Madamu Jeannette Kagame aratangaza ko uburere buboneye atari isomo wakwiga gusa mu mashuri, kuko ari ngombwa kuzirikana ibyiciro byose umwana anyuramo mu mikurire ye.
Aruna Majaliwa ntabwo yagaragaye mu mukino w’Igikombe kiruta ibindi 2023, Rayon Sports yatsinzemo APR FC 3-0 ku wa Gatandatu, kubera ko atari yabona ibyangombwa byuzuye.
Ntibisanzwe ko Umujyi wabaho utagira ikimoteri, ariko uwa Huye mu Majyepfo ngo ntacyo ufite bitewe n’urubyiruko rwishyize hamwe, rugakora ifumbire n’ibindi biva ku myanda yose iboneka muri uwo mujyi.
Ku wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa volleyball, yakinnye umukino wa mbere wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Maroc, mu rwego rwo gukomeza kwitegura imikino y’Afurika.
Buri ku wa 12 Kanama ni umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko, aho kuri iyi nshuro mu Rwanda wizihijwe harebwa imirimo irengera ibidukikije izwi nka ‘green skills’.
Abantu barindwi bapfuye bagwiriwe n’ibikuta by’umusigiti, wari wuzuyemo abantu baje mu isengesho, mu Mujyi wa Zaria muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, mu gihe abandi benshi bakomeretse, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.
Madamu Jeannette Kagame yabigarutseho ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, byitabiriwe n’urubyiruko 2000 ruturutse hirya no hino mu gihugu, no mu bihugu 16 byo muri Afurika.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Korea y’Epfo Jin Park, kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023 yatangiye uruzinduko mu Rwanda rw’iminsi ibiri, rugamije kunoza umubano w’Ibihugu byombi, akaba yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.
Perezida Paul Kagame yakiriye Park Jin, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Koreya y’Epfo, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsinze APR FC ibitego 3-0, mu mukino w’igikombe kiruta ibindi (Super Cup 2023), wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Madamu Jeannette Kagame ubwo yari yitabiriye amasengesho asoza igiterane ‘Abagore Twese Hamwe’, cyateguwe na Women Foundation Minisitries ku mugoroba wo ku itariki ya 11 Kamena 2023, yabwiye abitabiriye iri huriro ko iyo wubatse ubushobozi bw’umugore uba wubatse umuryango.
Umunya-Senegal akaba n’umukinnyi w’ikipe ya Al Nassr FC, Sadio Mane, ni we uyoboye abandi bakinnyi b’umupira w’amaguru b’Abanyafurika bahembwa amafaranga menshi.
Lt Gen (Rtd) Roméo Dallaire, wari uyoboye Ingabo za UN zari zishinzwe kubungabunga amahoro mu Rwanda (MINUAR) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, aherekejwe na Madamu we, Marie-Claude Michaud, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo.
Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, akaba n’umuyobozi w’ishyaka ‘Azimio La Umoja’, yatangaje ko mu myigaragambyo y’ubutaha, abaturage bazaguma mu nzu zabo. Yagize ati "Ntimuzasohoke hanze, muzagume mu ngo zanyu”.
Kuri uyu wa Gatandatu saa cyenda z’amanywa kuri Kigali Pelé Stadium hateganyijwe umukino w’Igikombe kiruta ibindi ‘Super Cup’, uhuza APR FC na Rayon Sports aho abatoza ku mpande zombi bavuga ko uza kuba ari umukino ukomeye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta n’itsinda ayoboye, yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Ethiopia rugamije kurushaho kunoza ubutwererane hagati y’Ibihugu byombi.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19, yatsinze Amerika mu gikombe cy’Isi
Mu Kagari ka Buheta mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke haravugwa urupfu rw’umukecuru witwa Nyirabatunzi w’imyaka 101 rwabaye mu gitondo cyo ku itariki 10 Kanama 2023, nyuma yo guterwa n’abajura mu ma saa tanu z’ijoro bakamucucura utwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Kanama 2023 inkongi yibasiye icumbi ry’abarimu bari mu gikorwa cyo gukosora ibizamini bya Leta riherereye mu kigo cy’amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (TSS) riherereye mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yatangaje ko nta wasenya amoko gakondo y’Abanyarwanda, kuko ubwoko gakondo buriho, ahubwo abantu badakwiye kubiremereza.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) gisaba abaturage benga ubushera cyangwa ikigage, kwirinda gukoresha amasaka yavanzwe n’imiti y’imisukano ikoreshwa mu guhungira(kwica udukoko) imyaka.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, Murindwa Prosper, yijeje abaturiye Pariki ya Gishwati gukurikirana ikibazo cy’inyamaswa ziva muri pariki zikaza kubangiriza ibyo bakora harimo kubicira amatungo hamwe no kubangiriza imyaka.
Umuhanzi wo muri Uganda, Joseph Mayanja wamamaye nka Dr Jose Chameleone, yasoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Ao) mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), rwatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 1 Nzeri 2023, hateganyijwe Umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 23 bavutse mu mezi 12 ashize.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 y’igice cya kabiri cy’ukwezi kwa Kanama 2023, rigaragaza ko ahenshi mu Ntara z’Iburengerazuba no mu Majyaruguru hazaboneka imvura kuva ku munsi wa Asomusiyo (tariki 15 Kanama), mu gihe ahandi cyane cyane Iburasirazuba ishobora kutaboneka.
