Kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, Perezida Paul Kagame yagiranye inama n’inzego z’umutekano z’u Rwanda.
Igitaramo i Nyanza Twataramye Abanyenyanza bamaze kumenyera, kizaba ku munsi w’umuganura n’ubundi, tariki 4 Kanama 2023, kandi noneho kizabera muri Stade ya Nyanza, aho kubera mu Rukari nk’uko byari bimenyerewe.
Karamuka Jean Luc wamamaye nka Junior Multisystem, akaba umwe mu batunganya indirimbo beza u Rwanda rwagize, yitabye Imana azize uburwayi.
Ikigo BasiGo kizobereye mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange gikoresheje bisi zikoresha amashanyarazi cyinjiye ku isoko ry’u Rwanda aho kigiye kohereza mu Rwanda bisi za mbere bitarenze mu Ukwakira uyu mwaka.
Umuhanzi ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Mahoro Isaac, yateguye igitaramo kigamije guhembura imitima no gushimira Imana ibyiza yakoze, icyo gitaramo kikaba cyariswe ‘Yanteze Amatwi Live Concert’.
Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi wa Dipolomasi mu ishyaka Chinese Communist Party, riri ku butegetsi Bushinwa Liu Jianchao, n’intumwa ayoboye mu ruzinduko barimo mu Rwanda.
Urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi 20 rwuriye indege ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, rwerekeza mu gihugu cya Portugal, ahagiye kubera ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko ku rwego rw’Isi, ryateguwe na Kiliziya Gatolika.
Umuraperikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Amala Ratna Zandile Dlamini uzwi ku mazina ya Doja Cat, yatakaje abamukurikira kuri Instagram barenga ibihumbi 200 nyuma yo kwibasira abafana be.
Raila Odinga utavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Leta ya Kenya, yatangaje ko agiye gutangiza ikigega cyo gufasha imiryango yaburiye ababo mu myigaragambyo, imaze iminsi ibera muri iki gihugu.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urugereko rw’Urukiko Mpuzamahanga rushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda (IRMCT) Serge Brammertz, ari mu ruzinduko mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba, aho aganira n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikamyo ya Bralirwa yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, ifunga umuhanda aho imodoka nto zabaye zishakiwe indi nzira.
Abanyamuryango b’Ihuriro ry’Amakoperative ahinga umuceri ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare (UCORIBU), bishimira kubona inguzanyo mu buryo bworoshye mu kigo cy’imari bishyiriyeho ari cyo COOPEC-Impamba.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko muri iyi minsi bashyizeho gahunda yo kugenzura amarondo no kuyongerera ubumenyi mu rwego rwo kuyafasha gukora neza.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’ishingano mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gusigasira umuco nyarwanda batoza abana babo indangagaciro ziranga Abanyarwanda.
Guhera ku wa Kabiri tariki ya 25 Nyakanga 2023, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana n’abagize Inama y’Umutekano itaguye y’Intara, batangiye gusura abaturage muri gahunda yihariye yiswe Mobile Governance.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), rirahamagarira amahanga kwita ku mpunzi zo muri Sudani kuko ubuzima bwazo bwugarijwe n’ibibazo bitandukanye, birimo indwara ndetse n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Kuva tariki ya 14 kugeza tariki ya 25 Kanama 2023, ikipe yigihugu y’abagore mu mukino wa Volleyball izitabira imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon.
Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yiteguye kugirana ibiganiro na Raila Odinga, Umuyobozi wa Azimio la Umoja itavuga rumwe na Leta, ndetse ikaba imaze iminsi mu myigaragambyo yo kurwanya ubutegetsi buriho, yamagana izamuka ry’imisoro ndetse n’ikibazo cy’ubuzima buhenze cyane.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe, aratangaza ko kubera ingamba nshya zashyizweho mu kugaburira abana indyo yuzuye, mu myaka ibiri ishize ikigero cy’igwingira ku bana cyagabanutse kugeza kuri 23%.
Umusore w’imyaka 27 wo mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Muhoza, aho yafashwe yihishe nyuma y’ibyumweru bitatu ashakishwa ngo akurikiranweho icyaha yakoze cyo gukomeretsa se bikomeye, amukubise ibuye mu mutwe.
Itsinda ry’abasirikare muri Niger ryatangaje kuri Televiziyo y’Igihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, ko bahiritse ubutegetsi bwa Perezida wa Niger Mohamed Bazoum. Ibyo batangaje ko bikozwe mu izina ry’Inama y’Igihugu ishinzwe kubungabunga ubusugire bw’igihugu (Conseil national pour la sauvegarde de la (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko umuturage yaguye mu kirombe, aho yacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Sosiyete ya Airtel Rwanda yatangije serivisi za Interineti za 4G LTE mu rwego rwo kongera umubare w’Abanyarwanda bagera kuri interineti ihendutse kandi yizewe.
Abashinzwe kurinda umutekano wa Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum bamufashe bugwate, banafunga imihanda ijya mu rugo rwe n’iyerekeza kuri za Minisiteri.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Nyakanga, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr. Ernest Nsabimana, yagaragarije Inteko Rusange ya Sena zimwe mu ngamba Leta y’u Rwanda yashyizeho mu gukumira no guhangana n’impanuka zibera mu muhanda kugira ngo zigabanuke.
Ikipe ya Mukura VS ku wa 5 Kanama 2023, ku munsi wo kwizihiza imyaka 60 imaze ibayeho, izakina n’ikipe ya Geita Gold FC yo muri Tanzania.
Caporal Musabyimana Dative wamaze imyaka ikabakaba 20 ari umusirikare mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze uburyo yabagaho muri ayo mashyamba.
