Ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya ishobora kwakirira imikino yayo ya CAF Champions League mu Rwanda kubera kutagira stade yemewe.
Barack Hussein Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yababajwe n’urupfu rw’umunyabigwi mu muziki wa Pop na Jazz, Anthony Dominick Benedetto wamamaye nka Tony Bennett, witabye Imana ku myaka 96.
Urukiko rw’Ikirenga rwasubitse isomwa ry’urubanza ku kirego kirebana n’ububasha bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu gukora amaperereza yo gusaka mu ngo no mu zindi nyubako nta mpushya zo gusaka zerekanywe.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023, yambitse mugenzi we wa Repubulika ya Congo Denis Sassou-Nguesso, umudali w’icyubahiro witwa ‘Agaciro’ ku bw’imiyoborere ye idasanzwe.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yakoreye imyitozo kuri Kigali Pelé Stadium, yitabirwa n’abafana benshi.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, avuga ko ari ngombwa ko ibikorwa by’urugomo n’intambara bihagarara, amahoro akaganza muri Afurika, kuko adashobora kugerwaho bidahagaze.
Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Nyakanga 2023, Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yakiranywe urugwiro na Perezida Paul Kagame ari kumwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye z’Igihugu, ndetse yakirwa n’itorero ry’Igihugu, Urukerereza mu kumuha ikaze.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yasabye abahoze mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Congo, kubungabunga umutekano basanze, yibutsa abafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika kwirinda kuzitesha agaciro.
Kuri uyu wa gatanu Banki ya Kigali yamuritse ubufatanye na PREV Rwanda Ltd hagamijwe gushyigikira gahunda yo kubungabunga ikirere no gukumira ibyuka bicyangiza.
Ku wa 20 Nyakanga 2023, nibwo ikipe ya APR FC yahaye ikaze umutoza wayo mushya, Thierry Froger ndetse n’umwungiriza we Karim Khouda.
Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje urutonde rw’indirimbo zamunyuze muri iyi mpeshyi ya 2023 zirimo n’iz’Abanyafurika, Burna Boy na Ayra Starr.
Ubuyoobzi bwa Kaminuza ya UTB butangaza ko abanyeshuri bagiye mu gihugu cya Qatar, kwimenyereza akazi byarangiye bahawe akazi kubera imyitwarire myiza n’ubushobozi bagaragaje, bituma hategurwa amahirwe yo kohereza abandi.
Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri Qatar, yahaye ibihembo abafanyabikorwa bayo mu by’ingendo muri icyo gihugu, mu rwego rwo kwishimira umusaruro iyi sosiyete imaze kugeraho muri uyu mwaka.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023 mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Sonange Kayisire, arasaba abayobozi kuba urugero rw’abo bayobora kuko ari byo byafasha guhindura imyumvire y’abaturage, bakarushaho kwiteza imbere no kugira ubuzima bwiza.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine yamaganye ibyatangajwe n’u Burusiya, buburira ubwato bwose bunyura mu Nyanja y’umukara bujya muri Ukraine, ko buzajya bufatwa nk’aho bushobora kuba butwaye ibikoresho bya gisirikare.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, atangaza ko harimo gutekerezwa uko Itorero ryajya rikorerwa mu buryo buhoraho ku rwego rw’Umudugudu, kugira ngo birusheho korohereza ibyiciro n’inzego zose z’Abanyarwanda kugerwaho n’inyigisho z’uburere mboneragihugu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Malizamunda, yakiriye Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Misfer Faisal Al-Shahwani, bagirana ibiganiro ku kongerera imbaraga ubufatanye mu bya gisirikare.
Bamwe mu barimu mu Karere ka Ngoma barishyuriza agahimbazamusyi ku mbuga nkoranyambaga, kubera ko ngo batinze kugahabwa mu gihe mu tundi Turere ngo kamaze kubageraho, gusa ubuyobozi bwabizeje kukabagezaho bidatinze.
Intumwa yihariye ya Leta y’u Bwongereza ifite mu nshingano uburinganire bw’ibitsina byombi, Alicia Herbert OBE, yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukoresha ururimi rw’Icyongereza mu mashuri, binyuze mu mushinga Building Learning Foundation (BLF).
Tanzania yatumiye sosiyete 15 zo mu Misiri, hagamijwe kugira ngo mu myaka mikeya iri imbere, icyo gihugu kizatangire gukora imodoka na za moto bikoreshwa n’amashanyarazi, kandi bidakenera ababitwara.
Leta y’u Rwanda n’igihugu cy’u Budage byatangije ikigega cya Miliyoni 16 z’Amayero (asaga Miliyari 20Frw), kigamije kuzamura imibereho y’abaturage bakennye cyane bo mu turere 16 two mu ntara zose.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri atangira kuri uyu wa Gatanu tariki 21 kugeza kuya 22 Nyakanga 2023.
Abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo bari bafungiye ibyaha byo guhungabanya umutekano w’Igihugu, bafungurwa ku mbabazi za Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, banenze mugenzi wabo witwa Ntabanganyimana Joseph watorotse, ubwo bari bageze mu kigo cya Mutobo.
Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye mu ntera Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda DCG Felix Namuhoranye amuha ipeti rya CG (Commissioner General).
Abakobwa barenga 50 batsinze neza ibizamini bya Leta kurusha abandi, bagiye gufashwa kongererwa ubumenyi buhambaye mu ikoranabuhanga (Cording), hagamijwe kurushaho kongera umubare w’abana b’abakobwa bari muri urwo rwego.
Kuri uyu wa Gatatu hakozwe tombola y’uko amakipe azahura mu mikino ihuza amabanki mu Rwanda BK na I&M zisanga mu itsinda rimwe muri ruhago.
Mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, umushoferi yarokotse impanuka aho ikamyo yari atwaye yabuze feri igwa mu muganda Musanze-Busogo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko hari abana babiri bakoreye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu nzu y’ababyeyi iherereye mu bitaro bya Nyamata nyuma yo kubyara imfura zabo.
Ambasaderi uhoraho w’u Rwanda mu muryango w’Abibumbye, Claver Gatete yagaragaje ko u Rwanda rutewe impungenge na raporo iherutse gusohorwa n’impuguke ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.
Umunyarwenya Kevin Darnell Hart uri mu Rwanda kuva ku wa Kabiri yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, mu guha icyubahiro abahashyinguwe.
Perezida Paul Kagame yishimiye gusohokana n’abuzukuru be ku munsi wabo w’isabukuru y’amavuko bizihije ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 yerekeje muri Espagne aho igiye gukorera imyitozo y’iminsi itegura igikombe cy’isi kizabera muri Croatia.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga yakiriye Fidele Sarassoro intumwa idasanzwe ya Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara.
Umuyobozi wa UN Women, Sima Sami Bahous, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ya Women Deliver, ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023, yasuye ibikorwa bya Isange One Stop Center ku Kacyiru.
Ku wa 23 Nyakanga 2023, hateganyijwe isiganwa ry’amagare rigamije kwibuka no kuzirikana umurage wa Sakumi Anselme wazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu ijoro ryo ku wa 19 rishyira ku wa 20 Nyakanga 2023, Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo ryamagana ugushaka gushoza intamabara kw’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zitwaje amakuru y’ibihuha atarigeze atangazwa na Leta y’u Rwanda.
Ikigo Carousel Ltd gishinzwe gukoresha tombola yiswe Inzozi Lotto, cyongereye ibihembo mu mukino w’amahirwe wa Igitego Lotto, aho abantu barimo gutsindira moto, amafaranga cyangwa telefone yo mu bwoko bwa iPhone 14 Pro.
Muri Kenya, Leta yafashe umwanzuro wo kongera gufungura amashuri yari yafunzwe kubera imyigaragambyo ya Azimio.
Imibiri 10 y’abana barohamye muri Nyabarongo ku wa 17 Nyakanga 2023, bashyinguwe mu cyubahiro, nyuma y’iminsi ibiri bashakishwa.
Ambasaderi w’Igihugu cy’u Buyapani mu Rwanda, Fukushima Isao, asanga guhosha imvururu haharanirwa kubaka amahoro arambye bidashobora kugerwaho, hatabayeho ubufatanye buhuriweho n’inzego zinyuranye. Avuga ko biri mu by’ingenzi igihugu cye gishyize imbere, by’umwihariko mu gace n’u Rwanda ruherereyemo.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uburezi kimwe n’inzezo zitandukanye z’ubuzima bw’Igihugu, bwarahungabanye cyane, aho 66% by’inyubako z’amashuri zari zarasenyutse, mu gihe 75% by’abakozi ba Leta harimo n’abarimu bari barishwe, abandi bahungira mu bihugu by’amahanga.
Tuyisenge Cassien w’imyaka 29 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma akora imitako itandukanye mu duti tw’imishito twavuyeho mushikake, akazi yahanze nyuma y’uko ako yakoraga gahagaze kubera COVID-19.
Ubuyobozi bw’Umuryango mpuzamahanga (STEM Power) ufatanyije na Ambasade ya Israel mu Rwanda, batangije ikigo kizajya gifasha abanyeshuri n’abantu bakuru kwihugura muri Siyansi, ikoranabuhanga n’imibare.
Madamu Jeanette Kagame yaganiriye na mugenzi we w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye watumiwe mu nama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver), irimo kubera mu Rwanda.
Abaturage 53 bo mu Murenge wa Munyaga Akarere ka Rwamagana bajyanywe mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Munyaga nyuma yo kunywa ubushera bidasembuye bikekwa ko bwari bwahumanyijwe.
Abantu b’ingeri z’itandukanye bagenda mu muhanda n’amaguru mu mujyi wa Kigali bavuga ko ubukangurambaga bwakozwe n’umuvugizi wa Polisi y’igihugu CP John Bosco Kabera asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru igihe bageze ahabugenewe kwambuka umuhanda “Zebra crossing” bwatumye nta muntu ukigongwa (…)
Anatolie Nyiramukondo utuye mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Kibeho, Akarere ka Nyaruguru, yishimira ko icyayi kimuha amafaranga nyamara yaremeye kugihinga kubera kwiheba.