Ministiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi ndetse n’uwa Uganda Amama Mbabazi, bari mu bayobozi ba za Guvernoma bakunze gusubiza abaturage mu biganiro bikorerwa ku rubuga rwa Twitter kurusha abandi.
Samsung yatsinze Apple mu rukiko rwo mu bwongereza nyuma y’uko Apple itanze ikirego ko Samsung yiganye iPads zayo igakora Galaxy Tab zisa nayo. Apple yategetswe gusaba imbabazi ibinyujije mu kwamamaza.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi (EU) birashinja Google ko itubahiriza amabwiriza agenga kutamena amabanga y’abakoresha internet.
Abikorera baturutse mu Rwanda barimo kaminuza Carnegie Mellon University, Axis, Zilencio Creativo, BSC, Osca Connect, Hehe Ltd na Ngali Holdings bitabiriye ibikorwa by’umuryango ITU biri kubera Dubai tariki 18/10/2012birimo n’imurikagurisha.
Bazarama Caïthan w’imyaka 33 y’amavuko utuye mu karere ka Nyanza wigeze gukora indege yifashihsije moteri ya moto arashaka kongera gukora indi bitandukanye ariko agasaba ko yaterwa inkunga muri icyo gikorwa.
Umuyobozi wa Google, Eric Schmidt, kuwa gatatu yabwiye abanyamakuru ko Apple yokosheje kureka gukoresha amakarita ya Google maps muri telefone za iPhones.
Ravi Borgaonkar, impuguke mu bushakashatsi bwa virus za telefone yatangaje ko hari virus ikora nka telekomande ishobora kwinjira muri telefone za Samsung Galaxy igahanagura ibirimo byose.
Hari amakuru avuga ko Apple imaze iminsi ireshya abakozi ba Google ikabaha akazi ku bwinshi kubera ko bafite ubumenyi ikeneye mu koranabuhanga ry’amakarita Apple ikeneye cyane.
Urubuga rwa Twitter rumaze gushyiriraho abarukoresha uburyo bwo gushyira ifoto yabo ku mwirondoro (profile) nk’uko bigenda kuri facebook, ibyo bita cover photo.
Ishyirahamwe ry’Ibigo by’Ikoranabuhanga n’Itumanaho mu Rwanda (RICTA), rirakangurira abantu ku giti cyabo n’ibigo bikorera mu Rwanda kwitabira gukoresha domain ya “.rw” ku mbuga zabo za internet, mu kwimenyekanisha no mu kumenyekanisha igihugu cyabo ku rwego mpuzamahanga.
U Rwanda ruzahagararirwa n’amakompanyi 10 akizamuka, atanga icyizere mu ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), azitabira amarushanwa yateguwe n’umuryango Startup World ufasha amakompanyi nk’ayo akiri mato kugira ubushobozi bwo kwiteza imbere.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda imaze ibyumweru bibiri itanga amahugurwa ku ikoranabuhanga yari agenewe abana biga mu mashuri abanza. Iyo gahunda bayise ICT4KIDS.
Abantu basaga 120 basoje amahugurwa ku ikoranabuhanga ku bufatanye na DOT Rwanda, umushinga wigisha abaturage gukoresha ikoranabuhanga mu iterambere, muri gahunda yayo yitwa Reach Up.
Kuva ku wa gatanu tariki 03/08/2012 abakiriya ba Banki y’abaturage y’u Rwanda, ishami rya Nyanza bakoresha ibyuma bya ATM barinubira ko batakibasha kubona amafaranga yabo mu buryo bubangutse kubera byahagaze gukora.
Ubushakashatsi bwakozwe na sosiyete Deloitte mu gihe cy’amezi 18 bugaragaza ko amabanki yo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba yibwe miliyoni 48.3 z’amadolari hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28/07/2012 urubyiruko nyarwanda rwagize umwuga ikoranabuhanga mu isakazabumenyi (ICT) bakoze igikorwa bise e-umuganda kigamije gushyira ibice bigize umujyi wa Kigali ku gishushanyo ndanga karere (openstreetmap).
