Ministiri w’Intebe ari mu bayobozi bari ku isonga ku isi baganirira kuri Twitter
Ministiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi ndetse n’uwa Uganda Amama Mbabazi, bari mu bayobozi ba za Guvernoma bakunze gusubiza abaturage mu biganiro bikorerwa ku rubuga rwa Twitter kurusha abandi.
Raporo yakozwe n’ikinyamakuru The Atlantic cyo muri Amerika tariki 18/10/2012 ivuga ko abayobozi ba za Leta na Guverinoma bagera kuri 30 bifitiye imirongo bwite ya Twitter (atari iya rusange y’ibigo bahagarariye, cyangwa badasuburizwa n’abo bahagarariye).
The Atlantic cyanditse kiti:“Abayobozi baza ku isonga mu kuganira n’abandi ni Ministiri w’intebe wa Uganda, Amama Mbabazi witwa @AmamaMbabazi, ndetse n’uw’u Rwanda Dr Pierre Damien Habumuremyi witwa@HabumuremyiP kuri Twitter, bombi bajya bisubiriza ababakurikiye nta muntu ubasubirije”.
Dr Pierre Damien Habumuremyi ajya afata igihe kirenga isaha buri cyumweru, cyo kuganira n’uwo ariwe wese wifuza kugira icyo amubaza.
“Muratumiwe mu biganiro kuri Twitter kuri uyu wa gatanu, ndaza kuba nakira ibibazo bijyanye na gahunda za Guvernema ku gicamunsi, kuva saa munani kugera saa cyenda”, niko ikinyamakuru the Atlantic cyamusubiyemo.
Uburyo bwo kuganirira kuri Twitter burimo kubaka imibanire myiza n’amahanga; nk’uko The Atlantic cyakomeje kibivuga, ndetse ngo mu bihe biri imbere nta muyobozi uzaba ashobora gutorwa n’abo ayobora atifashisha itumanaho rikoresha imbuga nkoranyambaga nka Twitter na Facebook, n’ubwo hari n’izindi nyinshi zitarakoreshwa cyane.
Ba Ministiri bashinzwe ububanyi n’amahanga b’ibihugu bitandukanye biyemeje gukoresha Twitter ku buryo banagenzurana, utayikoresha akaba ashobora gutuma igihugu cye kitagira imibanire myiza n’ibindi.
Nubwo The Atlantic gishyize Ministiri w’intebe w’u Rwanda mu bayobozi bose bo ku isi bari ku isonga mu gukoresha Twitter bisubiriza ababandikira, hari uwahamya ko atarusha Perezida Kagame cyangwa Ministiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho.
Simon Kamuzinzi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|