Mu nama idasanzwe yahuje Abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), tariki 10 Kanama 2023, i Abuja iyobowe na Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, bemeje ko hagomba koherezwa umutwe w’ingabo ushinzwe gutabara, uhuriweho n’ibi bihugu kugira ngo usubize ku butegetsi Perezida Bazoum, (…)
Tariki ya 10 Kamena buri mwaka u Rwanda rwizihije umunsi Nyafurika w’irangamimerere. Mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Nyankenke hakozwe igikorwa cyo gufotora abana bagejeje imyaka yo gufata indangamuntu ndetse banasezeranya imiryango 24 yabanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko mu mwaka wa 2022, ingo 98.2% zasezeranye ivangamutungo risesuye mu gihe 0.3 aribo basezeranye ivanguramutungo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu yavuze ku bayobozi 10 baherutse kuvanwa mu mirimo mu Ntara y’Amajyaruguru, hadakwiye kuvugwa ko batakuweho ahubwo inyito ikwiye kuri abo bayobozi ari “ukwirukanwa”.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturage bawo batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka mbere y’uko igihe cy’imvura y’Umuhindo kigera.
Muri Equador umukandida wahabwaga amahirwe mu matora ya Perezida wa Repubulika, Fernando Villavicencio, yarashwe ahita apfa ubwo yari asohotse mu nama ijyanye n’amatora ahitwa i Quito, nk’uko byatangajwe na Perezida w’icyo gihugu, Guillermo Lasso.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashishikarije abayeyi kohereza abana muri gahunda z’ibiruhuko bateganyirijwe, zibafasha kwidagadura bagakuza impano zabo kandi banirinda ibishuko byabarangaza muri iki gihe batari mu masomo.
Nyuma yo gukora ikizamini cy’akazi no kugitsinda neza, Umwarimu ahabwa akazi mu cyiciro runaka cy’amashuri, hashingiwe ku myanya ihari ijyanye n’ibyo yize n’icyiciro cy’Uburezi agiye kwigishamo, nk’uko biteganywa na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC).
Kwita ku ruhu rwo mu maso bikubiyemo ibirenze kurusukura no gukoresha amavuta yo kwisiga, harimo gufata indyo yuzuye, gusinzira bihagije, gukora siporo n’ibindi.
Muri Kenya, Umupasiteri witwa Victor Kanyari wo mu itorero rya ‘Salvation Healing Ministry’ avuga ko afite amazi y’umugisha azana ubukire mu buryo bw’igitangaza.Avuga ko "Uyanywaho ugahita ugura imodoka".
Abimukira 41 nibo baburiye ubuzima mu bwato bwarohamye hafi y’Ikirwa cya Lampedusa (mu Butaliyani), nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’u Butaliyani ‘Ansa’.
Umuhanzi Engineer Santé Robert, uri kuzamuka neza muri muzika y’u Rwanda, yatangaje ko intego afite ari ukuba umwe mu bahanzi beza abanyarwanda bazamenya binyuze mu butumwa bwiza bw’isanamitima ndetse no muri muzika muri rusange.
Itangazo riturutse mu biro bya Mininsitiri w’intebe kuri uyu wa kane tariki 10 Kamena 2023 ryashyizeho Guverineri mushya w’intara y’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde kuba Guverineri w’intara y’Amajyaruguru naho Nyirarugero Dancille wari Guverineri w’intara y’Amajyaruguru agirwa agirwa Komiseri muri Komisiyo y’igihugu yo (…)
Umunya-Kenya wabigize umwuga mu gutera urwenya Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli akaba umukinnyi wa filime n’umushabitsikazi, Njihia Lynne bari mu byishimo byo kwibaruka umwana w’umukobwa.
Abashoferi b’imodoka zose zitwara abagenzi rusange bategetswe kujya bacana amatara yo mu modoka kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mu rwego rwo kurwanya ubujura n’ibindi byaha bishobora gukorerwa mu mudoka mu gihe hatabona.
Ahitwa mu Gahanga mu Kagari ka Rugango mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, umugabo wo mu kigero cy’imyaka 25 yatemye abantu barindwi n’amatungo arimo inka ebyiri, mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Kanama 2023.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango bagaragaza ko imbuto n’amafumbire bibageraho bitinze, kandi hari imiryango n’abashoramari bita ku buhinzi bakwiye kuba babibagezaho kare, bagasaba ko iki gihembwe cy’ihinga 2024A kigiye gutangira, izo mbogamizi zaba zitakiriho.
Mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa kane, ikipe y’Igihugu y’abagore mu mukino wa volleyball, yahagurutse i Kigali yerekeza i Yaoundé muri Cameroon.
Ramuli Janvier wari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yasezeye ku bo bakoranye mu karere, yizeza ubufatanye Bizimana Hamiss umusimbuye mu nshingano zo kuyobora ako karere.
Manishimwe Djabel wari kapiteni wa APR FC, ari mu muryango winjira mu ikipe ya Mukura VS nk’intizanyo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Biruta Vincent, n’intumwa ayoboye, kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Kanama 2023 yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri i Amman mu Bwami bwa Yorodaniya rugamije gushimangira ubutwererane bw’ibihugu byombi.
Padiri Eric Twizigiyimana wo muri Paruwasi Gatolika ya Ngoma, akaba ashinzwe Komisiyo y’umuryango muri Diyosezi ya Butare, asaba abiyemeje kubana nk’umugore n’umugabo kuzirikana ko buri wese agomba kuzana imbaraga ze mu kurwubaka, kuko rutikora.