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Uganda nibo bayobozi basubiza cyane ababandikiye ku rubuga rwa Twitter nk’uko bigaragara mu cyegeranyo kigaragaza uko abayobozi ku isi bakoresha Twitter.
Umusore witwa Nkundumukiza Jean Bosco uvuka mu murenge wa Kinyababa mu karere ka Burera yiyemeje guteza imbere ikoranabuhanga mu cyaro mu rwego rwo kurwanya ubushomeri anakangurira abandi kuryitabira.
Abaturage ba Afurika muri rusange n’Abanyarwanda by’umwihariko barakangurirwa kwitabira gukoresha imirongo ya internet (domain) iherwa n’akadomo Afrrica (.africa). Iyi domain yerekana imbuga za internet zo muri Afurika ikora nk’izanzwe iherwa na .com, .net, .rw n’izindi.
U Rwanda rugiye gushyiraho ikigo gishinzwe gukumira imikoreshereze mibi ya Internet; nk’uko bitangazwa na Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite ukoranabuhanga mu nshingano ze.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yemeza ko sosiyete zikora itumanaho mu Rwanda zishobora kuzamura ubukungu bw’igihugu, mu gihe zaba zigejeje serivise zitanga ku baturage bose.
Mu Rwanda haje indi sosiyete yitwa Canal+ icuruza imirongo ya televiziyo na radio hifashishijwe icyogajuru (Satelite). Ubu buryo ngo buje guhangana n’imiterere mibi y’ikirere n’imisozi byo mu Rwanda.
Ikigereranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kiragaragaza ko muri Gicurasi 2012 Abanyarwanda 43% bakoresha telephone zigendanwa. Muri Mata, Abanyarwanda bakoreshaga iryo tumanaho bari ku kigero cya 42%.
Mu kwezi kwa Mata uyu mwaka, abakoresha itumanaho rigendanwa biyongereyeho abafatabuguzi bashya bagera ku 54955 bituma abakoresha iri tumanaho mu Rwanda hose bagera kuri miliyoni 4,51.
Umuryango udaharanira inyungu z’amafaranga, Net Hope, urimo guhugura abize ibijyanye n’isakazamakuru mu ikoranabuhanga (ICT) binyuze mu kubohereza mu bigo binyuranye bikorera mu Rwanda mu rwego rwo kubahuza n’abakozi.
Perezida Kagame aza ku isonga mu baperezida bo ku mugabane wa Afurika bakoresha urubuga mpuzambaga rwa Twitter. Amaze kurwandikaho ubutumwa 2034 kandi akurikirwa n’abantu 63350 kuri Twitter.
MTN Rwanda, kuri uyu wa gatatu tariki 30/05/2012, yasinyanye na MFS Africa amasezerano azajya atuma abafatabuguzi ba MTN Mobile Money mu Rwanda babasha kwakira amafaranga aturutse hanze y’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/05/2012, yatangaije ku mugaragaro ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga ku Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburengerazuba barangizaga Itorero bari bamazemo iminsi 13 ku Kigo cy’Amahoro n’Imiyoborere Myiza cya Nkumba mu karere mu karere ka Burera.
Binyuze muri ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazamakuru, u Rwanda rwakiriye inama y’umuryango w’itumanaho ku isi (International Telecommunication Union) ifite insanganyamatsiko ivuga iti “Isakazamakuru rikoresha ikoranabuhanga rigere kuri bose” (Equitable Access to ICT).
Amahagurwa y’iminsi ibiri yiga ku mikoreshereze y’imiyoboro y’insinga z’itumanaho zinyura mu inyanja (Submarine Cables) yatangiye i Kigali muri Serana Hotel kuri uyu wa mbere tariki 07/05/2012.