Aubrey Graham, umuraperi w’Umunya-Canada wamamaye ku izina rya Drake, wigeze kukanyuzaho na Rihanna, yashyize avuga ikimutera kudashaka umugore mu kwirinda kumubabaza.
Liu Jianchao ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, mu ishyaka rya Gikominisiti (Chinese Communist Party) riri ku butegetsi mu Bushinwa, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije gushimangira umubano w’Ibihugu byombi.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko icyemezo cya Guverinoma y’u Bubiligi cyo kwanga Ambasaderi Vincent Karega nk’intumwa yo kuruhagararira muri icyo gihugu kibabaje kandi ko kinyuranyije n’umubano usanzwe uranga u Rwanda n’u Bubiligi.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, mu izina rya Minisitiri w’Intebe, yabwiye Inteko rusange ya Sena ko mu ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi mu gutwara abagenzi no gukumira impanuka zibera mu muhanda, Leta izongera imodoka mu mihanda ikaba yaramaze gutumiza bisi 305, izigera ku 100 zikazaba zageze mu (…)
Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje bamwe mu bakinnyi bashya yaguze, Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal yongera kuvuga ko bazahatana nk’uko bisanzwe. Ku cyicaro cy’ikipe ya Kiyovu Sports Kicukiro-Sonatubes herekaniwe abakinnyi barindwi barimo batandatu bakomoka hanze y’u Rwanda. Umuhango wo kuberekana wayobowe na Mvukiyehe (…)
Abahinzi baravuga ko biteze kuzabona ubumenyi bakuye mu Kigo cy’icyitegererezo gitanga serivisi ku bahinzi n’aborozi (Farm Service Center) gikorera mu turere dutandukanye, buzabafasha kongera umusaruro.
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe bacukura umucanga, kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, umwe ahasiga ubuzima.
Abana n’urubyiruko rw’Abanyarwanda batuye mu mahanga bari mu Rwanda aho baje gutozwa umuco w’u Rwanda.
Abayobozi b’amwe mu madini n’amatorero baganiriye na Kigali Today bavuga ko hari benshi mu bayoboke babo baguye mu bihe bya Covid-19, bakaba bakomeje gutegura ibiterane byo kubagarura (kubabyutsa).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaburiye abatuye Akarere ka Rutsiro bishora mu byaha byo kwangiza ibidukikije, ko hari amategeko abihanira, basabwa kwirinda kugwa muri ayo makosa, cyane ko bazi ko ibidukikije bibafitiye akamaro.
Hashize iminsi hatutumba umwuka n’amakuru avuga ko umutoza w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi Stars’, Umunya-Espagne Carlos Alós Ferrer, yaba yarasabye gusesa amasezerano yo gutoza iyi kipe nyuma y’amezi atatu gusa yongereye imyaka ibiri, ariko Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) ikavuga ko irabona ibaruwa ye.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko abanyeshuri 179 batitabiriye gukora ibizamini bisoza amashuri yisumbuye, mu cyiciro rusange (Tronc Commun) n’abarangiza mu myuga n’ubumenyi ngiro (TVET).
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu irasanga intambara zirimo ihanganishije u Burusiya na Ukraine, ndetse n’imihindagurikire y’ikirere byagombye gutuma Abanyarwanda bahindura imikorere n’imirire, bagahinga ibishobora guhangara izuba n’imyuzure nk’amasaka, ibijumba n’imyumbati.
I Madrid, ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 ikomeje imyitozo mu mujyi wa Madrid aho itegura igikombe cy’isi kizabera muri Croatia.
Abantu 17 b’abimukira bari baturutse muri Senegal barohamye, nyuma 15 muri bo barohorwa bamaze gupfa mu gihe 2 bo batabawe bakiri bazima, nk’uko byatangajwe na Samba Kandji, umuyobozi wungirije wa Ouakam District, aganira n’Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Izina ‘Kimisagara’ rirazwi mu Mujyi wa Kigali, ingeri zitandukanye zirimo abatwara ibinyabiziga, cyane abamotari, abashoferi b’imodoka ndetse n’abatuye mu mujyi ntawe wabaza Kimisagara ngo avuge ko ari ubwa mbere yumvise iryo zina ry’umwe mu mirenge igize Akarere ka Nyarugenge.
Umunyarwanda Louise Mushikiwabo uyobora Umuryango w’ibihugu 88 bikoresha ururimi rw’Igifaransa ku Isi (Francophonie/OIF), ntabwo azajya gutangiza imikino yawo izakorerwa i Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokorasi ya Congo (DRC), n’ubwo Leta y’icyo gihugu yari yamuhaye ikaze.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare barasaba Leta kubafasha ibikoresho byo kuhira ikabishyira mu makoperative yabo bikaborohera kugura byinshi kuko uruhare basabwa barwishyurirwa na koperative bityo buri muhinzi agafata ibijyanye n’ubuso bw’umurima ahinga.
Umuyobozi w’agateganyo wa WASAC Umuhumuza Gisèle yasobanuriye Abasenateri bagize Komisiyo y’iterambere ry’imari n’ubukungu ko ibikoresho bishaje na mubazi zitabara neza biri mubiteza igihombo ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura WASAC.
Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin avuga ko igihugu cye gifite ubushobozi bwo gusimbura ingano zoherezwaga muri Afurika ziturutse muri Ukraine nyuma y’uko u Burusiya busheshe amasezerano yari agamije kubungabunga ubwikorezi bwazo mu Nyanja y’Umukara.
Umuhanzikazi Zuchu wavuzwe mu rukundo na Diamond Platnumz yageze aho yerura avuga ko yarakajwe bikomeye no kuba uyu mugabo yarasomanye n’umunya-Ghanakazi witwa fantana.
Leta y’Ubushinwa yakuye Qin Gang ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga ataramara n’amezi arindwi agiye kuri uwo mwanyai.