampiyona ya Volleyball,ikipe ya UNIK yahoze yitwa INATEK yatsinzwe n’amakipe yose itwara igikombe nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya mbere.
Kuri iki cyumweru Police Fc yerekanye abatoza n’abakinnyi bashya yongeyemo uyu mwaka, Police Handball club nayo imurika ibikombe yegukanye muri uyu mwaka w’imikino
Mu mikino yo gushaka itike yo kwinjira mu cyiciro cya mbere gusimbura Muhanga FC na Rwamagana FC zamanutse mu cya kabiri, Kirehe FC yateye intabwe itsinda Etoile de l’Est 2-0.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball, ANgola yatsinze Egypt yegukana igikombe, u Rwanda rurangiza ku mwanya wa gatanu
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda hatangiwe ibihembo ku bakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016, byinshi byiharirwa na Rayon Sports
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda riza guha ibihembo abakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare igiye guhatana na Chris Froome wegukanye Tour de France, mu isiganwa ribera mu Bwongereza kuri iki Cyumweru
Kuri uyu wa Gatatu haraza gukomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, aho u Rwanda ruza kuba ruhura na Algeria Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba
Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kugurisha Davis Kasirye muri Motema Pembe ya Congo, iratangaza ko amafaranga yinjiye mu kigega cyayo ari Milioni 25Frws.
Nyuma yo gutadukana na Nizar Kanfir, APR Fc yashyizeho abatoza bashya, aho Mugisha Ibrahim yagarutse nk’umutoza w’abanyezamu, Rubona asubizwa gutoza abana
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kigamije kwerekana abatoza b’ikipe, umutoza mushya wa APR FC, Kanyankore Yaoundé, yatangaje ko yavuye muri Rayon Sports na Kiyovu kubera ubuswa bw’abayobozi bazo, akaba yizera ko muri APR FC atari ko bimeze.
Kuri uyu wa kabiri kuri Petit Stade Amahoro harakomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cya Basketball mu batarengeje imyaka 18
Mu isiganwa ry’amagare ryitiriwe umuco “Race for culture” ryavuye Nyamagabe ryerekeza I Nyanza, Hadi Janvier wari waryegukanye umwaka ushize yongeye kuryegukana
Hadi Janvier usanzwe ukina mu ikipe yabigize umwuga yo mu Budage yitwa Bike Aid, ni we wegukanye igihembo cyaari cyatanzwe na Kigali Today.
Ikipe y’Amagaju yasinyishije umutoza mukuru ndetse n’umutoza wungirije, igumana kandi n’umutoza w’abanyezamu bose babaye abakinnyi b’iyi kipe
Muri Tombola yabereye muri Marriott Hotel kuri uyu wa Kane, amakipe 12 yagabanijwe mu matsinda abiri, aho uRwanda ruyoboye itsinda rya mbere rutangira ruhura na Gabon kuri uyu wa Gatanu muri Petit Stade Amahoro.
Umukinnyi Muhadjili Hakizimana wari wamaze kugurwa na AS Kigali, ashobora kurara asinyiye APR Fc nk’inama yagiriwe na mukuru we Haruna Niyonzima
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, ibihugu 7 muri 11 bitegerejwe mu Rwanda byamaze kuhagera mu marushanwa atangira kuri uyu wa Gatanu
Nyuma y’aho umunyarwanda akuwe ku rutonde rw’abazakina Imikino Olempike izabera muri Brazil mu kwezi gutaha, hakomeje kwibazwa icyakuye uyu mukinnyi ku rutonde
Mitsindo Yves ubu uri gukinira ikipe ya Sporting Charleroi, arifuzwa n’amakipe yazamuye abakinnyi bakomeye ubu babarizwa muri Shampiona y’Abongereza
Umutoza wa As Kigali Eric Nshimiyimana yemeje ko Kabange Twite na Fuadi Ndayisenga bagiranye ibiganiro ku buryo bashobora kwerekeza muri iyi kipe
Ikipe ya APR Fc yashyikirijwe igikombe cya Shampiona ya 2015/2016, aho mu mukino wa nyuma wa Shampiona yatsinzwe na As Kigali ibitego 2-1
Kuri uyu wa Gatatu kuri Petit Stade Amahoro habereye imikino ya gicuti yitabiriwe na Biyombo Bismack ukina muri Orlando Magic yo muri Amerika ndetse n’abana batatu ba Perezida Kagame
Niyonshuti Adrien yiteguye kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu mikino Olempike izabera i muri Brazil mu matariki ya 5-21 Kanama 2016
Nyuma y’aho ikipe ya Police Fc isezereye umutoza Cassa Mbungo ANdre, ubu Seninga Innocent watozaga ikipe ya Etincelles ni we wagizwe umutoza mukuru
Nyuma y’iminsi bivuzwe ko uyu mukinnyi wa Rayon Sports azerekeza mu ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya, Emmanuel Imanishimwe yamaze kongera amasezerano muri Rayon Sports
Umukinnyi Kalisa Rachid usanzwe ukinira ikipe ya Police Fc yasobanuyeko kuba yaragiranye ibibazo n’umutoza wa Police Fc byatumye atinda kwerekeza ku mugabane w’i Burayi
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yo ku misozi, ikazaba kuri iki cyumweru taliki ya 17 Nyakanga 2016